• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Nicolas Sarkozy yarezwe muri ICC kubera uruhare mu rupfu rwa Col Gaddafi

Nicolas Sarkozy yarezwe muri ICC kubera uruhare mu rupfu rwa Col Gaddafi

Ubwanditsi 09 Oct 2017 ITOHOZA

Impirimbanyi z’abantu ku giti n’imiryango itegamiye kuri leta bose hamwe bagera kuri cumi na batanu barimo “Y en a marre” na “le Balai citoyen” bahuriye i Bamako muri Mali barema ihuriro nyafurika riharanira ukwigenga k’uyu mugabane.

Iryo huriro nyafurika ry’imiryango itari iya leta (Fispa) rigizwe n’urubyiruko rw’impirimbanyi ruvuga ko rufite intego yo kurengera Afurika, demokarasi, agaciro n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, nk’uko RFI yabitangaje.

Elie Kamano ukomoka muri Guinée, yasobanuye ko kuri uyu wa Gatandatu aribwo bagejeje ikirego cyabo mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha, barega Sarkozy kubera impamvu zinyuranye.

Yagize ati “Twatanze iki kirego turega Nicolas Sarkozy ku rupfu rwa Gaddhafi kubera ko rwagize ingaruka zitangaje kandi zikomeye ku mugabane wa Afurika no ku baturage ba Afurika. Niyo mpamvu twangangije uru rugamba.”

Kuba Gaddafi yarishwe mu 2011 ikirego kikaba gitanzwe mu 2017, iyi miryango ivuga ko basanze ari cyo gihe nyacyo.

Umuraperi wo muri Sénégal, Simon Kouka uba no mu itsinda « Y en a marre » yagize ati “Abantu benshi byarabababaje ariko nta kintu babikozeho, ariko iki gikorwa, ndizera ko, kije mu gihe cyo kuvuga ngo igihe kirageze. Ibyo abayobozi bacu bananiwe gukora nitwe tugomba kubisohoza. Nanone ku bw’agaciro ka Afurika, kubera ko ari perezida w’Umunyafurika wishwe.”

Umuhanzi ukomeye w’umunya Cote-d’ivoire, Tiken Jah Fakoly, afatwa nk’uri ku ruhembe rw’ibi bikorwa by’urubyiruko, yavuze ko ibikorwa Sarkozy yagizemo uruhare muri Libya “byagize ingaruka ku mugabane wose.”

Urubuga rwa Mediapart rusanzwe rukora inkuru z’ubucukumbuzi, ruheruka gutangaza ko havumbuwe igitabo cy’uwahoze ari Minisitiri muri Libya ku butegetsi bwa Col Muammar Gaddafi, cyerekana ko Gaddafi yahaye Nicolas Sarkozy akayabo ka miliyoni 6.5 z’amayero zo gukoresha mu bikorwa byo kwiyamamariza kuyobora u Bufaransa mu 2007.

Hari n’inyandiko yagaragazaga amasezerano ya Leta ya Libya yo gutera inkunga ibikorwa byo kwiyamamaza bya Nicolas Sarkozy, ingana na miliyoni 50 z’amayero, we akabihakana kuko yari yarerekanye ko ibikorwa bye bizatwara miliyoni 20 z’amayero.

Icyo gitabo ngo byaje kugaragara ko ari icya Shukri Ghanem, wahoze ari Minisitiri ushinzwe ibikomoka kuri Peteroli muri Libya kuva mu mwaka wa 2006 kugeza mu 2011,ubwo Gaddafi yahirikwaga ku butegetsi n’abamurwanyaga bashyigikiwe n’ibihugu by’ibihangange birimo n’u Bufaransa bwari buyobowe icyo gihe na Nicolas Sarkozy, yateye inkunga mu kwiyamamaza.

Mu 2011 ubwo yahirikwaga, Sarkozy yafatanyije na David Cameron wari Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza bateye inkunga abarwanya Gaddafi bari muri Benghazi birangira anishwe urupfu rw’agashinyaguro.

Gusa Aba bayobozi bavugaga ko ari umwanzuro wafashwe na Loni n’ishyirahamwe ry’ibihugu by’Abarabu, nubwo byarangiye uwo mwanzuro unenzwe bikomeye.

-8278.jpg

Sarkozy ashinjwa ko yashyigikiye abishe Gaddafi kandi yaramuteye inkunga mu kwiyamamaza

2017-10-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afrika y’Epfo: Emile Rutagengwa umwe mubagize RNC arahigwa bukware n’agatsiko ka Kayumba gakuriwe na Ntwali ngo kamukurikize Ben Rutabana

Afrika y’Epfo: Emile Rutagengwa umwe mubagize RNC arahigwa bukware n’agatsiko ka Kayumba gakuriwe na Ntwali ngo kamukurikize Ben Rutabana

Ubwanditsi 18 Dec 2019
Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Ubwanditsi 30 Dec 2023
Perezida wa Koreya ya Ruguru yiyemeje kunganya ingufu za gisirikare n’iza Amerika

Perezida wa Koreya ya Ruguru yiyemeje kunganya ingufu za gisirikare n’iza Amerika

Ubwanditsi 17 Sep 2017
Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Agasuzuguro ka Ingabire Victoire kafashe indi ntera.Noneho ngo u Rwanda ruri inyuma ya Kongo mu bijyanye n’imiyoborere?

Ubwanditsi 28 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaburiye abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu, abasaba kwitandukanya na byo mu maguru mashya

Ubwanditsi 14 Nov 2019
Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix
Amakuru

Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Ubwanditsi 06 Aug 2020
Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025
Amakuru

Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025

Ubwanditsi 31 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru