• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Areruya Joseph ni we wegukanye agace ka Rubavu- Musanze

Areruya Joseph ni we wegukanye agace ka Rubavu- Musanze

Ubwanditsi 15 Nov 2017 IMIKINO

Areruya Joseph Umunyarwanda ukinira ikipe ya Dimention Data, niwe wegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga mu Mujyi wa Rubavu kagana i Musanze, ku birometero 97.1 .

N’ubwo yegukanye ako gace ka Rubavu Musanze ntabashije kwambura umupira w’umuhondo Simon Pellaud wegukanye agace ka Nyanza-Rubavu akamurusha umunota umwe ku rutonde rusange rw’iri rushanwa.

Urutonde rusange rukomeje nk’uko rwari rumeze ku munsi w’ejo aho kugeza ubu, Pellaud Simon ukinira ikipe ya Illuminate yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, ari we uza ku mwanya wa mbere, akaba amaze gukoresha amasaha 10, iminota 13 n’amasegonda 47 (10h13’47″).

Akurikirwa na Areruya Joseph ukinira Dimension Data umaze gukoresha amasaha 10,iminota 14 n’amasegonda 47 (10H14’47″), hamwe na Valens Ndayisenga ukinira ikipe ya Tirol Cycling Team, umaze gukoresha 10H15’04″.

Abakinnyi 68 ni bo batangiye isiganwa babanza kuzenguruka Umujyi wa Rubavu inshuro enye.

Inshuro ya mbere iza kurangira imbere hari abakinnyi bane bayoboye barimo Mugisha Samuel, barangiza n’izi nshuro ari bo bari imbere, maze bahita bafata umuhanda wa Musanze.

Nyuma y’aho, imbere haje kuza igikundi cy’abantu 8 biganjemo aba Dimension Data barimo Areruya Joseph, Mugisha Samuel, Main Kent, Stefan de Bod, Munyaneza Didier, Nebratom, Gidei Kibrom.

Basatira Sashwara, Mugisha Samuel yaje gusubira mu gikundi, abandi bari kumwe bakomeza kuyobora isiganwa.

Bageze ku Mukamira igikundi cyatangiye gusatira abakinnyi bari bagiye imbere, igihe bari babasize kiza no kugabanuka kugera ku masegonda 20 ubwo haburaga ibirometero 20 ngo basoze.

Habura ibirometero 10 , igikundi cyaje gushyikira ab’imbere, ariko Areruya Joseph ahita yongera kujya imbere, ashyiramo amasegonda atanu, ariko barongera baramushikira bagerana mu mujyi wa Musanze, ariko abatanga kurenga umurongo.

Uko bakurikiranye mu gace Rubavu Musanze

1. Areruya Joseph (Dimension Data For Qhubeka): 2:23:25
2. Avilae Dwin Team Illuminate : 2:23:25
3. Ukiniwabo Jean Paul Rene Rwanda : 2:23:25
4. Pellaud Simon Team Illuminate : 2:23:25
5. Eyob Metkel Dimension Data For Qhubeka : 2:23:25
6. Goudinvalentin Team Haute Savoie – Auvergne Rhône Alpes : 2:23:25
7. Mebrahtom Natnael Eritrea : 2:23:25
8. Holler Nikodemus Bike Aid : 2:23:25
9. Tuyishimire Ephrem Club Les Amis Sportifs De Rwamagana : 2:23:25
10. Debretsion Aron Eritrea : 2:23:25

Uko bakurikirana muri rusange

1. Pellaud Simon (Team Illuminate) 10:13:47
2. Areruya Joseph Dimension Data For Qhubeka +1:00
3. Ndayisenga Valens Tirol Cycling Team +1:17
4. Kangangi Suleiman Bike Aid +1:21
5. Byukusenge Patrick Rwanda +1:25
6. Okubamariam Tesfom Eritrea +1:29
7. Munyaneza Didier Rwanda +1’ :29’’
8. Jeannes Matthieu Team Haute Savoie – Auvergne Rhône Alpes +1:30
9. Eyob Metkel Dimension Data For Qhubeka +1:38
10. Nsengimana Jean Bosco (Team Rwanda +2:15)

2017-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon

Champions League: Liverpool yatsindiye Bayern Munich iwayo, Barcelone inyagira Lyon

Ubwanditsi 14 Mar 2019
Abayobozi babiri batawe muri yombi bakekwaho kugambanira Perezida Nkurunziza

Abayobozi babiri batawe muri yombi bakekwaho kugambanira Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Rwemarika yatangaje imigabo n’imigambi irimo guha isura nshya umupira wo mu Rwanda

Rwemarika yatangaje imigabo n’imigambi irimo guha isura nshya umupira wo mu Rwanda

Ubwanditsi 23 Dec 2017
Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Ubwanditsi 18 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yanyagiye Vipers SC ibitego 4-1, Ndikumana Asman yigaragaza ku mukino we wa mbere
Amakuru

Rayon Sports yanyagiye Vipers SC ibitego 4-1, Ndikumana Asman yigaragaza ku mukino we wa mbere

Ubwanditsi 01 Sep 2025
CNLG yongeye gutunga agatoki  ku bakoze Jenoside bugamye mu mahanga
POLITIKI

CNLG yongeye gutunga agatoki ku bakoze Jenoside bugamye mu mahanga

Ubwanditsi 14 Jun 2017
Ubucamanza bwacu burigenga- Kagame asubiza Michaëlle wavuze ku rubanza rw’abo kwa Rwigara
INKURU NYAMUKURU

Ubucamanza bwacu burigenga- Kagame asubiza Michaëlle wavuze ku rubanza rw’abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 12 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru