• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yahagurukiye Abayobozi bagenda biguru ntege

Perezida Kagame yahagurukiye Abayobozi bagenda biguru ntege

Ubwanditsi 28 May 2017 Mu Rwanda

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Gicurasi 2017 ubwo yakiraga Intore z’Indatabigwi zigizwe n’abahanzi n’abanyamugeni, iz’Imparirwakubarusha zigizwe n’abakora siporo zitandukanye n’abafatanyabikorwa babo ndetse n’Impamyabigwi zigizwe n’abanyamakuru. Bose hamwe bagera ku bihumbi bibiri.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko mu 2012 yatumiwe kujya kureba imikino ya Olempiki yabereye i Londres mu Bwongereza, ariko yaje gutungurwa no kubona 90% by’abari bahagarariye u Rwanda ari abayobozi aho kuba abakinnyi bahagarariye igihugu.

Ati “Nigeze gutumirwa kujya kureba imikino ya olempike ngira ngo hari mu Bwongereza, ndagenda ndicara aho abantu bakuru bicara, tureba abahiga, ibihugu bifite intore za siporo zabisohokeye, zabyambarire rwose harimo n’u Rwanda, ibendera ndaribona ariko nabara abantu barimo ba siporo ahubwo umubare nsanga ni abayobozi, ni abakozi ba za minisiteri n’abandi babaherekeje.”

“Njye mu bayobozi nari nziko mpagije, icyari gisigaye cyari ukubona abantu bagiye muri siporo ariko umubare wari uhari 90% [ni abayobozi]. Mukwiye kubihindura.”

Impinduka mu miyoborere y’imikino

Perezida Kagame yanagarutse ku kibazo cy’amakipe ajya aserukira u Rwanda ntiyitabweho aho abakinnyi bafatwa nabi kandi atari uko habuze ubushobozi. Ibiheruka cyane ni ikibazo cy’abakinnyi ba Rayon Sports aho mu 2015 baraye ku ibaraza rya hotel mu Misiri ndetse Umukuru w’Igihugu yanavuze kuri Nyirarukundo Salome uheruka mu marushanwa muri Maroc, witabiriye amarushanwa menshi aheruka ariko nta bufasha yahawe.

Mu irushanwa ngarukamwaka ribera muri Maroc (Semi-Marathon International de Berkane-SMIB) uyu mukobwa yitabiriye muri Maroc, yegukanye umudali wa Zahabu.
Perezida Kagame yakomeje agira ati “ Nta kintu bamugejejeho.

Akagenda bakamuraza mu kibuga cy’indege akicwa n’inzara, adafite icyo arya na Minisiteri ntacyo yakurikiranye ngo imufashe […] izi nzego ndaza kuzimerera nabi,ibyo nabimenye kubera abanyamakuru babivuga.”

Ahandi Perezida Kagame yasabye ko hakorwa impinduka ni mu birebana n’ibikoresho byifashishwa mu mukino w’amagare aho hari ibikoresho byari bigenewe abakinnyi b’abanyarwanda ariko bikaza kwaka imisoro bigatuma abagombaga kubizana mu Rwanda babijyana ahandi.

Ibi nibyo yahereyeho avuga ko ababikoze bashobora kuba batumva intumbero y’igihugu mu ngeri zitandukanye. Yasabye abayobozi gufasha abifitemo impano zitandukanye kubongerera ubushobozi kugirango bave kurwego rumwe bajye kurundi twihute mu iterambere.

-6694.jpg

-6695.jpg

-6696.jpg

2017-05-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uwashimuswe n’ingabo za Congo akabohozwa na Kagame yiyemeje kuzamutora

Uwashimuswe n’ingabo za Congo akabohozwa na Kagame yiyemeje kuzamutora

Ubwanditsi 25 Jul 2017
Komite y’inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa

Komite y’inzego z’Iperereza n’Umutekano muri Afurika yahuriye mu nama I Addis Ababa

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Kenya amatora  ya Perezida agiye gusubirwamo

Kenya amatora ya Perezida agiye gusubirwamo

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Amafoto – Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa mbere w’irushanwa rya Basketball Africa League aho yahuraga na Rivers Hoopers yo muri Nigeria.

Amafoto – Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa mbere w’irushanwa rya Basketball Africa League aho yahuraga na Rivers Hoopers yo muri Nigeria.

Ubwanditsi 16 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: baratabariza Aimé Nzoyihera ufunzwe na leta
Amakuru

Burundi: baratabariza Aimé Nzoyihera ufunzwe na leta

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Ruhamiriza Jean Sauveur yatoranyijwe mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abakobwa cy’abaterengeje imyaka 19 mu mukino wa Basketball
Amakuru

Ruhamiriza Jean Sauveur yatoranyijwe mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abakobwa cy’abaterengeje imyaka 19 mu mukino wa Basketball

Ubwanditsi 03 Apr 2021
Uganda: Umuhungu wa Rujugiro arindiwe umutekano mu buryo bukomeye
ITOHOZA

Uganda: Umuhungu wa Rujugiro arindiwe umutekano mu buryo bukomeye

Ubwanditsi 10 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru