• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urubyiruko rw’abakorerabushake rwiyemeje kugira uruhare mu bikorwa by’icyumweru cya Polisi

Urubyiruko rw’abakorerabushake rwiyemeje kugira uruhare mu bikorwa by’icyumweru cya Polisi

Editorial 28 Apr 2017 Mu Rwanda

Abahuzabikorwa b’urubyiruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha(RYVCP) ku rwego rw’uturere na komite nyobozi yarwo ku rwego rw’igihugu biyemeje kugira uruhare rugaragara mu itegurwa no mu bikorwa bizaranga icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi kizwi nka “Police week”.

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi kirangwa n’ibikorwa by’ubufatanye bwa Polisi n’abaturage mu gukumira no kurwanya ibyaha, kugira uruhare muri gahunda za Leta zo guteza imbere imibereho myiza y’abaturage n’ibindi.

Ibi uru rubyiruko rwabyemereye umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K.Gasana mu nama yabahuje nawe kuwa gatatu tariki ya 26 Mata ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Insanganyamatsiko izaranga icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi uyu mwaka iragira iti, “Imyaka 17 y’ubufatanye na Polisi mu kwicungira umutekano.Twicungire umutekano w’abantu n’ibintu ku buryo burambye. ”

Kwizihiza uyu munsi bizabanzirizwa na gahunda izamara ukwezi y’ubukangurambaga izatangira ku itariki ya 15 Gicurasi kugeza ku itariki ya 15 Kamena igasozwa n’ibirori byo kwizihiza imyaka 17 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe biteganyijwe ku itariki ya 16 Kamena 2017.

Mu ijambo yagejeje kuri uru rubyiruko rwageraga kuri 50, IGP Gasana yagize ati, “Imbaraga mukoresha mu gushaka umutekano w’abaturage zihabwa agaciro. ”

Yakomeje abagira inama ihuriro ryabo gushyira imbaraga mu bikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha kugirango habeho umutekano n’ituze birambye aho yagize ati, “Disiplini yo hejuru, guhanga udushya, gukorera hamwe, guhora muhanahana amakuru ni inyongera kuri gahunda y’ibyo mukora byose.”

IGP Gasana mu gusoza, yabagiriye inama yo kubyaza umusaruro itumanaho ryose babona cyane cyane imbuga nkoranyambaga bakangurira abaturage ubufatanye mu kubaka igihugu gitekanye kandi gifite ejo hazaza

Justus Kangwagye, umuhuzabikorwa w’uru rubyiruko ku rwego rw’igihugu we, yatangaje ko uru rubyiruko ari abafatanyabikorwa b’ingenzi ba Polisi y’u Rwanda, biryo biyemeje kugira uruhare rugaragara kuva mu myiteguro kugeza icyumweru cya Polisi kirangiye.

Kangwagye yagize ati,”Ab’inkwakuzi muri twe batangiye gusobanurira abaturage ibijyanye na Police week ndetse n’ibikorwa bijyanye nayo harimo gufasha abatishoboye, gutanga amakuru arebana na bimwe mu byo Polisi yatanze muri za Police week zashize nk’inka zari zaratanzwe zasuwe, n’ibindi.”

Yavuze ko kuri ubu hongerewe ubukangurambaga mu banyamuryango bashya ari nayo mpamvu imibare yayo yiyongereye aho yagize ati,”Ndahamya ko kubera imbaraga n’ishyaka uru rubyiruko rukorana, umusanzu warwo urimo kugaragara cyane muri iyi myaka ine rumaze rubayeho, ari nayo mpamvu Polisi y’u Rwanda yihatira ubufatanye narwo ngo iruboneho umusaruro twese tubashe kugera ku nshingano twahawe n’igihugu.”

Yakomeje avuga ko ntawashidikanya ku musanzu uru rubyiruko n’abanyarwanda batanze muri iyi myaka 17 Polisi y’u Rwanda imaze cyane cyane mu gukumira ibyaha bitandukanye, gutanga amakuru ku bana bata amashuri n’ibindi.

Aho yagize ati, “Mu bijyanye no kwigisha, ntaho ubuyobozi bujya kwigisha abaturage ibyo gukumira no kurwanya ibyaha ngo basige uru rubyiruko, kandi hari ibigenda bikosoka.”

Kangwagye yashoje avuga ko bakomeje inama zikomeje kandi zigaragaza ko imyiteguro igeze kure mu Ntara zitandukanye kandi buri karere kateganyije umusanzu kazatanga haba mu gufasha abatishoboye ndetse no gusigasira ibyamaze kugerwaho.

Umukundwa Victoire ushinzwe imyitwarire muri komite nyobozi y’uru rubyiruko ku rwego rw’igihugu, yavuze ko, aho ruri hose mu gihugu rwiteguye kuzafata iya mbere mu bikorwa bizaranga Police week kandi by’umwihariko ku isabukuru y’uyu mwaka, hakazashyira imbaraga mu gukurikiranira hafi ibyo Polisi yatanze mu turere dutandukanye.

Yagize ati, “Tugiye gushyira imbaraga mu gufasha ariko tunakurikirana ibyamaze gutangwa niba bikoreshwa neza, niba bigirira akamaro abagenerwabikorwa kandi dutanga inama mu kubibungabunga no kubibyaza umusaruro.”

Ikindi ngo ni uko bagiye kwihatira kugira uruhare rukomeye mu bukangurambaga bwo gukumira ibyaha nk’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, icuruzwa ry’abantu, ingengabitekerezo ya jenoside, ruswa, kurengera ibidukikije ndetse n’umutekano wo mu muhanda.

Kugeza ubu mu gihugu hose hari abanyamuryango b’iri huriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake basaga 100, 000; ariko intego ni ukubongera bakagera kuri Miliyoni bitarenze uyu mwaka.

Uru rubyiruko rwashyizeho iri huriro mu 2013. Rwibanda ku guteza imbere indangagaciro z’umuco nyarwanda zishingiye ahanini ku kwirinda ikibi n’igisa na cyo, no gukangurira umuryango nyarwanda kukirinda no gufatanya kugikumira no kukirwanya.

Mu byo uru rubyiruko rukora harimo gusanira amazu abatishoboye, kubishyurira umusanzu w’ubwisungane bwo kwivuza, no kuboroza amatungo maremare n’amagufi; ubu bufasha bukaba butuma biteza imbere.

-6408.jpg

Urubyiruko rw’Abakorera bushake

Source : RNP

2017-04-28
Editorial

IZINDI NKURU

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Editorial 23 Aug 2023
APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

Editorial 06 Oct 2021
Kenya : Urugo rwa Visi perezida, William Ruto rwagabweho igitero

Kenya : Urugo rwa Visi perezida, William Ruto rwagabweho igitero

Editorial 30 Jul 2017
Perezida w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ategerejwe i Kigali

Perezida w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye ategerejwe i Kigali

Editorial 06 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gushinjanya inda nini n’ubugambanyi bitumye muri RNC bamarana,  ubwicanyi hagati yabo, Uganda nayo ikabwegeka kuri Leta y’u Rwanda.
Uncategorized

Gushinjanya inda nini n’ubugambanyi bitumye muri RNC bamarana,  ubwicanyi hagati yabo, Uganda nayo ikabwegeka kuri Leta y’u Rwanda.

Editorial 24 Feb 2021
Judi Rever yaba yabaye umuvugizi mushya w’ishyirahamwe Igicumbi?
Amakuru

Judi Rever yaba yabaye umuvugizi mushya w’ishyirahamwe Igicumbi?

Editorial 19 Mar 2024
Amakipe 53 niyo yiyandikishije gukina icyiciro cya gatatu mu mwaka w’imikino 2023-2024
Uncategorized

Amakipe 53 niyo yiyandikishije gukina icyiciro cya gatatu mu mwaka w’imikino 2023-2024

Editorial 16 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru