• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Yafashwe ku ngufu n’abagabo 37 bamuvuna umugongo. Amaze imyaka 23 aryamye

Yafashwe ku ngufu n’abagabo 37 bamuvuna umugongo. Amaze imyaka 23 aryamye

Ubwanditsi 17 Apr 2017 Mu Rwanda

Jenoside yakorewe Abatutsi yakoranywe ubunyamaswa burenze ukwemera, ibimenyetso byabyo si inzibutso ziri ahanyuranye mu gihugu gusa, n’abarokotse bamwe baracyafite ibikomere byayo bigaragaza aya mateka mabi imyaka 23 nyuma yabwo. Mukangarambe yari afite imyaka 17 gusa. Yafashwe ku ngufu n’abagabo barenga 30, bamujugunya mu cyobo ngo apfe, ntiyapfa ahubwo avunika uruti rw’umugongo. Kuva ubwo kugeza ubu…. aracyahumeka.

Marie Mukangarambe ubu afite imyaka 40, yibuka Jenoside nk’iyabaye ejo, ariko yongeye kugarura inseko ku isura kubera uburyo hari abakomeje kumuba hafi. Atuye mu mudugudu wa Ruturusu ya II mu kagari ka Rukiri II mu murenge wa Remera. Abana n’umwana abereye nyina wabo kuko benshi bo mu muryango we wari utuye hano n’ubundi barishwe muri Jenoside.

Marie Mukangarambe avuzwa n’ikigega gitera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye, akanabenshwaho n’inkunga z’ingoboka.

Ntashobora kweguka, ntashobora no kuryamira urubavu, umugongo aryamira uhorana ibisebe bikamusaba intungamubiri zo ku rwego rwisumbuyeho kugira ngo ibisebe bimworohere, agakenera kwitabwaho bya buri gihe bikorwa n’uwo babana cyangwa inshuti.

Antoine Mugunga ushinzwe gukurikirana ibikorwa byo kwibuka n’imibereho y’abarokotse muri uyu mudugudu yabwiye Umuseke ko muri Jenoside uyu mukobwa wari ufite imyaka 17 gusa ngo yakorewe ubunyamaswa buteye ubwoba, afatwa ku ngufu n’abagabo 37 mu gihe gito cyane, barangije bamujugunya mu rwobo baziko yapfuye.

Mukangarambe yaje kuvanwa muri iki cyobo agihumeka, ariko abamutabaye basanga yavunitse umugongo.

Imibereho ye nyuma ya Jenoside ngo yari igoye kandi ibabaje cyane kuko na benshi cyane mubo mu muryango we bapfuye. Uko iminsi yagiye ishira niko uyu murwayi yagiye agarura kongera kubaho.

Mugunga avuga ko ubu ikibazo Mukangarambe agira ari ukubura ibiribwa bigendanye na ‘regime’ yihariye yandikiwe n’abaganga ihenze.

Mukangarambe aho ahora aryamye n’akaradio hafi yiyumvira, bamusohora gake cyane ngo yote akazuba kuko kumusohora bisaba guterura uburiri bwose kandi kumunyeganyeza bikumubabaza cyane.

Ashimira cyane ubuvuzi yishyurirwa na FARG.

Ati “Ntacyo nagaya Leta kuko iramvuza. Ndayishimira ibyo ikora kandi n’abandi bose bamfasha mu bushobozi bwabo Imana ijye ibahemba.”

Mukangarambe yandikiwe n’abaganga ‘regime’ yihariye yo gufasha umubiri we, iyi regime ngo ihagarara nibura amafaranga ibihumbi magana abiri buri kwezi. Amafaranga adashoboka kuri Mukangarambe.

Gacye cyane nibwo bashobora kubasha kumuha regime yandikiwe yuzuye kubera ubushobozi bucye, ububoneka nabwo butangwa n’abagiraneza rimwe na rimwe.

Mukangarambe iyo muganira umubonana akanyamuneza no guseka bya hato na hato iyo muganira, yishimira kumusura no kuganirizwa gusa akeneye inkunga yunganira iyo ahabwa na FARG kugira ngo ubuzima bwe bukomeze…

-6327.jpg

-6326.jpg

Hashize imyaka 23 Mukangarambe, aryamye gusa. Kumuvana ahano ni uguterurana n’uburiri bwe

2017-04-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe

UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Barindwi bakekwaho gutera BK ya Buhanda bakica umuntu bagejejwe mu butabera

Barindwi bakekwaho gutera BK ya Buhanda bakica umuntu bagejejwe mu butabera

Ubwanditsi 06 Nov 2017
ITANGAZAMAKURU : RMC yahagaritse umunyamakuru Niyonambaza Assoumani imwambura n’ikarita

ITANGAZAMAKURU : RMC yahagaritse umunyamakuru Niyonambaza Assoumani imwambura n’ikarita

Ubwanditsi 01 Mar 2017
Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Ubwanditsi 09 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mwenda yagaragaje umubano w’u Rwanda na Uganda “nk’ikibaya kinyerera.”
INKURU NYAMUKURU

Mwenda yagaragaje umubano w’u Rwanda na Uganda “nk’ikibaya kinyerera.”

Ubwanditsi 08 Jun 2019
Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.
Amakuru

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Ubwanditsi 04 Jun 2021
Bane bafunzwe bazira ubufatanyacyaha mu bujura bw’inzitiramubu zigenewe abaturage
Mu Mahanga

Bane bafunzwe bazira ubufatanyacyaha mu bujura bw’inzitiramubu zigenewe abaturage

Ubwanditsi 10 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru