• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Guverineri Munyentwari yasabye abamotari ba Kamembe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha

Guverineri Munyentwari yasabye abamotari ba Kamembe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 01 Mar 2017 Mu Rwanda

Mu mpera z’icyumweru gishize, Polisi y’u Rwanda n’umuyobozi w’intara y’uburengerazuba bagiranye inama n’abamotari bakorera muri santeri y’ubucuruzi ya Kamembe iri mu karere ka Rusizi, iyi nama ikaba yarabereye kuri sitade y’aka karere, abamotari basabwa gukomeza ubufatanye mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Muri iyi nama, Umuyobozi w’Intara y’Uburengerazuba Munyatwari Alphonse yashimiye aba bamotari uruhare bagira mu iterambere ry’akarere kabo, ababwira ko umutekano u Rwanda rufite buri muturage awugiramo uruhare, abasaba kutirara ngo hagire uwabaca mu rihumye akawuhungabanya.

Yaravuze ati:”Umutekano ureba buri muturarwanda wese, niyo mpamvu buri wese akwiye kuba ijisho rya mugenzi we kugirango akumire kandi arwanye ikintu gishobora guteza umutekano mucye.”

Munyentwari yabwiye abo bamotari ko bakwiye gukora umwuga wabo kinyamwuga, bakirinda ibyaha bikorwa na bamwe muri bagenzi babo kandi bakabagira inama zituma bareka gukora ibinyuranyije n’amategeko, akaba yaravuze ati:”Kugirango ibyaha by’ubwoko bwose bikumirwe, hakenewe ubufatanye bw’inzego zitandukanye, nidufatanya mu kubirwanya tuzarushaho kwiteza imbere ubwacu, imiryango yacu n’igihugu muri rusange.”

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba Assistant Commissioner of Police (ACP) Emmanuel Karasi, nawe yashimiye abamotari uburyo bashyize hamwe, abasaba ko imbaraga zabo bazikoresha neza, bagafatanya na Polisi yabo n’izindi nzego kwicungira umutekano.

Yabibukije ko nubwo umutekano wifashe neza mu ntara yabo, hari bamwe muri bagenzi babo bakora amakosa, kandi bagakingira ikibaba abinjiza mu gihugu ibiyobyabwenge, aha akaba yaravuze ati:”Bamwe mu bantu bakwirakwiza ibiyobyabwenge nk’urumogi, bakunze kwifashisha abamotari igihe bashaka kurukura mu duce tumwe barujyana mu tundi, turabasaba ko ufite izo ngeso yazicikaho, kandi buri gihe mukagira amakenga ku bantu mutwaye, uwo muketse ko afite ibiyobyabwenge cyangwa ibindi bintu binyuranyije n’amategeko mugahita mubimenyesha Polisi y’u Rwanda.”

ACP Karasi yabwiye abo bamotari kubahiriza amategeko agenga umwuga wabo, kugirango birinde gukora cyangwa guteza impanuka zo mu muhanda.

Yashoje asaba aba bamotari gukomeza gukorera ku ntego, buri wese agakora umurimo we agamije kwiteza imbere kandi bagaharanira ko umutekano u Rwanda rufite waramba.

-5971.jpg

Guverineri Munyantwali Alphonse

Nyuma y’inama, abamotari babajije ibibazo bahabwa ibisubizo ako kanya ibitarabonewe ibisubizo bahabwa umurongo bikemurirwamo, bashimira ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda n’ubw’intara, kandi biyemeza ko umutekano bawugira uwabo baharanira ko utahungabana.

RNP

2017-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Colonel Tom Byabagamba arashinjwa ruswa no kugerageza gutoroka Gereza

Colonel Tom Byabagamba arashinjwa ruswa no kugerageza gutoroka Gereza

Ubwanditsi 10 Apr 2020
Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka

Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka

Ubwanditsi 27 Feb 2017
Diane Rwigara n’umubyeyi we barekuwe

Diane Rwigara n’umubyeyi we barekuwe

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Uruzinduko Kagame agiye gukorera muri Tanzania rusobanuye byinshi

Uruzinduko Kagame agiye gukorera muri Tanzania rusobanuye byinshi

Ubwanditsi 23 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ukuri kuratsinze: Nyuma y’ igitutu gikomeye, wa muhakanyi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, Julie d’Andurain, yivanye muri Komisiyo yo gucukumbura uruhare rw’uBufaransa muri iyo Jenoside.
Amakuru

Ukuri kuratsinze: Nyuma y’ igitutu gikomeye, wa muhakanyi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, Julie d’Andurain, yivanye muri Komisiyo yo gucukumbura uruhare rw’uBufaransa muri iyo Jenoside.

Ubwanditsi 16 Nov 2020
Dushime Intwari zarubogoye, tugaya intati zarubogetse. Abatanze ubuzima mutabara ubwacu muri Intwari, abarugambaniye mubyita umuvuno, bizababera umuvumo!!
Amakuru

Dushime Intwari zarubogoye, tugaya intati zarubogetse. Abatanze ubuzima mutabara ubwacu muri Intwari, abarugambaniye mubyita umuvuno, bizababera umuvumo!!

Ubwanditsi 01 Feb 2021
CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe  umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu
ITOHOZA

CNLG yamaganye Umunyamideli Kate Bashabe umaze iminsi akusanya inkunga yo gufasha abacitse ku icumu

Ubwanditsi 10 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru