• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Uncategorized»Gushinjanya inda nini n’ubugambanyi bitumye muri RNC bamarana,  ubwicanyi hagati yabo, Uganda nayo ikabwegeka kuri Leta y’u Rwanda.

Gushinjanya inda nini n’ubugambanyi bitumye muri RNC bamarana,  ubwicanyi hagati yabo, Uganda nayo ikabwegeka kuri Leta y’u Rwanda.

Ubwanditsi 24 Feb 2021 Uncategorized

Inkuru y’uko abayoboke ba wa mutwe w’iterabwoba, RNC, barebana ay’ingwe ntivuzwe uyu munsi, ahubwo ishimangiwe n’urupfu rwa Seif Bamporiki wari uhagarariye abo bagizi ba nabi mu gihugu cya Afrika y’Epfo, ariko akaba yari amaze agihe arebwa nabi cyane na shebuja w’ibigarasha,Kayumba Nyamwasa.

Byavuzwe kenshi ko ibyo bigarasha byananiwe kugabana ibisabano basaruza mu banzi b’u Rwanda, bibabeshya ko bagiye guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda. Ibi byatumye abenshi mu batangiranye na Kayumba Nyamwasa muri ubwo buyobe bamushiraho. Abo ni nka  Gahima Gerard na mwene nyina Rudasingwa Théogène, ba  Jean Paul Turayishimiye, Thabita Gwiza n’abandi utabara basezeye kuri Nyamwasa bamushinja ubujura, kugambana no guhuzagurika muri politiki ye, bashinga za New RNC, za ARC-Urunana, n’ibindi biryabarezi bitagira epfo na ruguru.

Mu bimenyetso abahoze ari inkoramutima za Nyamwasa bashingiraho bamushinja inda nini n’ikinyoma, ngo ni uko abarwanyi babo bapfa nk’udushwiriri mu mashyamba ya Kongo kubera inzara n’ubujyahabi kandi hadasiba gutangwa imisanzu yo kubafasha, hakiyongeraho kuba impehe ziyobowe na baringa, Kayumba Nyamwasa.

Aya macakubiri yaje kuvamo iyicwa n’irigiswa  ry’abahoze ari inkoramutima za Kayumba Nyamwasa, abandi bashya ubwoba, ku buryo bahora bikanga ko yabashyira aho yashyize Ben Rutabana na bagenzi be. Ibi mushiki wa Rutabana, Thabita Gwiza arabizi kuturusha.

Mu minsi mike ishize, uwitwa Mukankusi Charlotte yashyize ku karubanda ko Kayumba Nyamwasa yaheranwe n’uburwayi, kandi ngo muri RNC batarashakaga ko iyi nkuru ijya hanze. Uyu mugore byamuviriyemo guterwa amabuye bikomeye, abajya basoma ibyandikwa n’ibigarasha ku mbuga nkoranyambaga mwabonye uburyo Mukankusi yanzwe cyane.

Undi rero  utaracanaga uwaka na Kayumba Nyamwasa na muramu we Ntwari Frank,  akaba yaraje no kubizira mu mpera z’icyumweru gishize, ni Seif Bamporiki, bafataga nk’umugambanyi ushyira amakuru ubutegetsi bw’iKigali”. Amakuru dukesha inshuti magara za Bamporiki, aravuga ko yishwe ndetse  yiteguraga gushyira hanze amanyanga yose ya Nyamwasa, agahita anasezera muri ako gatsiko k’abagizi ba nabi.

Nk’uko asanzwe abigenza rero, Kayumba Nyamwasa yahise amwirenza, yifashishije abicanyi babigize umwuga bo muri Afrika y’Epfo, dore ko muri icyo gihugu, cyane cyane mu gace ka  Nyanga mu mujyi wa Cape Town Bamporiki yaguyemo, kwica umuntu ari nko kuzimya buji. Ibi Kayumba Nyamwasa arabizi neza,  kandi nta kuntu atari kubibyaza umusaruro ngo yivune “umwanzi”.

Aho Bamporiki apfiriye  rero, amakuru yizewe avuga ko Kayumba Nyamwasa n’ibyegera bye biruhukije cyane, (ndetse ngo na shampanye zarafunguwe)bishimira ko bakize umugambanyi, kuko iyo Seif Bamporiki agumaho, bari kugwa mu gisebo n’akaga katabaho.

Muri ka kamenyero ko gushakisha uwo bagerekaho amahano yabo, bidatunguranye bahise bavuga ko Bamporiki yishwe na Leta y’uRwanda. Ntibanategereje ko habaho iperereza, ahubwo bahise biyambaza ibinyamakuru bya CMI, urwego rw’ubutasi muri Uganda, maze bemeza ko u Rwanda rwarenze ibihugu bingahe, rukajya kwicira umuntu mu bilometero ibihumbi.

Twibutse ko no mu mwaka wa 2019,undi muyoboke wa RNC , Nkurunziza Camille, yiciwe muri Afrika y’Epfo, nabwo ibinyamakuru nka Chimpreports na New Vision byombi bikoreshwa na Leta ya Uganda, bigashinja u Rwanda urwo rupfu. Nyamara ntibyatinze kugaragara ko Nkurunziza yarashwe n’abapolisi ubwo bageragezaga kugaruza imodoka yari yibwe.

Ibyo binyamakuru, nako ibinyabinyoma, ntibyigeze bivuguruza ayo mateshwa yabyo. Abasesengura basanga uretse ko ari na filimi iba mu mitwe w’ibigarasha na CMI gusa, harimo no gusuzugura ibihugu bibacumbikiye, bagaragaza ko u Rwanda rushobora kubivogera, rukica uwo rushatse, ntihagire n’umenya uwo rwatumye!

Igitangaje kurushaho, ni uko iminsi mike cyane mbere y’uko Seif Bamporiki yicwa, ikinyamakuyu SpyUganda nacyo cya CMI, cyari cyanditse ko “hari umunyapolitiki ukomeye muri RNCushobora kwicwa mu gihe cya vuba”.  Umuntu wo muri RNC ndani waduhaye aya makuru avuga ko Bamporiki yari amaranye iminsi impungenge, akaba ashobora kuba yarabyongorereye SpyUganda ngo arebe ko umugambi wo kumuhitana waburizwamo. Ngayo nguko rero. Bigarasha, twababwiye kenshi ko kugambanira u Rwanda bitazabagwa amahoro. Amaherezo ni  ukugwa igihugu igicuri!!

 

2021-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Volleyball: Police VC na APR WVC niyo makipe yegukanye irushanwa ryo Kwibuka Rutsindura Alphonse

Volleyball: Police VC na APR WVC niyo makipe yegukanye irushanwa ryo Kwibuka Rutsindura Alphonse

Ubwanditsi 12 Jun 2023
Abarenga ibihumbi 8 bo mu bihugu 34 bagiye guhurira muri ‘Kigali International Peace Marathon’ ya 2024

Abarenga ibihumbi 8 bo mu bihugu 34 bagiye guhurira muri ‘Kigali International Peace Marathon’ ya 2024

Ubwanditsi 07 Jun 2024
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Feb 2023
AS Kigali yatsinze Espoir 4-0 mu mukino Shabalala yuzurijemo ibitego 10; Rayon Sports itsindiwe i Rubavu na Etincelles FC

AS Kigali yatsinze Espoir 4-0 mu mukino Shabalala yuzurijemo ibitego 10; Rayon Sports itsindiwe i Rubavu na Etincelles FC

Ubwanditsi 11 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Sezibera avuga ko abarwanyi ba FDLR, badashobora kuzana amahoro mu Burundi
POLITIKI

Minisitiri Sezibera avuga ko abarwanyi ba FDLR, badashobora kuzana amahoro mu Burundi

Ubwanditsi 02 May 2019
BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.
UBUKUNGU

BNR iraburira abashoye imari mu bigo bya baringa birimo na Supermarketing.

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Amafoto – Mu mukino wa gucuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Police FC igitego kimwe kuri kimwe
Amakuru

Amafoto – Mu mukino wa gucuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Police FC igitego kimwe kuri kimwe

Ubwanditsi 06 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru