• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Himbara yaba yarabaye Intumwa ya Sekibi
David Himbara

Himbara yaba yarabaye Intumwa ya Sekibi

Ubwanditsi 14 Nov 2017 ITOHOZA

David Himbara, wigize Perezida w’Umuryango wiyita ko ari uwa abaturage ba Canada bahangayikishijwe ngo n’imvururu zishingiye kuri Politiki mu Rwanda ari mu gahinda, kandi akaba ashishikajwe no kwishyira heza nk’ubuheri, yitaka ndetse no kwisingiza.

Ikibabaje muri ibi byose n’uko  avuga ko imvururu za Politiki arizo ziranga  igihugu cye,  akaba ari muri urwo rwego adashobora gukozwa icyitwa ukuri, kuko yasabitswe no kwiyemera.

Avuga cyane bikabije, kandi ahorana amaganya akabije, nk’umugore wasenzwe, akora ibishoboka, kugirango azahure icyubahiro cye (niba yaranakigize koko!). Ibi bikaba byatuma umuntu yibaza niba ubuhunzi n’ amahanga bitaratangira kumuhanda, bityo bikaba bitagituma ashobora gutekereza neza ngo ashyire mu gaciro.

Ngo kuba Himbara yaraje kumenyekana, nuko yashyikirijwe igihembo cya Ingabire muri 2017 ariko mu Kinyarwanda baca umugani ngo “Nyereka inshuti zawe, ndakubwira uwuriwe:.

Biratangaje kuba Himbara yarashoboye kubona abamutega amatwi, cyane cyane muri Canada, aho atuye, bashobora kumva ibinyoma bye byambaye ubusa, avuga ko nta burenganzira bw’ikiremwa muntu buba mu Rwanda. Kandi igitangaje, n’uko atajya atanga ibimenyetso bigaragaza uko guhutazwa k’uburenganzira bw’ikiremwa muntu avuga, uretse gusa gukoreshwa n’urumogi aba amaze kwiyahuza,  rumutera gutekereza ibidashoboka.

Umunyamerika akaba n’Umunyarwanda wahawe ubwenegihugu bw’iki gihugu cy’igihangange mu myaka 42 ishize Willis Shalita agira ati : Ubushize ubwo nari hamwe na Himbara imbere y’inteko ishingamategeko y’Amerika komisiyo yayo ishinzwe gukora iperereza ku bivugwa ko uburenganzira butubahirizwa mu Rwanda, yikojeje icyimwaro, ubwo yaburaga ikimenyetso na kimwe cyigaragaza niba koko uburenganzira mu Rwanda butubahirizwa, ubwo yatangiye kurya indimi. Nkuko abahunze U Rwanda  bavuga nabi U Rwanda bose babigira, yatangiye gutanga ingero zitangwa n’abandi bahunze U Rwanda.

Kuri Himbara, nta cyiza nabusa kiba mu Rwanda, yewe ngo nta n’amajyambere na busa yigeze agera mu Rwanda mu myaka 23 ishize, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, nyamara kandi igitangaje, nuko iyo umubajije amashuri yize ndetse n’ubunararibonye bwe, ntashobora kutavuga ko yari umunyamabanga  wa mbere wihariye n’Umujyanama wa Perezida Paul Kagame. Ese ubundi iyo ataza kuba yarakoreye Perezida ubu arimo avuga nabi, n’U Rwanda ubu arimo aharabika, ubu aba avuga iki?

Inshuro ebyiri zose, Himbara yirukanywe m’URUGWIRO, ariko se harubwo ajya abwira abamutega amatwi nyir’ abayazana y’iyirukanwa rye? Ashishikajwe n’umugambi we mubisha kubera inzigo iri hagati ye n’U Rwanda, bitewe nuko ubu ari mu kibazo cy’amikoro, ku buryo ubu ashobora no kugurisha umutima we.

 

Inyoni irimba cyane ntijya yubaka icyari. Biteye agahinda! Himbara nawe nuko!

Himbara kuri ubu, umugambi we akaba ari ukujujubya Abanyarwanda baba muri Canada bagerageza kuvuga barengera  urwababyaye, kandi ubu akaba azenguruka muri Canada yose atanga ibiganiro mbwirwaruhame kuri buri wese ushobora kumutega amatwi, ariko asebya U Rwanda, nkaho uburenganzira bwo kuvuga icyiri ku mutima ari ubwe wenyine.

Yabaye nari Himbara, sinari kubabazwa n’uko Abanyarwanda babanya Canada bafite uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo, nakabaye mbabazwa n’uko ubu hari Ikigo cyo muri Canada gishinzwe imari ubu kirimo kunkoraho iperereza ku byerekeranye n’amafaranga.

Himbara amaze kwishyura kuva muri 2014 kugeza ubu nako Amaze guhabwa na Rujugiro, amadolari y’Amerika agera kuri $520,000 ayishyura Ikigo cyitwa  Podesta Group Inc , mu rwego rwo kureshya abamujya inyuma.

Cyiza D.

 

 

 

2017-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Wizkid mu mazi abira: Polisi mpuzamahanga yahawe impapuro zo kumuta muri yombi azira ubuhemu

Wizkid mu mazi abira: Polisi mpuzamahanga yahawe impapuro zo kumuta muri yombi azira ubuhemu

Ubwanditsi 17 Dec 2016
Umudipolomate w’u Burundi na RNC bashyizwe mu majwi mu rupfu rwa Louis Baziga

Umudipolomate w’u Burundi na RNC bashyizwe mu majwi mu rupfu rwa Louis Baziga

Ubwanditsi 29 Aug 2019
Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ubwanditsi 30 Sep 2019
Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 21 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga rwategetse ko Gacinya Dennis ahabwa igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo
Mu Rwanda

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga rwategetse ko Gacinya Dennis ahabwa igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo

Ubwanditsi 04 Jan 2018
AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI
HIRYA NO HINO

AMAGAMBO 10 DUKWIYE KUBWIRA ABAKUNZI BACU BURI MUNSI

Ubwanditsi 29 Jun 2016
Polisi y’u Rwanda yagaruje mudasobwa zirenga 600 zari zarabuze
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yagaruje mudasobwa zirenga 600 zari zarabuze

Ubwanditsi 23 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru