• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu

Ukuntu Perezida wa Green Party yanga abamuvuga ibyo adashaka atowe yavamo umunyagitugu

Ubwanditsi 12 Jul 2017 POLITIKI

Umuyobozi w’ishyaka Green Party ni umwe mu bantu batatu NEC yemeje kuzahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora ataha ariko ukuntu amaze kwigaragaza nk’umuntu wanga abamuvugaho ibyo atifuza, aramutse atowe yavamo umunyagitugu mubi!

Habineza Frank kutihanganira abamuvugaho ibyo atifuza kumva bimaze no kumugaragaza yuko ari umuntu ukunda imanza, bitandukanye n’amahame yakabaye agenderaho ya Demokarasi kuko ishyaka rye ryitwa Democratic Green Party of Rwanda !

Reka tureke kujya inyuma mu manza Habineza yari afitanye n’abantu nka nyakwigendera Muganwa Andrew Sendora wamushinjaga yuko yabambuye iryo shyaka ryamutanzeho kandida Perezida, twibande ku manza Habineza ubwe yitangirije nyuma y’aho atangiye kandidatire yo kuziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu.

Izo manza ntahandi zishingiye uretse gusa yuko ngo Habineza yavuzwe ibitaribyo, bamwe bavuga yuko atashobora kuzatsinda amatora naho undi akavuga yuko nta kindi akwiriye kuyobora uretse ingagi zo mu ishyamba !

Uwambere Frank Habineza yikomye kubera kumuvugaho ibyo atifuzaga kumva ni Dr. Kayumba Cristopher, umwarimu n’umushakashatsi muri kaminuza y’u Rwanda akaba yaranabaye umunyamakuru w’igihe kirekire hano mu gihugu, akaba anacyandikira The East African.

Mbere yuko NEC yemeza kandidatire ya Habineza, Kayumba Christopher yagiranye ikiganiro na Family TV avuga yuko n’ubwo umuyobozi wa Green Party yateka ibuye rigatota mu matora adashobora gutsinda umukandida wa RPF, Paul Kagame.

-7170.jpg

Dr Kayumba Christophe

Kayumba yavuze yuko Kagame afite ibintu bifatika abwira abantu bigatuma koko bamutora. Ngo Kagame yabwira abantu yuko yahagaritse jenoside ubu igihugu kikaba kiri mu mahoro n’iterambere ntangarugero, abantu bakabyumva. Ati Frank Habineza azabwira iki abantu ? Kayumba yakomeje avuga yuko ishyaka rye, nta mateka rifite hano mu gihugu kuko rikiri rito, akaba atarumva Habineza atanga umurongo ngenderwaho w’ibyo azamarira abaturage ngo kuburyo baheraho bamutora. Kayumba akanzura avuga yuko mu matora Habineza aramutse abonye 1 % byaba ari igitangaza.

-7169.jpg

Habineza Frank

Aho kugira ngo Habineza afate ayo magambo ya Kayumba nk’ibitekerezo by’umuntu, yamuteye uburakari akwirakwiza inyandiko zivuga yuko nta kindi yari agamije uretse gusa kumusenya ngo agamije gukorera kampanye umukandida wa RPF, Paul Kagame.

Ntabwo Habineza yarekeye aho ahubwo yagiye gutanga ikirego muri komisiyo y’amatora (NEC) !

NEC yashubije Habineza yuko ikirego cye kitashyize mu gaciro. Icya mbere n’uko yari ataraba umuntu wa NEC kuko kandidatire ye yari itaremezwa, naho icya kabiri kikaba yuko ibibazo nk’ibyo byo mu itangazamakuru bitwarwa mu nzego z’itangazamakuru zibishinzwe, yari kujya muri Rwanda Media Commission. Kuba umuntu wiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu atazi aho ibirego bitwarwa nacyo ni ikibazo.

Ariko ibyo Chistophera Kayumba yavuze ni irivugwa na benshi ku buryo bitari gutuma Habineza amwijundika kandi bari abantu basanzwe bafite imikoranire. Ntabwo wica Gitera ahubwo wica ikibimutera.

Ngabitsinze Jean Chrysostome ni umunyamabanga Mukuru w’ishyaka PSD, rimaze imyaka 25 muri politike z’u Rwanda. Mu kiganiro kuri RBA nawe yunze mu rya Christpher abwira Habineza yuko mu matora byamugora kubona n’ijwi 1%.

Yamubwiye yuko kubona amahirwe nk’ayo yo kwiyamamaza ari byiza kuko akiri muto, amwereka yuko ibyo kuba yatsinda bitarimo ahubwo byamufasha, we n’ishyaka rye kumenyera ibya politike. Ibi ni nabyo Muganwa Gonzag, umunyamabanga mukuru w’ishyirahamwe ry’abanyamakuru, yavuze muri icyo kiganiro, aho kugira ngo Habineza yumve irivuzwe na benshi ahubwo akarakara nk’imbogo yakomerekejwe !

Undi ubu Habineza yijunditse ni uwitwa Chantal Rauch uherutse kwandika kuri Facebook yuko Habineza asa nk’igagi, akwiriye kuba Perezida wazo aho gushaka kuba Perezida w’Abanyarwanda. Ayo magambo ya Chantal yarakaje Habineza ubu akaba ashaka uburyo yamufungisha !

-7168.jpg

Frank Habineza

Nta muntu utazi yuko Habineza atari ingagi ku buryo yaba Perezida wazo, kuko zitanabimutorera. Niba Habineza adasa nk’ingagi, ntabwo azasa nkazo ngo n’uko Chantal yabivuze. Gutakaza umwanya munini rero ahangana n’abamuvuga bigaragaza yuko koko atarakura muri politike, atanakwiye kuba yayobora igihugu.
Ukuntu Perezida w’u Burundi n’imbonerakure bahora batuka Kagame, bamwita ibyo bashatse, iyo azakuba afite imitekerereze nk’iya Habineza u Rwanda ruba rwararangije kugaba ibitero kuri icyo gihugu bituranyi. Habineza n’atiga kwihanganira abamunenga ndetse n’abamusebya ntaho azapfa yigejeje muri politike !

Casmiry Kayumba

2017-07-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mbere y’uko usohoka mu nzu ntunatekereza ngo ngiye hanze gukora iki? – Perezida Kagame

Mbere y’uko usohoka mu nzu ntunatekereza ngo ngiye hanze gukora iki? – Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Perezida Kagame na Madamu batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Côte d’Ivoire

Perezida Kagame na Madamu batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Côte d’Ivoire

Ubwanditsi 20 Dec 2018
Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Aho kwica kuluna(mayibobo) zo mu muhanda, wakwica kuluna ziyobora Kongo kuko ari zo zoretse igihugu”- Abasesenguzi

Ubwanditsi 20 Jan 2025
Perezida wa Guinea, Alpha Condé yasabye bagenzi be kwitandukanya n’u Bufaransa

Perezida wa Guinea, Alpha Condé yasabye bagenzi be kwitandukanya n’u Bufaransa

Ubwanditsi 21 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubwanditsi 24 May 2018
Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yasubitswe kubera Koronavirusi.
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru yasubitswe kubera Koronavirusi.

Ubwanditsi 17 Jun 2021
Umunya-Eritrea Biniam Girmay yegukanye agace Karongi-Musanze
IMIKINO

Umunya-Eritrea Biniam Girmay yegukanye agace Karongi-Musanze

Ubwanditsi 28 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru