• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Impanuro z’Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame i Nyagatare

Impanuro z’Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame i Nyagatare

Editorial 18 Feb 2017 Mu Mahanga

Mu ruzinduko yakoreye muri ako karere ku wa Mbere tariki ya 13 Gashyantare 2017, Umukuru w’Igihugu yagejejweho ibibazo bitandukanye, ariko hari n’abatarabonye amahirwe yo kubimugezaho.

Ibyo bibazo usanga bisaba kubicukumbura, kugera aho byabereye n’ibindi ku buryo byose atari ko yahita abitangira igisubizo.

Ibibazo byibanze ku bantu bavugaga ko barenganyijwe n’inzego z’ibanze, nk’uwavuze ko yatanze isambu ngo yubakwemo inyubako zifitiye abaturage akamaro, ariko ntahabwe ingurane, ndetse n’uwavuze ko yatanze isambu ye muri ubwo buryo akaguranirwa mu gishanga kandi ari aha leta.

Impanuro Umukuru w’Igihugu yahaye Abayobozi bako Karere ka Nyagatare n’Abaturage bo mu Murenge wa Matimba n’uwa Karangazi, yavuze ko hari ibyo Igihugu kiba cyashakishije cyagezeho igisigaye akaba ari uko Abayobozi babigeza ku baturage, ariko anenga ko rimwe na rimwe babinyuza ku ruhande.

Yagize ati “Ntabwo ari byo ntibikwiye, mujye mwumva ko bidakwiye, nta muyobozi ukwiriye kuba abikora cyangwa se abigira ibye, abayobozi nabo bafite ibyabo bibareba nk’Abanyarwanda ariko nta muntu wo kwigwizaho iby’abandi, byose akabigira ibye.”

Yakomeje yibutsa ko abaturage bafite uburenganzira bwo kubaza abayobozi ibyo bemerewe batahawe.

Yagize ati “Mufite uburenganzira bwo kwishyuza umuyobozi utabagejejeho ibyamugezeho byanyu tubagomba kuko birahaba kenshi. Mujye mubibabaza nibatabasubiza mushake inzira yindi natwe yatugeraho tubibabaze ntibisubire.”

Aha Kagame yatunze urutoki ibibazo by’amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza afatwa agashyirwa mu bindi, n’ibindi bibazo byo kudaha abaturage ibyo bagenewe.

Uretse ibyo kuvuga ku bayobozi batageza ku baturage ibibagenerwa, Umukuru w’Igihugu yafashe umwanya wo kuganira n’abaturage ku bikorwa by’iterambere.

Abaturage bagera kuri 80% ba Nyagatare batunzwe n’ubuhinzi n’ubworozi.
Umushinga wo kuhira hegitari 900 mu mirenge ya Matimba, Musheri na Kagitumba umaze gutanga umusaruro ugaragara aho kuri hegitari hasarurwaga toni eshatu ariko ubu zikaba ari zirindwi.

Ku munsi aka karere kagurisha litiro ibihumbi 40 z’amata, zinjiza miliyoni 204 ku kwezi.

Perezida Kagame yabwiye abaturage ko intambwe imaze guterwa ari nziza ariko hakiri byinshi byo gukora, kandi ubushake n’ubufatanye n’inzego za leta bizatuma byose babigeraho, bagasezerera ubukene kuko atari umuturanyi mwiza.

-5739.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

-5741.jpg

-5742.jpg

Perezida Kagame yasuye Inzu y’icyicaro cy’umupaka wa Kagitumba woroshya Ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Uganda

Yakomeje yibutsa abaturage kwita ku burezi bw’abana n’ubuzima, abasezeranya ko ibikorwa remezo nk’amavuriro, amazi meza n’amashanyarazi bizabageraho vuba bagasezerera umwijima n’akatadowa.

Umutekano mu byibanze

Yagarutse ku mutekano avuga ko ariwo nkingi y’iterambere kuko iyo udahari ibyakozwe bisenyuka, ibitarakorwa ntibikorwe.

Ati “Umutekano w’Igihugu cyacu twese dukwiye kuwukomeraho, umutekano iyo ubuze biriya byose twavugaga by’amashuri, ibijyanye n’ubuzima, imisaruro iva mu bikorwa bitandukanye, ntabwo bigerwaho.”

Guverinoma yashoye miliyari 4.4 z’amafaranga y’u Rwanda mu mushinga wo kugeza amazi meza ku baturage bangana na 36 000 mu 2017. Uyu wiyongeraho ku wundi wa Banki y’Isi ufite agaciro ka miliyari esheshatu wo gukwirakwiza amazi y’inka.

Mu karere ka Nyagatare Umukuru w’Igihugu yanasuye hoteli y’icyitegererezo y’abikorera, EPIC, biteganyijwe ko izuzura muri Gicurasi uyu mwaka. Iyi hoteli ifite agaciro ka miliyari 16.4 z’amafaranga y’u Rwanda.

Yanasuye uruganda rukora amakaro East African Granite Industries Ltd (EAGI), rumaze imyaka itanu rukora.

Yanasuye inzu y’icyicaro cy’umupaka wa Kagitumba woroshya ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Uganda, yatangiye kubakwa mu 2013 ikorerwamo mu Ukuboza 2015.

Nk’uko bisanzwe mu ngendo z’umukuru w’Igihugu asanzwe akora mu kwegera abaturage, yabahaye umwanya bamugezaho bimwe mu bibazo bafite, akajya ahita abiha umurongo byakemukamo.

-5740.jpg

Perezida Kagame asuhuza abaturage

2017-02-18
Editorial

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gufata iya mbere mu kurandura virusi itera Sida

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gufata iya mbere mu kurandura virusi itera Sida

Editorial 08 Jul 2016
Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi

Umuhungu wa Yuvenali Habyarimana ashimangiye ko “Jambo Asbl” ari agatsiko k’abakomoka ku bajenosideri, karwana no gutagatifuza abicanyi

Editorial 02 Feb 2022
Abapolisi bakuru biga iby’ubuyobozi basoje urugendoshuri bakoreraga muri Etiyopiya

Abapolisi bakuru biga iby’ubuyobozi basoje urugendoshuri bakoreraga muri Etiyopiya

Editorial 19 Jun 2016
Ihezwa rikorerwa abagore ku isi mu mboni ya Ange na Ivan Kagame

Ihezwa rikorerwa abagore ku isi mu mboni ya Ange na Ivan Kagame

Editorial 26 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kugerageza ubwicanyi
Mu Mahanga

Uganda: Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kugerageza ubwicanyi

Editorial 20 Oct 2017
Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite
Amakuru

Umunyamabanga w’ikipe ya Bugesera FC, Sam Karenzi yeguye kuri uwo mwanya kubera impamvu ze bwite

Editorial 17 Nov 2021
RDC: Général Kahimbi wari ukuriye iperereza rya gisirikare “yapfuye yiyahuye”
INKURU NYAMUKURU

RDC: Général Kahimbi wari ukuriye iperereza rya gisirikare “yapfuye yiyahuye”

Editorial 08 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru