• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Evode Imena yagaramye ibyo guha Isoko n’ Ibyangombwa kampani JDJ (Jovia+Diana+Joseph) y’abagore (Jovian na Diana) b’abagabo bakoranaga muri MINIRENA

Evode Imena yagaramye ibyo guha Isoko n’ Ibyangombwa kampani JDJ (Jovia+Diana+Joseph) y’abagore (Jovian na Diana) b’abagabo bakoranaga muri MINIRENA

Editorial 15 Feb 2017 Mu Mahanga

Kuri uyu wa 15 Gashyantare 2016 Evode Imena n’abo baregwa mu rubanza rumwe, bagejejwe ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruri i Nyamirambo, mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.

Ubushinjacyaha buhagarariwe n’abashinjacyaha babiri, bwasobanuriye Urukiko uko ngo aba bagabo batatu bakoranaga na Evode muri MINIRENA, bakoze ibyaha by’itonesha hirya no hino mu gihugu.

Evode Imena yari Umunyamabanga wa Leta muri MINIRENA ushinzwe Ubucukuzi bw’Amabuye y’agaciro. Kayumba Francis na Kagabo Jacques baregwa hamwe, ubushinjacyaha buvuga ko na bo bakoranaga muri iyi minisiteri icyo gihe.

Rumwe mu ngero ubushinjacyaha bwatanze, ni nk’aho ngo Kagabo yagiye i Nduba mu Karere ka Gasabo akahasanga ahantu hashobora gucukurwa, akora raporo, abwira Umugore we n’umugore wa mugenzi we Kayumba ko bashobora gushinga Kampani igahabwa isoko ryo kuhacukura.

Abo bagore (Jovian na Diana) ngo baje gushinga iyo kampani bayita JDJ (Jovia+Diana+Joseph), ubundi ngo Evode Imena asinya iteka riyemerera iryo soko abizi neza ko ari kampani y’abagore b’abagabo bakorana.

Ubushinjacyaha buvuga ko Kayumba nk’umuntu wari ukuriye komite yemeza iby’itangwa ry’amasoko, yumvishije bagenzi be ko JDJ ari yo kampani igomba guhabwa iryo soko, iremezwa.

Evode ashinjwa ko yanasinye iryo teka mu gihe nka Minisitiri atari agifite ububasha

Ubushinjacyaha buvuga ko umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe umutungo kamere (RNRA) yandikiye Evode amumenyesha ko iyo Kampani yahawe isoko mu buryo budakurikije amategeko, aramusuzugura.

Kuko ngo iyo Kampani itari igamije ubucukuzi, nyuma yo guhabwa isoko ryo gucukura icyo kirombe ngo beneyo bahise bayigurisha, bayigurisha Kampani yitwa KNM ku madolari ibihumbi 20, barayagabana.

Evode yagaramye ibyaha byose aregwa

Evode Imena yahakaniye urukiko ko yari azi bariya bagore (Jovia na Diana), avuga ko n’abagabo babo bari abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo Kamere (RNRA), atari aba MINIRENA nk’uko ubushinjacyaha bubivuga.

Avuga ko MINIRENA ifite abakozi basaga 40, RNRA ikagira abasaga 400, ati “namenya nte umugore wa buri mugabo?”

Avuga ko ibyo gutanga ibyangombwa kuri Kampani y’abo bagore byigiwe muri RNRA, ikigo cyari gishamikiye kuri MINIRENA abagabo babo bakoragamo, bibona kuzanwa muri MINIRENA, bigejejwe muri MINIRENA na bwo bibanza kwigwaho n’abashinzwe ubucukuzi, bamaze kubyemeza abona kubisinya, akavuga ko nta buriganya yabigizemo.

Ku kijyanye n’ibaruwa ubushinjacyaha buvuga ko yandikiwe n’umuyobozi wa RNRA, Byabarema Michael, amumenyesha ko kampani ya KNM idakwiye guhabwa uburenganzira bwo gucukura ahari haratsindiwe na Kampani ya JDJ , akayisuzugura, Evode na byo yabigaramye, avuga ko iyo baruwa ntayo azi.

Avuga ko no kuba ubushinjacyaha buvuga ko yanditswe muri Kamena 2014, mu gihe ubusabe bwo transfert hagati ya JDJ na KNM yo yanditswe muri Kanama 2014, ni ukuvuga mbere y’amezi abiri, na byo ubwabyo bisobanuye ko ibyo aregwa bidafite ishingiro.

Avuga ko ikindi cyerekana ko abeshyerwa, ari uko muri Nyakanga 2014 ubuyobozi bwa RNRA bwanditse ibaruwa bugaragaza ko nta kibazo iyo transfert yakorwa, akavuga ko iyo baruwa ivugwa yanditswe muri Kanama 2014 imugira inama yo kutemera ko iyo transfert ikorwa, ntayo azi.

Ubushinjacyaha bunamushinja icyaha cy’impapuro mpimbano, ngo hari amabaruwa afite amatariki ateje urujijo, nk’aho ibaruwa isaba ikintu runaka usanga yaranditswe nyuma y’iyisubiza, aha ariko Evode akavuga ko ibyo byabazwa abakora muri Secretariat kuko ari bo bashyira amatariki ku mabaruwa, ko adakwiye kubibazwa nka Minisitiri.

-5750.jpg

Evode yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ku wa gatanu tariki ya 27 Mutarama 2017.

Source: Izuba rirashe

2017-02-15
Editorial

IZINDI NKURU

Bombori bombori muri RNC, Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya bitandukanyije nayo, impamvu nyamukuru bapfuye ni amafaranga

Bombori bombori muri RNC, Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya bitandukanyije nayo, impamvu nyamukuru bapfuye ni amafaranga

Editorial 13 Jul 2021
Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Umurenge wa Remera niwo wahize indi mu bukangurambaga bw’isuku n’umutekano uhembwa Imodoka

Editorial 25 Dec 2016
Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika

Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika

Editorial 29 Jan 2022
Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko

Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko

Editorial 28 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Inyeshyamba za CNRD ziyomoye kuri FDLR zirashinjwa kwiba abaturage
POLITIKI

RDC: Inyeshyamba za CNRD ziyomoye kuri FDLR zirashinjwa kwiba abaturage

Editorial 23 Jan 2020
Perezida Kagame ategerejwe  bidasanzwe muri Cote D’Ivoire
ITOHOZA

Perezida Kagame ategerejwe bidasanzwe muri Cote D’Ivoire

Editorial 18 Dec 2018
Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira  abo bahatanaga ko ‘bagerageje’
Mu Rwanda

Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira abo bahatanaga ko ‘bagerageje’

Editorial 05 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru