• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

  • Amatike y’umunsi wa kabiri w’igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 King James amaze akroa umuziki yamaze kujya hanze   |   01 Jun 2026

  • Ben Rutabana yongeye kuvugisha amangambure Jean Paul Turayishimye na Serge Ndayizeye   |   01 Jun 2026

  • Uwigize General mu nterahamwe Mutayomba yakomerekeye bikomeye mu mirwano na M23   |   01 Jun 2026

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko kwirinda kuyobywa na ba mpemuke ndamuke   |   31 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente yahererekanyije ububasha na Murekezi

Ubwanditsi 01 Sep 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente Edouard, yahererekanyije ububasha na Murekezi Anastase yasimbuye.

Mu ihererekanyabubasha ryabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, Murekezi wagizwe Umuvunyi Mukuru yavuze ko yizeye ko ubunariribonye n’ubushobozi bwa Dr Ngirente bwanamugejeje muri Banki y’Isi, buzanamufasha gusohoza neza inshingano yahawe.

Dr Ngirente yakomeje avuga ko azihatira gukorana n’abandi baba abo asanze mu biro bya Minisitiri w’Intebe ndetse n’abandi bakora mu zindi nzego.

Yagize ati “Ibyo waba uzi byose hatari ubufatanye ntacyo wageraho. Icyo nzubakiraho cyane ni ubufatanye haba hano no mu zindi nzego.”

“Ndashimira Umukuru w’igihugu wangiriye icyizere kandi nk’uko nabimusezeranyije imbaraga zose mfite nzazikoresha nkorera igihugu cyambyaye.”

Minisitiri w’Intebe ucyuye igihe Anastase Murekezi yavuze ko ari ishema kuba asimbuwe na Dr Ngirente yise ‘umuhanga kandi w’umukozi, ufite imbaraga’

Murekezi yavuze ko afitiye icyizere Dr Ngirente w’imyaka 44, ati “Ni ishema kuba u Rwanda rugenda rubona abana barwo b’abanyabwenge kandi biteguye kurukorera. Ni ishema kuba abantu bagenda bakabona abandi babasimbura…dufite amahirwe yo kugira Minisitiri w’Intebe ufite imyaka 44, ni umwanya wo gukora.”

Murekezi yakomeje agira ati “Muzi ko nkunda kwiyoroshya no kumva abandi ariko nasanze indangagciro nshyira imbere na we arizo ashyira imbere akongeraho n’ibindi byihariye.”

Dr Ngirente Edouard yavukiye ahitwa Mbirima na Matovu mu Kagari ka Mbilima mu Murenge wa Coko ho mu Karere ka Gakenke.Yari Umujyanama w’Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Banki y’isi i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uretse Minisitiri w’Intebe, hanehererekanyijwe ububasha hagati ya Stella Ford Mugabo wari ushinzwe imirimo y’inama y’abaminisitiri na Kayisire Marie Solange wamusimbuye. Uwari umuyobozi Mukuru mu biro bya Minisitiri w’Intebe Kampeta Sayinzoga yahaye ububasha Uwamariya Odette wamusimbuye.

Kayisire yavuze ko imirimo yahawe ari mishya ariko ko yijejwe ubufatanye n’abakozi asanze. Ati “Kuri njye byose ni bishya ariko uwo nsimbuye yambwiye ko ngiye gukorana n’abantu beza, iyo ukorana n’abantu beza na we uri mwiza nta kibananira.”

Uwamariya Odette yavuze ko umwanya yahawe ari kubw’icyizere yakomeje kugirirwa inshuro nyinshi kandi ari n’igihango afitanye na Perezida Kagame, ngo ntabwo ateze gutatira icyo gihango.

Yavuze ko ari ubwa mbere agiye gukora mu biro bya Minisitiri w’Intebe ariko ko azemera abo asanze bakamuhugura mubyo adasobanukiwe.

Kampeta Sayinzoga yahawe kuba Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’ubushakashatsi n’iterambere ry’inganda (NIRDA), naho Stella Ford Mugabo nta wundi mwanya yahawe.

-7824.jpg

Dr Ngirente afite umugore n’abana babiri.

-7826.jpg

-7825.jpg

Minisitiri w’Intebe mushya, Dr Ngirente Edouard, yahererekanyije ububasha na Murekezi Anastase yasimbuye

2017-09-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Ubwanditsi 29 Mar 2021
Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Ubwanditsi 29 Oct 2021
Rayon Sports yahagaritse umutoza wayo Masudi Djuma azira umusaruro muke, iyi kipe ikaba yahawe Lomami Marcel wari umwungirije

Rayon Sports yahagaritse umutoza wayo Masudi Djuma azira umusaruro muke, iyi kipe ikaba yahawe Lomami Marcel wari umwungirije

Ubwanditsi 07 Dec 2021
Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Miss Kundwa Doriane yanenzwe kwipfumuza izuru

Ubwanditsi 16 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15
Amakuru

France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15

Ubwanditsi 15 Dec 2021
Meddy yasobanuye byinshi ku ndirimbo “Ntawamusimbura” bamushinja gushishura ndetse anagira n’icyo avuga ku kuza i Kigali
SHOWBIZ

Meddy yasobanuye byinshi ku ndirimbo “Ntawamusimbura” bamushinja gushishura ndetse anagira n’icyo avuga ku kuza i Kigali

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi
Amakuru

Abasifuzi bagaragaweho amakosa y’imisifurire bahanwe na FERWAFA, barimo n’abayoboye umukino wahuje Rayon Sports na Etoile de l’Est wagaragayemo gusimbuza incuro nyinshi

Ubwanditsi 02 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru