• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Paris : Inyandiko zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi zishobora gushyirwa ku karubanda

Paris : Inyandiko zagizwe ibanga n ‘ Ubutegetsi bwa Mitterand kuri Jenoside y’Abatutsi zishobora gushyirwa ku karubanda

Ubwanditsi 14 Sep 2017 ITOHOZA

Kuri uyu wa Gatanu, itariki 15 Nzeri, ku isaha ya saa yine za mu gitondo, nibwo hamenyekana niba inyandiko zose z’ibyaranze ubutegetsi bwa perezida Francois Mitterand ku Rwanda zizashyirwa ahagaragara cyangwa zigakomeza kugirwa ibanga.

Aha nibwo Inama y’Igihugu ishinzwe itegeko nshinga mu Bufaransa izatangariza niba uwasigiwe kubika izi nyandiko witwa Dominique Bertinotti, afite uburenganzira bwo kwanga cyangwa kwemera ko izi nyandiko zishyirwa ahagaragara.

Ni nyuma y’uko hari umushakashatsi mu bugenge, ukorana n’ishyirahamwe Survie ndetse wananditse igitabo ‘Sabre et de la machete’ witwa François Graner wakomeje kotsa igitutu ubuyobozi bw’igihugu cye abusaba gushyira izi nyandiko ahagaragara uruhare rw’igihugu cye muri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda rukajya ahagaragara byaba ngombwa kigasaba imbabazi.

Uyu mushakashatsi rero mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa RFI dukesha iyi nkuru, akaba yavuze ko gukomeza guhisha izi nyandiko ari bimwe mu bituma igihugu cye gikomeza gukekwaho uruhare rukomeye mu byabaye mu Rwanda kuva mu 1990 kugeza mu 1994.

Ikibazo cya mbere yabajijwe, ni ugusobanura aho gushyira izi nyandiko ku mugaragaro bigeze nyuma y’uko mu 2015 perezida François Hollande yari yijeje ko izo nyandiko z’u Bufaransa zijyanye na jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda zigomba gushyirwa ahagaragara.

Mu gusubiza iki kibazo, Graner avuga ko perezida Hollande koko yabisabye mbere y’impera za 2015 ariko umwaka wa 2016 ukaba wararangiye ntagikozwe, ndetse ngo izi nyandiko zikaba zishobora no gukomeza kugirwa ibanga kuko ngo mu Bufaransa ari nk’umuryango ufite amaserire abiri atandukanye n’imfunguzo zibitswe n’abantu babiri batandukanye.

-7966.jpg

François Graner

Kimwe, ngo n’uko ibyo perezida Hollande yavugaga ari amabanga y’umutekano w’’igihugu. Ikijyanye n’igisirikare cyose kikaba gifitanye isano n’umutekano w’igihugu. Mu gihe rero perezida Hollande yakuyeho imbogamizi zijyanye n’umutekano w’igihugu, ngo inyandiko zijyanye n’ibikorwa by’umukuru w’igihugu nazo zifite imfunguzo zazo zihariye kandi inyandiko zigaragaza ibikorwa bya Mitterand ntibyemewe gufungurwa mbere y’imyaka 50 keretse bisabwe. Ubwo uwasabwa ni inde? Nta wundi ni madamu Dominique Bertinotti wahawe uburenganzira bwo kurinda izo nyandiko. Ibi ngo bikaba bisobanuye ko nubwo iserire ya mbere yafunguwe, iya kabiri idafunguwe ntacyo byatanga.

Ku kijyanye n’iyi serire ya mbere perezida Hollande yafunguye, Graner yabajijwe niba yarabashije kubona ku nyandiko z’inzego z’ubutasi z’u Bufaransa zizwi nka DGSE, asubiza ko igice kimwe cy’inyandiko yabashije kukibona nk’uruhare rwa operation Turquoise mu byabaye mu Bisesero hagati y’itariki 27 na 30 Kamena 1994, aho Abatutsi bari barokotse bishwe ingabo z’u Bufaransa zikanga gutabara.

Ngo icyagaragaye ni uko igisirikare cy’u Bufaransa cyari cyizi ibyari kuba, kandi ngo mu nyandiko yabashije kubona za DGSE nuko inzego zo hejuru mu Bufaransa zahabwaga amakuru umunsi ku munsi. Abavugwa bagiye bahabwa aya makuru akaba ari Amiral Lanxande wari umugaba w’ingabo na Gen. Quesnot, wari umujyanama mu bya gisirikare wa perezida Mitterand.

Graner yabajijwe niba uyu mugore wasigiwe kurinda izi nyandiko yaba yimana inyandiko za Mitterand ku birebana n’u Rwanda ariko izindi akaba azitanga, asubiza ko ari ko bimeze, abazwa niba byakumvikanisha ko hari ibintu biri guhishwa, asubiza agira ati: “Simbizi, ariko birumvikana ibyo bituma habaho gukemanga kandi nta kindi byazana bitari umwiryane twifuza kurangirisha akazi k’amateka, akazi k’amateka kimbitse.”

Yabajijwe kandi umubare w’amapaje agize inyandiko z’ibikorwa bya perezida Mitterand ku Rwanda, asubiza ko ari paji zikabakaba 10,000 zigizwe n’igice cya Mitterand n’iz’abahoze ari abajyanama be ku bikorwa by’ingabo z’u Bufaransa mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

2017-09-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukobwa wa Armando Guebuza wahoze ayobora igihugu cya Mozambique yishwe arashwe n’umugabo we

Umukobwa wa Armando Guebuza wahoze ayobora igihugu cya Mozambique yishwe arashwe n’umugabo we

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Inkomoko y’amafoto ya Diane Rwigara yambaye ubusa

Inkomoko y’amafoto ya Diane Rwigara yambaye ubusa

Ubwanditsi 11 May 2017
Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Ubwanditsi 09 May 2023
Papa Francis yogeje anasoma ibirenge by’imfungwa 12

Papa Francis yogeje anasoma ibirenge by’imfungwa 12

Ubwanditsi 17 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo afunzwe akurikiranyweho kunyereza imisoro irenga miliyoni 861
Mu Mahanga

Umugabo afunzwe akurikiranyweho kunyereza imisoro irenga miliyoni 861

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Abanyarwanda baba mu Bubiligi basabanye mu cyo bise ‘Rwanda Night’
IMIKINO

Abanyarwanda baba mu Bubiligi basabanye mu cyo bise ‘Rwanda Night’

Ubwanditsi 17 Oct 2016
Nigeria: Abantu 31 baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi
HIRYA NO HINO

Nigeria: Abantu 31 baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi

Ubwanditsi 18 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru