• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir

Yvonne Makolo yatangiye inshingano nk’Umuyobozi Mukuru wa RwandAir

Ubwanditsi 11 Apr 2018 UBUKERARUGENDO

Umuyobozi mushya wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo, yatangiye inshingano nshya nyuma y’ihererekanyabubasha n’uwo yasimbuye, Col. Chance Ndagano, wari Umuyobozi Mukuru w’agateganyo guhera muri Mata 2017.

Ni ihererekanyabubasha ryabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, ku cyicaro gikuru cya RwandAir, nyuma y’impinduka Perezida Paul Kagame yakoze mu buyobozi bukuru bw’Ikigo cy’Indege cy’u Rwanda, kuwa Gatanu tariki 6 Mata 2018, maze Yvonne Manzi Makolo wari umaze umwaka ari Umuyobozi wungirije agirwa Umuyobozi Mukuru w’ikigo.

Uyu muhango witabiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Ushinzwe Ubwikorezi, Eng. Jean de Dieu Uwihanganye, n’Umuyobozi wungirije w’Inama y’Ubutegetsi ya RwandAir, Eng. Patricie Uwase n’abayobozi bakuru b’iki kigo.

Col Ndagano yashimiye abayobozi muri RwandAir ku bufatanye bamugaragarije mu byo yabashije kugeraho mu mwaka umwe ushize ayoboye iki kigo.

Yanagaragaje ko afitiye icyizere Umuyobozi Mukuru mushya, ati “Nizeye ko Yvonne nk’umuntu twakoranye, azakomereza hano kugira ngo RwandAir irusheho kugera ku ntego zayo.”

Yasabye abayobozi bakuru b’ikigo n’abagize inama y’ubutegetsi, gutanga umusanzu ushoboka hagamijwe kugeza RwandAir ku rundi rwego.

Makolo nawe yashimiye Col Ndagano ku ruhare yagize mu gukomeza guteza imbere iki kigo cy’indege. Ati “Byari bishimishije kandi ni icyubahiro gukorana nawe mu guteza imbere iki kigo cy’indege.”

Makolo yanashimiye ubufasha bahabwa na Minisiteri y’Ibikorwa remezo, inama y’ubutegetsi kandi yiteguye gukomeza gukorana nabo mu nshingano nshya yahawe.

Minisitiri Eng. Uwihanganye, yashimiye umuyobozi ushoje inshingano, yizeza Umuyobozi Mukuru mushya ubufatanye bugamije gutuma RwandAir iba amahitamo y’umwihariko ku isoko ryo gutwara abantu n’ibintu mu ndege.

Mu mwaka ushize nibwo Makolo Manzi Yvonne yinjiye muri RwandAir nk’Umuyobozi Mukuru wungirije, nyuma y’imyaka isaga icumi yari amaze muri MTN Rwanda nk’Umuyobozi ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa.

Mu 2003 nibwo yavuye muri Canada aho yari amaze imyaka 10 akora mu bijyanye n’ikoranabuhanga, agaruka mu Rwanda akora mu mushinga wa Banki y’Isi, wakorwaga na World Links, mu gushyira mudasobwa mu mashuri no guhugura abarimu mu kuzikoresha, mbere yo kujya muri MTN Rwanda mu 2006.

RwandAir imaze kugira indege 12, ziyifasha kugana mu byerekezo 24 muri Afurika y’Iburasirazuba, iyo Hagati, Iburangereazuba n’Amajyepfo; Uburasirazuba bwo hagati, u Burayi na Aziya.

Umwaka ushize nibwo RwandAir yatangije ingendo Kigali – Mumbai mu Buhinde, Harare muri Zimbabwe na Londres mu Bwongereza (ku kibuga cy’indege cya Gatwick), tudasize i Bruxelles mu Bubiligi na Dakar muri Senegal aho igera iturutse ku gicumbi cyacyo gishya i Cotonou muri Benin.

RwandAir kandi yatangije ingenzo zigana Abidjan muri Côte d’Ivoire, Libreville muri Gabon na Brazzaville muri Congo iturutse i Cotonou. Uyu mwaka RwandAir iteganya kwerekeza Abuja muri Nigeria, Cape Town muri Afurika y’Epfo, izo ngendo zikazatangira muri Mata na Gicurasi, uko zikurikirana.

Col Ndagano na Yvonne Makolo (bahagaze), bahererekanyije ububasha mu muhango witabiriwe na Minisitiri Uwihanganye (wicaye ibumoso)

Yvonne Makolo (iburyo) ahererekanya ububasha na Col Ndagano (hagati) hamwe n’Umuyobozi wungirije w’inama y’Ubutegetsi, Eng. Patricie Uwase (ibumoso)

Ifoto y’Urwibutso n’abayobozi bakuru ba RwandAir

Abayobozi ba RwandAir mu muhango w’ihererekanyabubasha, kuri uyu wa Kabiri

2018-04-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Visit Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’amakipe ya LA Clippers na Los Angeles Rams zo muri Amerika

Ubwanditsi 29 Sep 2025
Abakiliya ibihumbi 380 ba British Airways bibwe amakuru arebana n’amakarita ya banki

Abakiliya ibihumbi 380 ba British Airways bibwe amakuru arebana n’amakarita ya banki

Ubwanditsi 08 Sep 2018
Perezida Kagame yasabye abaturiye Pariki y’Ibirunga kurushaho kuyifata neza

Perezida Kagame yasabye abaturiye Pariki y’Ibirunga kurushaho kuyifata neza

Ubwanditsi 06 Sep 2019
South African Airways iri mu bihe bikomeye by’amikoro; idatabawe ishobora gufunga imiryango

South African Airways iri mu bihe bikomeye by’amikoro; idatabawe ishobora gufunga imiryango

Ubwanditsi 17 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi bakomeye
INKURU NYAMUKURU

Uganda: ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi bakomeye

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Kwibuka24: Apotre Dr Gitwaza yatanze ubutumwa bw’ihumure ku banyarwanda abasaba guharanira kwiyubaka
Mu Rwanda

Kwibuka24: Apotre Dr Gitwaza yatanze ubutumwa bw’ihumure ku banyarwanda abasaba guharanira kwiyubaka

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika
Amakuru

Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Ubwanditsi 13 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru