• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Dore Tekinike Bamwe Muba Pasiteri Basigaye Bakoresha Kugirano Abakirisiu Babo Bature Amadorari Gusa

Dore Tekinike Bamwe Muba Pasiteri Basigaye Bakoresha Kugirano Abakirisiu Babo Bature Amadorari Gusa

Ubwanditsi 24 Jun 2017 Mu Rwanda

Ntawe utabona ko muri iki gihe amafaranga yabuze. Iyo uganiriye na bamwe mu banyarwanda bakubwira ko barya rimwe ku munsi, abandi bakakubwira ko bagabanije ingano y’ibyo baryaga kugira ngo bazigamire iby’ejo.

No mu nsengero hageze ibura ry’amafranga (Crise) ku buryo abapasiteri benshi bagenda bahindura uburyo basabamo abayoboke babo amafaranga ariko bakoresheje ubuhanga buhanitse.

Isange.com dukesha iyi nkuru yabateguriye inkuru yo kubaburira kugira ngo ejo mutazagushwa mu mutego wo kubeshywa hato aho mukazisanga mwatanze ibyanyu mu buryo mutari mwateguye mubeshywa ko murimo gukorera umugisha kandi murimo kwibwa.

Muri iki gihe hirya no hino mu nsengero ziyoborwa n’abapasiteri barangamiye ifaranga gusa batitaye ku buzima bw’abayoboke babo, hadutse Tekinike nshya yo kumvisha abayoboke babo ko bagomba gutura amadorali kuko ari cyo gitambo Imana ikeneye muri iki gihe. Kugira ngo babone umugisha wihariye, basabwa gutura amadorali kuko ngo nayo yihariye kurisha amafaranga y’amanyarwanda.

Muri bene aya matorero usanga icyitwa amafranga gishyirwa imbere kurusha ijambo ry’Imana riruhura ndetse rikiza imitima.

NI GUTE ABA BAPASITERI BABIGENZA?

Mu igenzura isange.com yakoze ndetse no mu biganiro yagiye igirana na bamwe mu badiyakoni bakoreshwa ubwo bujura, yasanze abapasiteri bajya gushaka amadorali menshi mu mazu akorerwamo ivunjisha bagasabayo amadorali kuva kuri 1$ kugeza ku 100$. Aya madorali bayazana ari menshi maze bakayakwirakwiza mu bakristo b’abizerwa kuri bo, bakumvikana ko mu gihe cyo gutura no kwitanga bazajya bahaguruka bakabanza kuvuga ko bo bitanze amadorali.

Aya madorali abashumba bayaguriza abo bakristo maze bakumvikana ko bayagarura mu cyibo cy’amaturo akongera kuba ayabo, n’ubutaha bikagenda bityo. Mu gihe cyo gutura, Pasiteri ahagarara ku ruhimbi agahamaraga abatura maze ba bandi yatije ya madorali bagatangira guhaguruka bayatanga ariko babanje kuvuga ko Imana yabategetse kujya batura mu madorali.

-7072.jpg

Icyo gihe Umushumba ahita ajya mu mwuka akavuga ko imigisha irutana, maze agashitura abaje gusenga batazi uburyo umukino uba wateguwe, uwo munsi bagatura amafaranga y’amanyarwanda ariko bagataha bahiga ko ubutaha nabo bazazana amadorali kugira ngo umugisha bakorera wikube kenshi.

-7071.jpg

Nguko uko abantu bajyanwa mu gutanga amaturo mu madorali babeshywa umugishwa udasanzwe ariko bakibagirwa ko Yesu yigeze gushimira umukecuru wigeze gutura urumiya rumwe bitewe n’ubushobozi yaje afite mu nzu y’Imana.

2017-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingengo y’imari ya 2017/2018 yiyongereyeho miliyari 140.7 Frw

Ingengo y’imari ya 2017/2018 yiyongereyeho miliyari 140.7 Frw

Ubwanditsi 08 Jun 2017
Umubare w’abamaze kwicwa mu Burundi ugomba kuba koko usaga 1000

Umubare w’abamaze kwicwa mu Burundi ugomba kuba koko usaga 1000

Ubwanditsi 05 May 2016
Dr Donald Kaberuka, yagizwe umuyobozi w’akanama k’igihugu cya Tanzania

Dr Donald Kaberuka, yagizwe umuyobozi w’akanama k’igihugu cya Tanzania

Ubwanditsi 20 Aug 2016
Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0

Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0

Ubwanditsi 18 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.
Amakuru

Perezida Filipe Nyusi wa Mozambike yishimiye abasirikari n’abapolisi b’u Rwanda boherejwe kubungabunga amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, yamagana abo iki gikorwa cyateye ishyari n’ikimwaro.

Ubwanditsi 13 Jul 2021
Perezida wa Somalia ashaka ibiganiro na Al Shabaab
POLITIKI

Perezida wa Somalia ashaka ibiganiro na Al Shabaab

Ubwanditsi 08 Mar 2018
U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha
Mu Rwanda

U Rwanda na Congo Brazzaville bigiye gutangira guhererekanya abanyabyaha

Ubwanditsi 14 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru