• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Evode Imena yagaramye ibyo guha Isoko n’ Ibyangombwa kampani JDJ (Jovia+Diana+Joseph) y’abagore (Jovian na Diana) b’abagabo bakoranaga muri MINIRENA

Evode Imena yagaramye ibyo guha Isoko n’ Ibyangombwa kampani JDJ (Jovia+Diana+Joseph) y’abagore (Jovian na Diana) b’abagabo bakoranaga muri MINIRENA

Ubwanditsi 15 Feb 2017 Mu Mahanga

Kuri uyu wa 15 Gashyantare 2016 Evode Imena n’abo baregwa mu rubanza rumwe, bagejejwe ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruri i Nyamirambo, mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.

Ubushinjacyaha buhagarariwe n’abashinjacyaha babiri, bwasobanuriye Urukiko uko ngo aba bagabo batatu bakoranaga na Evode muri MINIRENA, bakoze ibyaha by’itonesha hirya no hino mu gihugu.

Evode Imena yari Umunyamabanga wa Leta muri MINIRENA ushinzwe Ubucukuzi bw’Amabuye y’agaciro. Kayumba Francis na Kagabo Jacques baregwa hamwe, ubushinjacyaha buvuga ko na bo bakoranaga muri iyi minisiteri icyo gihe.

Rumwe mu ngero ubushinjacyaha bwatanze, ni nk’aho ngo Kagabo yagiye i Nduba mu Karere ka Gasabo akahasanga ahantu hashobora gucukurwa, akora raporo, abwira Umugore we n’umugore wa mugenzi we Kayumba ko bashobora gushinga Kampani igahabwa isoko ryo kuhacukura.

Abo bagore (Jovian na Diana) ngo baje gushinga iyo kampani bayita JDJ (Jovia+Diana+Joseph), ubundi ngo Evode Imena asinya iteka riyemerera iryo soko abizi neza ko ari kampani y’abagore b’abagabo bakorana.

Ubushinjacyaha buvuga ko Kayumba nk’umuntu wari ukuriye komite yemeza iby’itangwa ry’amasoko, yumvishije bagenzi be ko JDJ ari yo kampani igomba guhabwa iryo soko, iremezwa.

Evode ashinjwa ko yanasinye iryo teka mu gihe nka Minisitiri atari agifite ububasha

Ubushinjacyaha buvuga ko umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe umutungo kamere (RNRA) yandikiye Evode amumenyesha ko iyo Kampani yahawe isoko mu buryo budakurikije amategeko, aramusuzugura.

Kuko ngo iyo Kampani itari igamije ubucukuzi, nyuma yo guhabwa isoko ryo gucukura icyo kirombe ngo beneyo bahise bayigurisha, bayigurisha Kampani yitwa KNM ku madolari ibihumbi 20, barayagabana.

Evode yagaramye ibyaha byose aregwa

Evode Imena yahakaniye urukiko ko yari azi bariya bagore (Jovia na Diana), avuga ko n’abagabo babo bari abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’umutungo Kamere (RNRA), atari aba MINIRENA nk’uko ubushinjacyaha bubivuga.

Avuga ko MINIRENA ifite abakozi basaga 40, RNRA ikagira abasaga 400, ati “namenya nte umugore wa buri mugabo?”

Avuga ko ibyo gutanga ibyangombwa kuri Kampani y’abo bagore byigiwe muri RNRA, ikigo cyari gishamikiye kuri MINIRENA abagabo babo bakoragamo, bibona kuzanwa muri MINIRENA, bigejejwe muri MINIRENA na bwo bibanza kwigwaho n’abashinzwe ubucukuzi, bamaze kubyemeza abona kubisinya, akavuga ko nta buriganya yabigizemo.

Ku kijyanye n’ibaruwa ubushinjacyaha buvuga ko yandikiwe n’umuyobozi wa RNRA, Byabarema Michael, amumenyesha ko kampani ya KNM idakwiye guhabwa uburenganzira bwo gucukura ahari haratsindiwe na Kampani ya JDJ , akayisuzugura, Evode na byo yabigaramye, avuga ko iyo baruwa ntayo azi.

Avuga ko no kuba ubushinjacyaha buvuga ko yanditswe muri Kamena 2014, mu gihe ubusabe bwo transfert hagati ya JDJ na KNM yo yanditswe muri Kanama 2014, ni ukuvuga mbere y’amezi abiri, na byo ubwabyo bisobanuye ko ibyo aregwa bidafite ishingiro.

Avuga ko ikindi cyerekana ko abeshyerwa, ari uko muri Nyakanga 2014 ubuyobozi bwa RNRA bwanditse ibaruwa bugaragaza ko nta kibazo iyo transfert yakorwa, akavuga ko iyo baruwa ivugwa yanditswe muri Kanama 2014 imugira inama yo kutemera ko iyo transfert ikorwa, ntayo azi.

Ubushinjacyaha bunamushinja icyaha cy’impapuro mpimbano, ngo hari amabaruwa afite amatariki ateje urujijo, nk’aho ibaruwa isaba ikintu runaka usanga yaranditswe nyuma y’iyisubiza, aha ariko Evode akavuga ko ibyo byabazwa abakora muri Secretariat kuko ari bo bashyira amatariki ku mabaruwa, ko adakwiye kubibazwa nka Minisitiri.

-5750.jpg

Evode yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda ku wa gatanu tariki ya 27 Mutarama 2017.

Source: Izuba rirashe

2017-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 17 Sep 2016
Brazil yageze ku mukino wa nyuma wa Copa America 2020, itegereje ko Argentina cyangwa Colombia yayisangayo

Brazil yageze ku mukino wa nyuma wa Copa America 2020, itegereje ko Argentina cyangwa Colombia yayisangayo

Ubwanditsi 06 Jul 2021
REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

REG BBC yabonye itike yo gukina imikino ya 1/4 ya BAL 2022 izabera muri Kigali Arena, ni nyuma yo gutsinda US Monastir yo muri Tunisia

Ubwanditsi 15 Mar 2022
Burera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana

Burera: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana

Ubwanditsi 12 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda
HIRYA NO HINO

Umunyamerika wimenyereza umwuga yigize inzobere ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 02 Dec 2019
Perezida Kagame  yageze  i Bruxelles, azanayobora Rwanda Day
ITOHOZA

Perezida Kagame yageze i Bruxelles, azanayobora Rwanda Day

Ubwanditsi 07 Jun 2017
Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90
Mu Rwanda

Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Ubwanditsi 18 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru