• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Guverineri Munyentwari yasabye abamotari ba Kamembe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha

Guverineri Munyentwari yasabye abamotari ba Kamembe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 01 Mar 2017 Mu Rwanda

Mu mpera z’icyumweru gishize, Polisi y’u Rwanda n’umuyobozi w’intara y’uburengerazuba bagiranye inama n’abamotari bakorera muri santeri y’ubucuruzi ya Kamembe iri mu karere ka Rusizi, iyi nama ikaba yarabereye kuri sitade y’aka karere, abamotari basabwa gukomeza ubufatanye mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Muri iyi nama, Umuyobozi w’Intara y’Uburengerazuba Munyatwari Alphonse yashimiye aba bamotari uruhare bagira mu iterambere ry’akarere kabo, ababwira ko umutekano u Rwanda rufite buri muturage awugiramo uruhare, abasaba kutirara ngo hagire uwabaca mu rihumye akawuhungabanya.

Yaravuze ati:”Umutekano ureba buri muturarwanda wese, niyo mpamvu buri wese akwiye kuba ijisho rya mugenzi we kugirango akumire kandi arwanye ikintu gishobora guteza umutekano mucye.”

Munyentwari yabwiye abo bamotari ko bakwiye gukora umwuga wabo kinyamwuga, bakirinda ibyaha bikorwa na bamwe muri bagenzi babo kandi bakabagira inama zituma bareka gukora ibinyuranyije n’amategeko, akaba yaravuze ati:”Kugirango ibyaha by’ubwoko bwose bikumirwe, hakenewe ubufatanye bw’inzego zitandukanye, nidufatanya mu kubirwanya tuzarushaho kwiteza imbere ubwacu, imiryango yacu n’igihugu muri rusange.”

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba Assistant Commissioner of Police (ACP) Emmanuel Karasi, nawe yashimiye abamotari uburyo bashyize hamwe, abasaba ko imbaraga zabo bazikoresha neza, bagafatanya na Polisi yabo n’izindi nzego kwicungira umutekano.

Yabibukije ko nubwo umutekano wifashe neza mu ntara yabo, hari bamwe muri bagenzi babo bakora amakosa, kandi bagakingira ikibaba abinjiza mu gihugu ibiyobyabwenge, aha akaba yaravuze ati:”Bamwe mu bantu bakwirakwiza ibiyobyabwenge nk’urumogi, bakunze kwifashisha abamotari igihe bashaka kurukura mu duce tumwe barujyana mu tundi, turabasaba ko ufite izo ngeso yazicikaho, kandi buri gihe mukagira amakenga ku bantu mutwaye, uwo muketse ko afite ibiyobyabwenge cyangwa ibindi bintu binyuranyije n’amategeko mugahita mubimenyesha Polisi y’u Rwanda.”

ACP Karasi yabwiye abo bamotari kubahiriza amategeko agenga umwuga wabo, kugirango birinde gukora cyangwa guteza impanuka zo mu muhanda.

Yashoje asaba aba bamotari gukomeza gukorera ku ntego, buri wese agakora umurimo we agamije kwiteza imbere kandi bagaharanira ko umutekano u Rwanda rufite waramba.

-5971.jpg

Guverineri Munyantwali Alphonse

Nyuma y’inama, abamotari babajije ibibazo bahabwa ibisubizo ako kanya ibitarabonewe ibisubizo bahabwa umurongo bikemurirwamo, bashimira ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda n’ubw’intara, kandi biyemeza ko umutekano bawugira uwabo baharanira ko utahungabana.

RNP

2017-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame mu rugendo rw’akazi  muri Gabon

Perezida Kagame mu rugendo rw’akazi muri Gabon

Ubwanditsi 04 Dec 2016
Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Rayon Sports, APR FC na Police FC mu makipe yitwaye neza mu mikino ibanza ya 1/4 y’igikombe cy’Amahoro

Ubwanditsi 28 Apr 2022
Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda

Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Aug 2017
Vice Mayor wa Nyarugenge yafunzwe

Vice Mayor wa Nyarugenge yafunzwe

Ubwanditsi 06 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yasojwe nta nkomyi – Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yasojwe nta nkomyi – Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jul 2016
Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA
INKURU NYAMUKURU

Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Ubwanditsi 18 Dec 2017
Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Ubwanditsi 09 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru