• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira abo bahatanaga ko ‘bagerageje’

Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira abo bahatanaga ko ‘bagerageje’

Ubwanditsi 05 Aug 2017 Mu Rwanda

Amajwi y’ibanze angana na 80% y’abatoye mu itora rya Perezida wa Repubulika, arerekana ko Paul Kagame ari imbere y’abo bari bahanganye aho mu majwi y’abanyarwanda 5.498.414 amaze kubarurwa, yagize 98.66%.

Abandi bari bahanganye na Paul Kagame, Mpayimana Philippe yagize 0.72% naho Habineza Frank agira 0.45%.

Perezida wa Komisiyo y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, nyuma yo kuvuga aya majwi y’ibanze yagize ati “Twavuga ko afite [Paul Kagame] amahirwe yo kuzakomeza kuba uwa mbere akaba azatsindira uyu mwanya wa Perezida wa Repubulika muri manda itaha. Ibyo rero tukaba tuzabihamya ejo.”

Paul Kagame umaze imyaka 17 ayobora u Rwanda, ni nawe wahabwaga amahirwe ugereranyije n’uburyo ibihumbi by’abanyarwanda bagiye bitabira ibikorwa bye mu gihe cyo kwiyamamaza.

Paul Kagame wamaze gutsinda amatora ubu ari gushimira abamuherekeje mu rugendo rwo kwiyamamaza

Ashimiye abikorera batanze umusanzu watumye amatora ashoboka akagenda neza ndetse n’umuryango we wamubaye hafi.
Ashimiye kandi abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bagize uruhare kumwamamaza no kumutora, by’umwihariko itsinda ry’urubyiruko ryari mu bikorwa byo kumwamamaza mu gihugu hose.

Mu bandi bagize uruhare muri aya matora harimo abahanzi basusurutsaga abitabiriye ibikorwa byo kumwamamaza, ndetse n’abanyamakuru bamenyekanishaga ibyo bikorwa bakoresheje uburyo bwose burimo n’imbuga nkoranyambaga.
Ati” Ndi hano kuko nubahirije ibyo nasabwe namwe, ndetse uyu munsi bikaba bigaragara ko mwabyemeje muri aya matora.”

Yakomeje agira ati” Iyi myaka irindwi ni iyo gukomeza kwita ku Banyarwanda no gukemura ibibazo byabo cyane cyane ko duharanira kutaba ikindi kintu usibye kuba Abanyarwanda ba nyabo, bagana mu iterambere”.

Ni intsinzi yari yarahanuwe

Mu kwiyamamaza, Perezida Kagame yakunze kugaragaza ko nta cyatuma ategukana intsinzi, anashingiye ko ku kwiyamamaza kwe kuri iyi manda ya gatatu byatewe n’abaturage babanje gusaba guhindura Itegeko Nshinga mu Ukuboza 2015.

Hari nk’aho yagize ati “Abajya gutega muri aya matora ngo babaze ngo ariko ninde uzatsinda, byo mwabirangije kera. Abajya gutega bakanyuranya n’ibyo bakwiriye kuba babona, abo amafaranga yabo aragiye.”

Perezida Kagame ashimwa kubera umusanzu we mu kubohora igihugu aho yemeraga kureka amashuri ye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akagaruka mu Rwanda kugira ngo arwanire gukura igihugu mu maboko y’ubutegetsi bubi.

Kuva mu 2000 yajya ku butegetsi mu gihe cy’inzibacyuho cyarangiye mu 2003, na nyuma yaho muri manda ebyiri yatorewe, yashyize u Rwanda ku rundi rwego mpuzamahanga ku buryo kugeza ubu ruza ku isonga mu bintu bitandukanye uhereye ku kuba ari igihugu gitekanye, gifite isuku, kizamura imibereho myiza y’abaturage umunsi ku wundi.

Kuva mu 2013, ibihumbi by’abanyarwanda mu bice bitandukanye by’igihugu batangiye kuvuga urukundo bakunda Perezida Paul Kagame bitari urwo umuntu akunda undi ahubwo rushingiye ku iterambere amaze kugeza ku gihugu nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyo gihe Itegeko Nshinga ryagenaga ko Perezida wa Repubulika atorerwa manda y’imyaka irindwi ishobora kongerwa rimwe. Bisobanuye ko nta muntu washoboraga kuyobora u Rwanda imyaka irenze 14. Gusa nyuma y’ubusabe bw’abaturage basabye ko iyo ngingo ya 101 ivugururwa kugira ngo Kagame yongere kwiyamamaza, mu 2015 habaye amatora ya referendumu birangira abangana 98.3% batoye ‘YEGO’.

-7474.jpg

Perezida Paul Kagame

2017-08-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu burundi:   Abagabo babiri bigeze kuyobora u Burundi   bashobora guhitanwa na Nkurunziza mu minsi yavuba

Mu burundi: Abagabo babiri bigeze kuyobora u Burundi bashobora guhitanwa na Nkurunziza mu minsi yavuba

Ubwanditsi 16 Feb 2016
Kigali: Umugabo wari wambaye imyenda ya gisirikare yarashwe akekwaho kwiba imashini zizwi nk’ibiryabarezi

Kigali: Umugabo wari wambaye imyenda ya gisirikare yarashwe akekwaho kwiba imashini zizwi nk’ibiryabarezi

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Amagambo atangaje ya Twagiramungu  ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Amagambo atangaje ya Twagiramungu ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Ubwanditsi 13 Aug 2017
Imyigaragambyo yari yateguwe muri Tanzania ntiyabaye abantu bariruhutsa

Imyigaragambyo yari yateguwe muri Tanzania ntiyabaye abantu bariruhutsa

Ubwanditsi 01 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Heroes FC irakira  Gasogi United, Bugesera FC isure Kaminuza y’u Rwanda mu ijonjora ribanza ry’igikombe cy’Amahoro 2022
Amakuru

Heroes FC irakira  Gasogi United, Bugesera FC isure Kaminuza y’u Rwanda mu ijonjora ribanza ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 16 Mar 2022
NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara  mu Rwanda kuri uyu wambere”
ITOHOZA

NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara mu Rwanda kuri uyu wambere”

Ubwanditsi 23 Jan 2017
FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo
Amakuru

FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

Ubwanditsi 16 Dec 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru