• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe

Nyamirambo: Abantu Bane Bamaze Gupfa Bazize kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe

Editorial 10 Jun 2017 ITOHOZA

Abantu bane batuye mu Murenge wa Rwezamenyo, mu Karere ka Nyarugenge, bamaze kwitaba Imana bazize inzoga ya Kanyanga bikekwa ko yari yashyizwemo alcool bogesha ibisebe.

Ejo ku wa Gatanu tariki ya 9 Kamena 2017, ni bwo aba bantu bane barimo umugore bitabye Imana bazize Kanyanga banyoye yari yasembujwe alcool ikoreshwa kwa muganga.

Abatangabuhamya bo muri aka gace bavuga ko inzoga yahitanye aba bantu abayenga bakoresha alcool bagura ahitwa muri Kazi ni Kazi.

Bavuga ko bamwe mu bazize iyi nzoga barimo umugore w’abana bane witwa Kampire Gaudance n’abasore batatu barimo uwitwa Claude na Jean Paul ndetse n’uzwi ku zina rya Yayu bose bakaba bari batuye mu Murenge wa Rwezamenyo.

Bemeza ko umubare w’abazize iyi nzoga ushobora kwiyongera bitewe n’uko benshi mu bayinyoye bajyanywe mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) bamerewe nabi.
Musaza wa Kampire Gaudance, witwa Nshimiyimna Robert, yatangaje ko ahangayikishijwe n’imibereho y’abana bane mushiki we yasize.

Yagize ati “Nibyo na mushiki wanjye yapfuye yishwe n’inzoga ya kanyanga yanyoye ku wa Kane, gusa njye mpangayikishijwe n’ubuzima bw’aba bana bane asize kubera ko nta mugabo yagiraga ndetse nanjye ubwanjye nkaba nta bushobozi mfite bwo kuba nabarera.”

-6900.jpg
Ubwo umunyamakuru yari ari gutara inkuru, muri ako kanya undi mugore na we wanyoye iyo kanyanga, yahise atangira kumererwa nabi ariko yanga ko abaturage bamujyana kwa muganga ahubwo asaba ko bamujyana mu bavuzi gakondo ngo kubera ko abantu bose bahajyanywe kwa muganga bahise bitaba Imana.
Abaturage bahise bamubeshya ko bamujyanye ku muvuzi gakondo birangira bamwerekeje ku bitaro bya CHUK.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Spt Hitayezu Emmanuel, yavuze ko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane icyaba cyishe aba bantu.

Yagize ati “ Kugeza ubu ntituremeza niba iyo nzoga banyoye ari yo yabishe kuko ntayo twasanze aho batuye cyangwa ho bivugwa ko bayinyweraga, ku buryo tugikora iperereza kugira ngo tumenye icyabishe kuko hari babiri bapfuye ku wa Kane abandi bapfa ejo ku wa Gatanu.”

2017-06-10
Editorial

IZINDI NKURU

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Mutimamuke wo mu Rutiba, uruviri ruvire mu nzira rutaravuza ubuhuha!

Editorial 17 Nov 2024
Uganda: Umuhungu wa Rujugiro arindiwe umutekano mu buryo bukomeye

Uganda: Umuhungu wa Rujugiro arindiwe umutekano mu buryo bukomeye

Editorial 10 Dec 2017
Twagiramungu yavuze rupfu rwe, yikoma Ikinyamakuru Rushyahya

Twagiramungu yavuze rupfu rwe, yikoma Ikinyamakuru Rushyahya

Editorial 02 Oct 2017
Inkoramutima za RNC gukurikira Bonabaana nyuma yuko ingabo zishiriye ku icumu muri DRC

Inkoramutima za RNC gukurikira Bonabaana nyuma yuko ingabo zishiriye ku icumu muri DRC

Editorial 10 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!
Amakuru

Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Editorial 28 Jan 2025
Paris : Inyandiko   zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi  zishobora gushyirwa ku karubanda
ITOHOZA

Paris : Inyandiko zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi zishobora gushyirwa ku karubanda

Editorial 14 Sep 2017
Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi
UBUKUNGU

Amerika yijeje u Rwanda inkunga ikomeye mu burezi n’ubuhinzi

Editorial 18 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru