• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Madamu Jeannette Kagame yasangije amateka ya Jenoside abatabiriye Inteko rusange ya Loni

Madamu Jeannette Kagame yasangije amateka ya Jenoside abatabiriye Inteko rusange ya Loni

Ubwanditsi 19 Sep 2017 POLITIKI

Madamu Jeannette Kagame yasangije bimwe mu byaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda abitabiriye Inteko rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye(UN) iri kubera i New York.

Nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Madamu Jeannette Kagame binyuze kuri Twitter, yatanze ikiganiro ku kibazo cy’ihungabana n’ubuhezanguni mu birori bishamikiye ku nteko rusange ya UN byateguwe na ‘Global Hope Coalition’; Umuryango wiyemeje gutera ingabo mu bitugu abantu barwanya iterambona n’ihoterwa hirya no hino ku Isi.

-7988.jpg

Madamu Jeannette Kagame ageza ijambo ku bari bateraniye mu nama ya Global Hope Coalition muri Amerika ahari kubera Inama y’Umuryango w’Abibumbye ku nshuro yayo ya 72 (Ifoto/ Imbuto)

-7989.jpg

Bamwe mu bari bateraniye muri iyo nama, bakurikirana ijambo rya Jeannette Kagame

Muri icyo kiganiro, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko Isi itarabonera umuti urambye ikibazo cy’ubuhezanguni, yagize ati ” Isi yacu iri mu rungabangabo rwo kwita uko bikwiye ku buhezanguni, nk’uko byagaragajwe n’ihohoterwa mu baturanyi bacu n’ahandi.”

Madamu Jeannette Kagame yakomeje abwira abari bamukurikiye mu kiganiro cy’amateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu myaka 23 ishize; ibintu yahuje n’ubuhezanguni bwari bugamije kurandura uruhande rumwe rw’Abanyarwanda.

Ati “Hapfuye abarenga miliyoni, ibihumbi by’abagore bafatwa ku ngufu, banduzwa virus itera SIDA” byakurikiwe, “n’ibihumbi by’abapfakazi, imfumbyi, abagera muri miliyoni ebyiri bisanga mu buhunzi.”

Madamu Jeannette Kagame yasoje ikiganiro cye avuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Abanyarwanda bataheranwe n’agahinda ahubwo ko baharaniye kwihesha agaciro no kwiyubaka.

Ati “Nyuma ya Jenoside twagombaga gushyiraho uburyo budufasha twese kongera gusubirana agaciro n’imbaraga, hanyuma imvugo ‘ Never again (Ntibizongera ukundi)’ tukayigira impamo.”

Mu nteko rusange ya UN igikomeje kuba, biteganyijwe ko Madamu Jeannette Kagame azitabira inama y’Umuryango w’abagore b’abakuru b’ibihugu bya Afurika urwanya Sida (OAFLA) watangijwe mu mwaka wa 2002 ugamije kuvuganira no gushakira inkunga ababana n’ubwandu bwa virus itera SIDA muri Afurika.

Inteko rusange ya UN ya 72 yatangiye tariki ya 12 Nzeli 2017 ikaba izasozwa nyuma y’iminsi 13, nk’uko bigaragara ku rubuga rwa murandasi rwa UN ibihugu 193 byose bigize uyu muryango biri kwigira hamwe ingingo zikomeye zihangayikishije abatuye Isi zirimo iterambere, amahoro, umutekano, amategeko mpuzamahanga n’ibindi.

-7990.jpg

Umuyobozi mukuru wa UNESCO Irina Bokova wari witabiriye iyo nama nawe avuga ijambo

2017-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarwanyi 44 ba FDLR n’imiryango yabo bahawe igihe ntarengwa cyo kuba batashye mu Rwanda

Abarwanyi 44 ba FDLR n’imiryango yabo bahawe igihe ntarengwa cyo kuba batashye mu Rwanda

Ubwanditsi 27 Apr 2018
Minisitiri w’Intebe yakiriye ubwegure bwa Dr. Isaac Munyakazi na Evode Uwizeyimana

Minisitiri w’Intebe yakiriye ubwegure bwa Dr. Isaac Munyakazi na Evode Uwizeyimana

Ubwanditsi 07 Feb 2020
“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Ubwanditsi 29 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, akomoza  ku gahinda ababyeyi baterwa n’ibiyobyabwenge mu bana
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasoje Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, akomoza ku gahinda ababyeyi baterwa n’ibiyobyabwenge mu bana

Ubwanditsi 19 Dec 2017
Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23
Amakuru

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Ubwanditsi 16 Feb 2023
Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri
HIRYA NO HINO

Umwiherero: Abayobozi bakuru bazindukiye mu myitozo ngorora-mubiri

Ubwanditsi 09 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru