• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Uncategorized»Gushinjanya inda nini n’ubugambanyi bitumye muri RNC bamarana,  ubwicanyi hagati yabo, Uganda nayo ikabwegeka kuri Leta y’u Rwanda.

Gushinjanya inda nini n’ubugambanyi bitumye muri RNC bamarana,  ubwicanyi hagati yabo, Uganda nayo ikabwegeka kuri Leta y’u Rwanda.

Ubwanditsi 24 Feb 2021 Uncategorized

Inkuru y’uko abayoboke ba wa mutwe w’iterabwoba, RNC, barebana ay’ingwe ntivuzwe uyu munsi, ahubwo ishimangiwe n’urupfu rwa Seif Bamporiki wari uhagarariye abo bagizi ba nabi mu gihugu cya Afrika y’Epfo, ariko akaba yari amaze agihe arebwa nabi cyane na shebuja w’ibigarasha,Kayumba Nyamwasa.

Byavuzwe kenshi ko ibyo bigarasha byananiwe kugabana ibisabano basaruza mu banzi b’u Rwanda, bibabeshya ko bagiye guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda. Ibi byatumye abenshi mu batangiranye na Kayumba Nyamwasa muri ubwo buyobe bamushiraho. Abo ni nka  Gahima Gerard na mwene nyina Rudasingwa Théogène, ba  Jean Paul Turayishimiye, Thabita Gwiza n’abandi utabara basezeye kuri Nyamwasa bamushinja ubujura, kugambana no guhuzagurika muri politiki ye, bashinga za New RNC, za ARC-Urunana, n’ibindi biryabarezi bitagira epfo na ruguru.

Mu bimenyetso abahoze ari inkoramutima za Nyamwasa bashingiraho bamushinja inda nini n’ikinyoma, ngo ni uko abarwanyi babo bapfa nk’udushwiriri mu mashyamba ya Kongo kubera inzara n’ubujyahabi kandi hadasiba gutangwa imisanzu yo kubafasha, hakiyongeraho kuba impehe ziyobowe na baringa, Kayumba Nyamwasa.

Aya macakubiri yaje kuvamo iyicwa n’irigiswa  ry’abahoze ari inkoramutima za Kayumba Nyamwasa, abandi bashya ubwoba, ku buryo bahora bikanga ko yabashyira aho yashyize Ben Rutabana na bagenzi be. Ibi mushiki wa Rutabana, Thabita Gwiza arabizi kuturusha.

Mu minsi mike ishize, uwitwa Mukankusi Charlotte yashyize ku karubanda ko Kayumba Nyamwasa yaheranwe n’uburwayi, kandi ngo muri RNC batarashakaga ko iyi nkuru ijya hanze. Uyu mugore byamuviriyemo guterwa amabuye bikomeye, abajya basoma ibyandikwa n’ibigarasha ku mbuga nkoranyambaga mwabonye uburyo Mukankusi yanzwe cyane.

Undi rero  utaracanaga uwaka na Kayumba Nyamwasa na muramu we Ntwari Frank,  akaba yaraje no kubizira mu mpera z’icyumweru gishize, ni Seif Bamporiki, bafataga nk’umugambanyi ushyira amakuru ubutegetsi bw’iKigali”. Amakuru dukesha inshuti magara za Bamporiki, aravuga ko yishwe ndetse  yiteguraga gushyira hanze amanyanga yose ya Nyamwasa, agahita anasezera muri ako gatsiko k’abagizi ba nabi.

Nk’uko asanzwe abigenza rero, Kayumba Nyamwasa yahise amwirenza, yifashishije abicanyi babigize umwuga bo muri Afrika y’Epfo, dore ko muri icyo gihugu, cyane cyane mu gace ka  Nyanga mu mujyi wa Cape Town Bamporiki yaguyemo, kwica umuntu ari nko kuzimya buji. Ibi Kayumba Nyamwasa arabizi neza,  kandi nta kuntu atari kubibyaza umusaruro ngo yivune “umwanzi”.

Aho Bamporiki apfiriye  rero, amakuru yizewe avuga ko Kayumba Nyamwasa n’ibyegera bye biruhukije cyane, (ndetse ngo na shampanye zarafunguwe)bishimira ko bakize umugambanyi, kuko iyo Seif Bamporiki agumaho, bari kugwa mu gisebo n’akaga katabaho.

Muri ka kamenyero ko gushakisha uwo bagerekaho amahano yabo, bidatunguranye bahise bavuga ko Bamporiki yishwe na Leta y’uRwanda. Ntibanategereje ko habaho iperereza, ahubwo bahise biyambaza ibinyamakuru bya CMI, urwego rw’ubutasi muri Uganda, maze bemeza ko u Rwanda rwarenze ibihugu bingahe, rukajya kwicira umuntu mu bilometero ibihumbi.

Twibutse ko no mu mwaka wa 2019,undi muyoboke wa RNC , Nkurunziza Camille, yiciwe muri Afrika y’Epfo, nabwo ibinyamakuru nka Chimpreports na New Vision byombi bikoreshwa na Leta ya Uganda, bigashinja u Rwanda urwo rupfu. Nyamara ntibyatinze kugaragara ko Nkurunziza yarashwe n’abapolisi ubwo bageragezaga kugaruza imodoka yari yibwe.

Ibyo binyamakuru, nako ibinyabinyoma, ntibyigeze bivuguruza ayo mateshwa yabyo. Abasesengura basanga uretse ko ari na filimi iba mu mitwe w’ibigarasha na CMI gusa, harimo no gusuzugura ibihugu bibacumbikiye, bagaragaza ko u Rwanda rushobora kubivogera, rukica uwo rushatse, ntihagire n’umenya uwo rwatumye!

Igitangaje kurushaho, ni uko iminsi mike cyane mbere y’uko Seif Bamporiki yicwa, ikinyamakuyu SpyUganda nacyo cya CMI, cyari cyanditse ko “hari umunyapolitiki ukomeye muri RNCushobora kwicwa mu gihe cya vuba”.  Umuntu wo muri RNC ndani waduhaye aya makuru avuga ko Bamporiki yari amaranye iminsi impungenge, akaba ashobora kuba yarabyongorereye SpyUganda ngo arebe ko umugambi wo kumuhitana waburizwamo. Ngayo nguko rero. Bigarasha, twababwiye kenshi ko kugambanira u Rwanda bitazabagwa amahoro. Amaherezo ni  ukugwa igihugu igicuri!!

 

2021-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bimwe mu bikorwa by’indashyikirwa byakozwe  na Leta y’u Rwanda muri iki gihe isi ihangane n’icyorozo cya Covi19

Bimwe mu bikorwa by’indashyikirwa byakozwe  na Leta y’u Rwanda muri iki gihe isi ihangane n’icyorozo cya Covi19

Ubwanditsi 11 May 2020
Leta ya Uganda irarye iri menge, dore abakorana n’inyeshyamba muri Santrafrika batangiye gutabwa muri yombi.

Leta ya Uganda irarye iri menge, dore abakorana n’inyeshyamba muri Santrafrika batangiye gutabwa muri yombi.

Ubwanditsi 25 Jan 2021
Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Ubwanditsi 05 Jul 2018
Ingingo z’Ingenzi z’Impamvu yo Gusaba Guhinduza Amazina

Ingingo z’Ingenzi z’Impamvu yo Gusaba Guhinduza Amazina

Ubwanditsi 11 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe
HIRYA NO HINO

USA: Umubyinnyi Uwase Sacha uherutse kugwa mu mpanuka yashyinguwe

Ubwanditsi 18 Sep 2018
Amakipe ya APR Volleyball yegukanye ibikombe bya shampiyona hasozwa umwaka w’imikino wa 2024
Amakuru

Amakipe ya APR Volleyball yegukanye ibikombe bya shampiyona hasozwa umwaka w’imikino wa 2024

Ubwanditsi 27 May 2024
“Umutima w’umugizi wa nabi ntujya utuza. Kubera ubushotoranyi Uganda ikorera u Rwanda, mu maso ya Kaguta Museveni n’abambari be buri Munyarwanda ni intasi”.
Amakuru

“Umutima w’umugizi wa nabi ntujya utuza. Kubera ubushotoranyi Uganda ikorera u Rwanda, mu maso ya Kaguta Museveni n’abambari be buri Munyarwanda ni intasi”.

Ubwanditsi 01 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru