• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Sheebah Karungi yatangaje ko yabyinnye Ikimansuro mu tubari igihe kitari gito hano mu Rwanda

Sheebah Karungi yatangaje ko yabyinnye Ikimansuro mu tubari igihe kitari gito hano mu Rwanda

Ubwanditsi 23 Sep 2017 Mu Rwanda

Umuhanzikazi Sheebah Karungi wo muri Uganda, yemereye itangazamakuru ko mbere y’uko aba umuhanzi yabanje gukora akazi ko kubyina mu bubari butandukanye bwo mu Rwanda.

Ibi yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye kuri Marriot Hotel, ubwo we na mugenzi we Run Town baganiraga n’itangazamakuru ku gitaramo bazahuriramo kuri uyu wa 23 Nzeri 2017.

Ubwo umunyamakuru yabaza Sheebah niba amakuru yakunze gutangwamo ubuhamya na benshi, bemeza ko uyu muhanzi yabaye umubyinnyi wo mu kabari mbere y’uko aba umuririmbyi, ntakuzuyaza uyu muhanzi yahise ahamya ko yabikoze ndetse ko abyishimira.

Yagize ati “Nibyo nabanje kuba umubyinnyi mu Rwanda mbere y’uko mba umuririmbyi, kandi ndabyishimira ni kimwe mu byatumye mba uwo ndiwe, navuye mu Rwanda ntacyo ndicyo nishimiye kuhagaruka ndi icyamamare”.

Kugeza ubu Sheebah ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Uganda. Akaba ari bukorere ibitaramo mu Rwanda, afatanyije na RunTown umunya Nageria, waje mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 22 Nzeri 2017, mu gitaramo agomba gukorera mu mujyi wa Kigali afatanyije n’abandi bahanzi nka Sheebah Karungi kimwe n’abahanzi nyarwanda nka Bruce Melody, Active na Charly na Nina.

-8079.jpg

Uyu muhanzi w’icyamamare muri Nigeria ubwo yabazwaga ikintu yabonye cyiza kurusha ibindi mu Rwanda kuva ageze ku kibuga cy’indege i Kanombe, aha ntakujijinganya yahise agira ati” Abakobwa beza nasanze ku kibuga cy’indege (aseka)” Iri jambo ryakurikiwe n’amashyi y’urufaya abanyamakuru bamuhaye.

Igitaramo cy’aba bahanzi cyatewe inkunga na Airtel kimwe na Mutzig y’ikinyobwa cya Bralirwa. Iki gitaramo kiraba uyu munsi tariki 23 Nzeli 2017 kibere i Remera muri Parking ya Stade Amahoro, kwinjira akaba ari 5000Frw, 10,000Frw, 25,000Frw na 400,000Frw.

-8077.jpg

-8078.jpg

Imwe mu ndirimbo za Sheebah Karungi [ VIDEO ]


2017-09-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tour du Rwanda : Gicumbi, Meya Yeguye nta n’icyumweru aramara ku buyobozi

Tour du Rwanda : Gicumbi, Meya Yeguye nta n’icyumweru aramara ku buyobozi

Ubwanditsi 01 Jun 2018
Itariki Ntakuka Perezida Kagame azarahiriraho gukomeza kuyobora u Rwanda yamaze kumenyekana

Itariki Ntakuka Perezida Kagame azarahiriraho gukomeza kuyobora u Rwanda yamaze kumenyekana

Ubwanditsi 15 Aug 2017
Video: Netanyahu yashimiye Kagame ko yahagaritse Jenoside

Video: Netanyahu yashimiye Kagame ko yahagaritse Jenoside

Ubwanditsi 11 Jul 2017
Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Ubwanditsi 31 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tariki 26 Gicurasi 1994 : Mobutu yashatse ko MINUAR igenzura Ikibuga cy’indege cya Kanombe
Mu Rwanda

Tariki 26 Gicurasi 1994 : Mobutu yashatse ko MINUAR igenzura Ikibuga cy’indege cya Kanombe

Ubwanditsi 26 May 2018
Ntamuhanga Cassien  watorotse gereza yagaragaye i Kampala muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ntamuhanga Cassien watorotse gereza yagaragaye i Kampala muri Uganda

Ubwanditsi 13 Dec 2017
U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Uganda na Maroc muri CHAN 2020
IMIKINO

U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Uganda na Maroc muri CHAN 2020

Ubwanditsi 18 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru