• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Guverineri Munyentwari yasabye abamotari ba Kamembe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha

Guverineri Munyentwari yasabye abamotari ba Kamembe gukomeza ubufatanye mu kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 01 Mar 2017 Mu Rwanda

Mu mpera z’icyumweru gishize, Polisi y’u Rwanda n’umuyobozi w’intara y’uburengerazuba bagiranye inama n’abamotari bakorera muri santeri y’ubucuruzi ya Kamembe iri mu karere ka Rusizi, iyi nama ikaba yarabereye kuri sitade y’aka karere, abamotari basabwa gukomeza ubufatanye mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Muri iyi nama, Umuyobozi w’Intara y’Uburengerazuba Munyatwari Alphonse yashimiye aba bamotari uruhare bagira mu iterambere ry’akarere kabo, ababwira ko umutekano u Rwanda rufite buri muturage awugiramo uruhare, abasaba kutirara ngo hagire uwabaca mu rihumye akawuhungabanya.

Yaravuze ati:”Umutekano ureba buri muturarwanda wese, niyo mpamvu buri wese akwiye kuba ijisho rya mugenzi we kugirango akumire kandi arwanye ikintu gishobora guteza umutekano mucye.”

Munyentwari yabwiye abo bamotari ko bakwiye gukora umwuga wabo kinyamwuga, bakirinda ibyaha bikorwa na bamwe muri bagenzi babo kandi bakabagira inama zituma bareka gukora ibinyuranyije n’amategeko, akaba yaravuze ati:”Kugirango ibyaha by’ubwoko bwose bikumirwe, hakenewe ubufatanye bw’inzego zitandukanye, nidufatanya mu kubirwanya tuzarushaho kwiteza imbere ubwacu, imiryango yacu n’igihugu muri rusange.”

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba Assistant Commissioner of Police (ACP) Emmanuel Karasi, nawe yashimiye abamotari uburyo bashyize hamwe, abasaba ko imbaraga zabo bazikoresha neza, bagafatanya na Polisi yabo n’izindi nzego kwicungira umutekano.

Yabibukije ko nubwo umutekano wifashe neza mu ntara yabo, hari bamwe muri bagenzi babo bakora amakosa, kandi bagakingira ikibaba abinjiza mu gihugu ibiyobyabwenge, aha akaba yaravuze ati:”Bamwe mu bantu bakwirakwiza ibiyobyabwenge nk’urumogi, bakunze kwifashisha abamotari igihe bashaka kurukura mu duce tumwe barujyana mu tundi, turabasaba ko ufite izo ngeso yazicikaho, kandi buri gihe mukagira amakenga ku bantu mutwaye, uwo muketse ko afite ibiyobyabwenge cyangwa ibindi bintu binyuranyije n’amategeko mugahita mubimenyesha Polisi y’u Rwanda.”

ACP Karasi yabwiye abo bamotari kubahiriza amategeko agenga umwuga wabo, kugirango birinde gukora cyangwa guteza impanuka zo mu muhanda.

Yashoje asaba aba bamotari gukomeza gukorera ku ntego, buri wese agakora umurimo we agamije kwiteza imbere kandi bagaharanira ko umutekano u Rwanda rufite waramba.

-5971.jpg

Guverineri Munyantwali Alphonse

Nyuma y’inama, abamotari babajije ibibazo bahabwa ibisubizo ako kanya ibitarabonewe ibisubizo bahabwa umurongo bikemurirwamo, bashimira ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda n’ubw’intara, kandi biyemeza ko umutekano bawugira uwabo baharanira ko utahungabana.

RNP

2017-03-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gikongoro: Umupadiri yahagaritswe imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi n’ubusambanyi

Gikongoro: Umupadiri yahagaritswe imyaka ibiri ashinjwa ubusinzi n’ubusambanyi

Ubwanditsi 24 Apr 2018
U Rwanda rutegereje kwitaba i Arusha mu rubanza rwa Ingabire

U Rwanda rutegereje kwitaba i Arusha mu rubanza rwa Ingabire

Ubwanditsi 14 Jun 2016
U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

U Rwanda rwahakanye kubangamira iperereza rya Komite ya Loni ishinzwe kurwanya iyicarubozo

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Uko FERWAFA yatangije amarushanwa y’abana, Rayon Sports yatsinze AS Muhanga, REG BBC itsindwa na Patriots BBC – Ibyaranze imikino mu mpera z’icyumweru mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi butangiye kwemera ko ari bwo Nyirabayazana w’ibibazo By’ Akarere
INKURU NYAMUKURU

U Burundi butangiye kwemera ko ari bwo Nyirabayazana w’ibibazo By’ Akarere

Ubwanditsi 28 Aug 2018
Gikundiro ku ivuko, umunsi waranzwe n’umuganda ndetse n’umukino Rayon Sports yatsinzemo Nyanza FC igitego kimwe ku busa cya Moussa Camara
Amakuru

Gikundiro ku ivuko, umunsi waranzwe n’umuganda ndetse n’umukino Rayon Sports yatsinzemo Nyanza FC igitego kimwe ku busa cya Moussa Camara

Ubwanditsi 25 Sep 2022
Museveni akomeje kwica amategeko mpuzamahanga, cyane cyane ku birebana n’ingendo zikorwa n’Abanyarwanda bajya Uganda
INKURU NYAMUKURU

Museveni akomeje kwica amategeko mpuzamahanga, cyane cyane ku birebana n’ingendo zikorwa n’Abanyarwanda bajya Uganda

Ubwanditsi 22 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru