• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

Ubwanditsi 17 Feb 2017 Mu Mahanga

Kuri uyu wa kane, itariki 16 Gashyantare, nibwo Ministeri y’uburezi yashyize ahagaragara amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2016 mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye, ni ukuvuga ay’abize amasomo rusange, abize imyuga n’ubumenyingiro ndetse n’abize uburezi.

Aya manota yashyizwe ahagaragara yerekana impuzandego ku mitsindire hagati y’abakobwa n’abahungu ku byiciro bitandukanye by’abakoze. Mu masomo rusange abakobwa batsinze ku kigero cya 52,5% naho abahungu batsinda ku kigero cya 47,5%. mu mashuri y’imyunga n’ubumenyi ngiro abahungu batsinze ku kigero cya 90% naho abakobwa bose bakoze batsinze ku kigero cya 86,3%.

Isaac Munyakazi Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye avuga ko n’ubwo bigaragara ko abanyeshuri batsinze ku kigero gishimishije ariko ngo n’ibigo bitanga umusaruro mucye mu mitsindishirize bigomba gufatirwa ibyemezo.
Ministeri y’uburezi ikaba ivuga ko yishimira ko abanyeshuli biga imyuga biyongereye ndetse banatsinda ku gipimo cyo hejuru.

Umubare w’abiyandikishije gukora kuri buri cyiciro ugereranije n’umwaka wa 2015 warazamutse kuko mu bize amasomo rusange abanyeshuri biyandikishije gukora ibizamini bya leta mu mwaka wa 2016 bari 41,609 abakoze ni 41,240 abatsinze neza ni 99,1% mu gihe mu mwaka wa 2015 abatsinze neza bari 89,5%. Abize amashuri y’uburezi abiyandikishije gukora ni 2,787 abakoze ibizamini ni 2782 bingana na 99,8% abatsinze neza ni 99,6%.

Minisiteri y’uburezi ivuga ko mu mwaka w’amashuli wa 2016 mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro umubare w’abayagana wiyongereye cyane kurusha ahandi kuko abiyandikishije ari 24086 abakoze bakaba 24074 bangana na 99,5%. Mu gihe mu mwaka wa 2015 abiribiyandikishishe bari ibihumbi 23153 abakoze ikizamini ni 22930.

-5758.jpg

Abatsinze neza ni 21283 ni ukuvuga 88,41% by’abakoze bose, mu gihe mu mwaka wa 2015 abatsinze bari 88,35%. Ubu abanyeshuri bashobora kureba amanota yabo ku rubuga rwa REB abize imyuga bakareba ku rubuga rwa WDA naho abize amashuri abategura kujya mu burezi ni ukujya ku rubuga rwa kaminuza y’u Rwanda ishami ry’uburezi.

2017-02-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu zigera kuri 5 zitumye Dr. Binagwaho  Agnes  yirukanwa igitaraganya muri Guverinoma

Impamvu zigera kuri 5 zitumye Dr. Binagwaho Agnes yirukanwa igitaraganya muri Guverinoma

Ubwanditsi 15 Jul 2016
FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium

FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium

RUSHYASHYA 02 Mar 2026
Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Ubwanditsi 01 Jul 2019
Gakenke : Perezida Kagame yongeye kwihanangiriza abayobozi bashishakazwa no gukora mu gihe bamutegereje gusa

Gakenke : Perezida Kagame yongeye kwihanangiriza abayobozi bashishakazwa no gukora mu gihe bamutegereje gusa

Ubwanditsi 26 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir
UBUKERARUGENDO

Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir

Ubwanditsi 11 Apr 2018
FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup
Amakuru

FERWAFA yanze ubusabe bw’ikipe ya APR FC bwo kuba yasubikirwa umukino wayo na Rayon Sports ngo ibashe kwitegura neza RS Berkane mu mukino wa CAF Confederations Cup

Ubwanditsi 19 Nov 2021
Koffi Olomide atagerejwe  i Kigali
IMIKINO

Koffi Olomide atagerejwe i Kigali

Ubwanditsi 10 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru