• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

Ubwanditsi 17 Feb 2017 Mu Mahanga

Kuri uyu wa kane, itariki 16 Gashyantare, nibwo Ministeri y’uburezi yashyize ahagaragara amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2016 mu cyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye, ni ukuvuga ay’abize amasomo rusange, abize imyuga n’ubumenyingiro ndetse n’abize uburezi.

Aya manota yashyizwe ahagaragara yerekana impuzandego ku mitsindire hagati y’abakobwa n’abahungu ku byiciro bitandukanye by’abakoze. Mu masomo rusange abakobwa batsinze ku kigero cya 52,5% naho abahungu batsinda ku kigero cya 47,5%. mu mashuri y’imyunga n’ubumenyi ngiro abahungu batsinze ku kigero cya 90% naho abakobwa bose bakoze batsinze ku kigero cya 86,3%.

Isaac Munyakazi Umunyamabanga wa leta muri minisiteri y’uburezi ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye avuga ko n’ubwo bigaragara ko abanyeshuri batsinze ku kigero gishimishije ariko ngo n’ibigo bitanga umusaruro mucye mu mitsindishirize bigomba gufatirwa ibyemezo.
Ministeri y’uburezi ikaba ivuga ko yishimira ko abanyeshuli biga imyuga biyongereye ndetse banatsinda ku gipimo cyo hejuru.

Umubare w’abiyandikishije gukora kuri buri cyiciro ugereranije n’umwaka wa 2015 warazamutse kuko mu bize amasomo rusange abanyeshuri biyandikishije gukora ibizamini bya leta mu mwaka wa 2016 bari 41,609 abakoze ni 41,240 abatsinze neza ni 99,1% mu gihe mu mwaka wa 2015 abatsinze neza bari 89,5%. Abize amashuri y’uburezi abiyandikishije gukora ni 2,787 abakoze ibizamini ni 2782 bingana na 99,8% abatsinze neza ni 99,6%.

Minisiteri y’uburezi ivuga ko mu mwaka w’amashuli wa 2016 mu mashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro umubare w’abayagana wiyongereye cyane kurusha ahandi kuko abiyandikishije ari 24086 abakoze bakaba 24074 bangana na 99,5%. Mu gihe mu mwaka wa 2015 abiribiyandikishishe bari ibihumbi 23153 abakoze ikizamini ni 22930.

-5758.jpg

Abatsinze neza ni 21283 ni ukuvuga 88,41% by’abakoze bose, mu gihe mu mwaka wa 2015 abatsinze bari 88,35%. Ubu abanyeshuri bashobora kureba amanota yabo ku rubuga rwa REB abize imyuga bakareba ku rubuga rwa WDA naho abize amashuri abategura kujya mu burezi ni ukujya ku rubuga rwa kaminuza y’u Rwanda ishami ry’uburezi.

2017-02-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Ubwanditsi 20 Dec 2024
INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”

INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”

Ubwanditsi 26 Jul 2016
Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha

Ruhango:Abanyeshuri ba GS Ruhango Catholique bakanguriwe gukumira no kwirinda ibyaha

Ubwanditsi 29 Apr 2016
Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama

Interahamwe n’Ibigarasha byungutse Idamange ProMax, Umuzindaro Mushya ugezweho ubu ni Bad Rama

RUSHYASHYA 23 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paris : Urujijo ni rwose  mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira
ITOHOZA

Paris : Urujijo ni rwose mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Ubwanditsi 09 May 2016
Perezida Kagame na mugenzi we wa Uganda, Museveni, bategerejwe muri Ethiopia
ITOHOZA

Perezida Kagame na mugenzi we wa Uganda, Museveni, bategerejwe muri Ethiopia

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Umuhanzi Mr Nice wakunzwe mu ndirimbo zirimo Kikulacho yageze i Kigali -AMAFOTO
Mu Rwanda

Umuhanzi Mr Nice wakunzwe mu ndirimbo zirimo Kikulacho yageze i Kigali -AMAFOTO

Ubwanditsi 24 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru