• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

Ubwanditsi 03 Nov 2017 ITOHOZA

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, Louise Mushikiwabo mu kiganiro n’ itangazamakuru mpuzamahanga yabajijwe kuri Diane Rwigara wifuje kuba Perezida w’ u Rwanda ubu akaba ari mu nkiko, avuga ko uyu mukobwa hari ibitekerezo ahagarariye.

Ni mu kiganiro Hon. Mushikiwabo yagiranye na Televiziyo ya ‘TV5Monde’, Radiyo mpuzamahanga y’Abafaransa ‘RFI’ n’ikinyamakuru le monde.

Umunyamakuru yabajije Mushikiwabo ati “Uyu munsi Diane Rwigara wari wagerageje guhangana na Perezida Kagame ari muri Gereza ashinjwa gukoresha impapuro mpimbano, uyu mugore ari kuba ikimenyetso cy’uko bishoboka kuzategura gusimburana ku butegetsi mu buryo bwa Demokarasi muri iki gihugu, by’umwihariko abakiri bato bashaka ubwisanzure bwisumbuyeho?”

Mushikiwabo ati “Uyu mugore muto hari ibitekerezo rwose ahagarariye, ariko ni ibitekerezo biri hanze y’iki gihugu.Yashakaga kuba Umukandinda ariko ntiyabonye abamushyigikira bahagije kugira ngo abashe kwiyamamariza kuba Perezida. Ni umugore kimwe n’abandi Banyarwanda bafite uburenganzira bwo kwiyamamaza ariko utarabashije kubigeraho kubera ko atari yujuje ibisabwa. Muri uwo murongo, sinshaka kubivugaho byinshi kubera ko ni ikibazo kiri mu biganza by’ubutabera. Muri iyo nzira, habayeho ibibazo niyo mpamvu ari mu butareba uyu munsi, ariko reka nababwire ko u Rwanda ari igihugu aho umugore ari umwamikazi ariko hariho n’ ‘abarozikazi (sorcière)’, ntabwo ari benshi, abagore bo mu Rwanda ntabwo bose ari abamarayika”.

Umunyamakuru: Niyo mvugo mukoresha umuvuga uriya (Diane) utavuga rumwe n’ubutegetsi?

Mushikiwabo: Oya, oya! Mbivuze kuko twumva kenshi ahantu hamwe na hamwe “Ko ari umugore, gute,… umugore ntakwiye gufungwa,… muzi ko abagore bakoze Jenoside hano mu Rwanda.
Rero umugore ubyemerewe, wujuje ibisabwa ashobora kwiyamamaza kandi ashobora gutorwa, ariko si ko we bimeze.

Umunyamakuru: Muvuze ko ari mu butabera, ese hano mu Rwanda ushatse kwiyamamaza bihita bimujyana muri gereza, n’imbere y’urukiko?

Mushikiwabo: Ntabwo ariko bimeze hano, uriya mugore muto ari mu butabera kubera ko yibye mu nzego zitandukanye mu nzira ye ashaka kuba Umukandida mu matora ya Perezida wa Repubulika, reka dutegereze urubanza rwe.

-253.png

-8529.jpg

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Louise Mushikiwabo mu kiganiro n’itangazamakuru

2017-11-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugore wa Ishimwe Moses Rutare yasobanuye iyicarubozo ryakorewe umugabo we muri Uganda

Umugore wa Ishimwe Moses Rutare yasobanuye iyicarubozo ryakorewe umugabo we muri Uganda

Ubwanditsi 12 Mar 2019
Musangamfura Sixbert wahinduye amazina akiyita Semus  Ntawuhiganayo aravugwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu karere

Musangamfura Sixbert wahinduye amazina akiyita Semus Ntawuhiganayo aravugwa mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu karere

Ubwanditsi 10 May 2017
David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Jun 2018
Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma

Icyinyoma cya Bonabaana inkoramutima ya RNC, kunyerera ku gishishwa cy’umuneke mu gitangazamakuru cya guverinoma

Ubwanditsi 12 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abatuye muri Rutsiro bakanguriwe kutangiza ibidukikije
Mu Mahanga

Abatuye muri Rutsiro bakanguriwe kutangiza ibidukikije

Ubwanditsi 04 May 2016
Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo
Amakuru

Umuyobozi mushya w’agateganyo wa APR FC, Brig Gen Rusanganwa Deo yibukije abakozi bayo indangagaciro zayo

Ubwanditsi 10 Nov 2024
Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi
Mu Rwanda

Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Ubwanditsi 07 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru