• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ni iki gituma imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage itinda kubakwa?

Ni iki gituma imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage itinda kubakwa?

Ubwanditsi 01 May 2017 Mu Rwanda

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ivuga ko imihanda Perezida Kagame yemerera abaturage ikunze gutinda kubakwa rimwe na rimwe kubera iba ikeneye ingengo y’imari nini.

Gusa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, avuga ko ibyo bikorwa Umukuru w’Igihugu yemerera abaturage nk’imihanda nubwo bikunze gutinda kubakwa, aribyo bishyirwa ku mwanya wa mbere iyo habonetse ubushobozi.

-6434.jpg

Perezida wa Repubulika yasuye Abaturage

Minisitiri Gatete yabivuze nyuma y’aho Depite Bitunguramye Diogène abajije impamvu mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2017-2018, hatagaragamo ingengo y’imari izakoreshwa mu kubaka umuhanda Gasabo-Nyacyonga-Rulindo, na Nyarugenge-Nzove-Gakenke yose Perezida Paul Kagame yemereye abaturage.

Mu ruzinduko yagiriye muri aka karere ka Rulindo tariki ya 28 Gashyantare 2014, Perezida Paul Kagame yemereye abaturage umuhanda wa kaburimbo uhuza ahitwa Nyacyonga na Mukoto ureshya n’ibilometero 30, akaba yaravuze ko ku bufatanye n’abaturage umuhanda ugiye gushyirwa kuri gahunda kandi ukubakwa byihuse.

-6433.jpg

Perezida wa Repubulika Paul Kagame asuhuza abaturage

Gatete yagize ati “Imihanda irahenda, nk’iyi mihanda ya Rulindo ntabwo yibagiranye irahari ariko iyi ni imihanda ihenda ku buryo utafata ingendo y’imari yose ngo uyishyire ku muhanda, ni nayo mpamvu imihanda myinshi cyane tuyisabira inguzanyo, nk’ubu nakubwira ko urebye nk’uriya muhanda wa Huye –Kibeho cyangwa Ngoma -Nyanza murabizi ko Perezida Kagame yayemereye abaturage kera ariko kubera ko ari amafaranga menshi cyane akenewe, ntabwo uhita ubikora ugomba kubanza kubiteganyiriza.”

Yakomeje agira ati “Muzi kandi nk’uriya muhanda uva Nyagatare ukagera Base, cyangwa Kagitumba -Rusumo, ntabwo uwo muhanda wahita uwushyira mu ngengo y’imari y’umwaka utaha, ugomba kubanza gushaka amafaranga, gusa iyo Perezida yatanze impano tuyishyira mu by’ibanze hejuru y’ibindi byose bikenewe, icyo navuga ni uko iyi mihanda izakorwa.”

Muri rusange mu mwaka wa 2017-2018, ingengo y’imari iteganyijwe izaba ari miliyari 2094.9 z’amafaranga y’u Rwanda, avuye kuri miliyari 1954.2, bivuze ko yiyongereyeho miliyari 140.7.

Amafaranga azava imbere mu gihugu kongeraho inguzanyo igihugu giteganya, azaba angana na 83% y’ingengo y’imari yose, mu gihe inkunga y’amahanga zo zizaba ari 17% gusa.

-6436.jpg

Gusa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, avuga ko ibyo bikorwa Umukuru w’Igihugu yemerera abaturage nk’imihanda nubwo bikunze gutinda kubakwa, aribyo bishyirwa ku mwanya wa mbere

2017-05-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGEZI Z’URWANDIKO RWA SUSURUTSA SEBAHINZI Joseph RUSABA  GUHINDURA AMAZINA

INGINGO Z’INGEZI Z’URWANDIKO RWA SUSURUTSA SEBAHINZI Joseph RUSABA  GUHINDURA AMAZINA

Ubwanditsi 25 Apr 2018
AMAFOTO – Ku bufatanye na SKOL, Rayon Sports yamuritse imyambaro n’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw bizakoresha mu isubukurwa rya shampiyona ya 2020-2021 .

AMAFOTO – Ku bufatanye na SKOL, Rayon Sports yamuritse imyambaro n’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw bizakoresha mu isubukurwa rya shampiyona ya 2020-2021 .

Ubwanditsi 24 Apr 2021
Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope

Museveni yishimiye kuburyo bukomeye Charly na Nina arabaramutsa mu bukwe abaha na envelope

Ubwanditsi 03 Sep 2017
Dr Raymond DUSABE azashyingurwa i Rusororo kuri uyu wa kabiri

Dr Raymond DUSABE azashyingurwa i Rusororo kuri uyu wa kabiri

Ubwanditsi 20 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo
Amakuru

Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo

RUSHYASHYA 16 Feb 2026
Inzika, kwikubira no kwihorera bitumye CNDD-FDD yoreka u Burundi
Amakuru

Inzika, kwikubira no kwihorera bitumye CNDD-FDD yoreka u Burundi

Ubwanditsi 09 Jan 2024
APR FC na AS Kigali zabonye amanota atatu, Rayon Sports inganya na Marines FC muri shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021
Amakuru

APR FC na AS Kigali zabonye amanota atatu, Rayon Sports inganya na Marines FC muri shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Ubwanditsi 14 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru