• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Ubuhamya bwa Ange wonkejwe, akanarerwa n’uwamutoye muri Jenoside

Ubuhamya bwa Ange wonkejwe, akanarerwa n’uwamutoye muri Jenoside

Editorial 16 Apr 2017 HIRYA NO HINO

Abanyarwanda baca umugani ngo “Agati kateretswe n’Imana ntigahungabanywa n’umuyaga”, iyi mvugo yabaye impamo kuri Uwizirerera Sibo Ange, warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 nubwo nyina bamwishe amaze umunsi umwe amubyaye.

Uwizirerera uri mu mwaka wa nyuma wa Kaminuza afite amateka yihariye ashingiye kuri Jenoside yarokotse ndetse n’uburyo yakuze atazi ko ababyeyi be bishwe.

Uwizirerera Sibo Ange ni amazina yahawe n’ababyeyi bamureze aribo Bicamumpaka Jean Baptiste na Adela Mujawabera. Bamutoye akiri uruhinja baramwonsa, baramurera kugeza ubu afite imyaka 23 y’amavuko, ni inkumi yiga muri kaminuza.

Umuryango wa Bicamumpaka utuye mu Mudugudu wa Ruhondo, Akagari ka Nyabugogo, Umurenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.

Bicamumpaka avuga ko mu 1993 yari atuye mu Murenge wa Murambi, Akarere ka Karongi, akaba yari umwarimu; aza gufata icyemezo cyo kwitandukanya n’amashyaka ahitamo kwinjira mu bihe byo gusenga Imana, dore ko ngo yabonaga hari ayakoraga ibikorwa bibi byiganjemo ivanguramoko.

Ubwo Jenoside yatangiraga, umubyeyi wa Uwizirerera yafashwe n’ibise ajya kubyarira ku bitaro by’i Kilinda muri Karongi, maze umuryango wa Bicamumpaka uza kubimenya, niko kubwira umugore we ngo aze kujya kumusura maze bafate umwana baze mu rugo.

Ati “ Ubwo yajyaga kumureba, nibwo yahuye n’abana bafite agahinja, arababaza ati ako gahinja ni akande, baramubwira bati ni ak’umubyeyi wari uri mu bitaro nyina bamujyanye. Arababwira ati ngaho rero nimugende turahurira munsi y’urugo hanyuma nze mfate uwo mwana.”

Abana baragiye umwana bamushyira hasi mu mbuga, umugore w’umuturanyi akabwira abantu ko nibibeshya bagafata uwo mwana bizabakoraho. Ngo si uwo gusa wabateraga ubwoba kuko n’abandi baturanyi ariko byagendaga.

Gusa wa mubyeyi yagize ubutwari bwo gufata uwo mwana, interahamwe ziza kumenya ko haba umwana byavugwaga ko ari umututsi, bakaza kumuhiga ariko bakagenda batamwishe bavuga ngo n’ubundi azapfa, ntazabona aho amurerera.

Mujawabera yonkeje wa mwana, akajya amuha amata, aramurera ndetse na wa muforomo wabyaje nyina yaboherereje ibikombe bibiri by’amata y’ifu bakajya bayamuha.

Umufasha wa Bicamumpaka, avuga ko nubwo Ange yavutse mu bihe bigoye ariko ngo yaramureze ndetse aramukuza.

Ati “Yahuye n’ibibazo byo kubura umubyeyi, imvura yaramunyagiye, ariko Imana iramurinda. Yatangiye kunywa amata y’ifu mbere y’ibyumweru bibiri ntaratangira kubona amashereka, nagezeho mbona amashereka araje, ndamwonsa, mukorera ibintu byose nk’abandi bana.”

Uwizirerera yageze mu mashuri makuru ataramenya ko ababyeyi be bishwe

Uwizirerera avuga ko atigeze amenya ko nta babyeyi agira kuko ngo bamufashe neza ndetse ngo usibye ko babimubwiye naho ubundi ngo we yari azi ko avuka aho, cyane ko ngo yabonaga asa na Mujawabera.

Yagize ati “ Aba nibo mfata nk’ababyeyi, nibo bandeze kuva mvutse kugeza ubu. Nabimenye maze gukura nabitekerejeho ndetse birambabaza kuko cyari ikintu gishya nari nakiriye, ariko nyuma nza kubyakira ariko kuko kuva na kera bamfata nk’umwana wabo nta kibazo nigeze ngira.”

Yongeyeho ko abona abo babyeyi nk’abadasanzwe kuko usibye we bareze n’abandi bose hamwe bagera kuri 25 barimo batandatu barokotse n’abandi babaga badafite kivurira.

Ati “Bafite umwihariko, ni ababyeyi batagira uko basa kuko icyo bahaye umwana wabo ni cyo baha n’abandi, baratandukanye cyane kuko biragoye ko wabona umubyeyi uteye utyo, ukonsa atarakubyaye.”

Uwizirerera yifuza ko ibikorwa Bicamumpaka afata nka se yakoze byakwibukwa ku rwego rw’igihugu, akanashimirwa.

-6318.jpg

Uwizirerera Sibo Ange yarezwe n’ababyeyi bamutoye muri Jenoside yaburiyemo ababyeyi

Source : IGIHE

2017-04-16
Editorial

IZINDI NKURU

Amerika yagabye igitero gishya mu ntambara y’ ubukungu irwana n’ Ubushinwa

Amerika yagabye igitero gishya mu ntambara y’ ubukungu irwana n’ Ubushinwa

Editorial 19 Sep 2018
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Editorial 15 Mar 2019
Nyuma yo gufatanwa igihanga, Uganda yavuye ku izima yohereza abarwanyi ba RUD Urunana bagabye igitero mu Kinigi bari bahungiyeyo bakakirwa Na Yombi

Nyuma yo gufatanwa igihanga, Uganda yavuye ku izima yohereza abarwanyi ba RUD Urunana bagabye igitero mu Kinigi bari bahungiyeyo bakakirwa Na Yombi

Editorial 18 Feb 2020
RDC: Abatavuga Rumwe Na Leta Baburiye Perezida Kabila

RDC: Abatavuga Rumwe Na Leta Baburiye Perezida Kabila

Editorial 14 Sep 2018
Amerika yagabye igitero gishya mu ntambara y’ ubukungu irwana n’ Ubushinwa

Amerika yagabye igitero gishya mu ntambara y’ ubukungu irwana n’ Ubushinwa

Editorial 19 Sep 2018
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Editorial 15 Mar 2019
Nyuma yo gufatanwa igihanga, Uganda yavuye ku izima yohereza abarwanyi ba RUD Urunana bagabye igitero mu Kinigi bari bahungiyeyo bakakirwa Na Yombi

Nyuma yo gufatanwa igihanga, Uganda yavuye ku izima yohereza abarwanyi ba RUD Urunana bagabye igitero mu Kinigi bari bahungiyeyo bakakirwa Na Yombi

Editorial 18 Feb 2020
RDC: Abatavuga Rumwe Na Leta Baburiye Perezida Kabila

RDC: Abatavuga Rumwe Na Leta Baburiye Perezida Kabila

Editorial 14 Sep 2018
Amerika yagabye igitero gishya mu ntambara y’ ubukungu irwana n’ Ubushinwa

Amerika yagabye igitero gishya mu ntambara y’ ubukungu irwana n’ Ubushinwa

Editorial 19 Sep 2018
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisivile, cyafashe umwanzuro wo gukumira mu kirere cy’u Rwanda ubwoko bw’indege bwa Boeing 737-8 Max na 737-9 Max

Editorial 15 Mar 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru