• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Gatete Claver (Ifoto/Internet)

Leta irareba uko yakwambura amabanki uburenganzira bwo guteza cyamunara

Ubwanditsi 16 Nov 2017 UBUKUNGU

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi avuga ko hagiye kurebwa uburyo guteza cyamunara imitungo y’abaturage byakorwa neza bityo ruswa ivugwamo ikarwanywa.

Amb. Claver Gatete avuga ko hagiye kurebwa uko hajya hashyirwaho umuntu wigenga, ku buryo ari we wajya ajya mu guteza cyamunara umutungo w’umuntu wananiwe kwishyura umwenda wa banki, aho gukorwa na banki.

Gatete avuze ibi nyuma yo guhamagazwa na Komisiyo ya Politiki, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Iterambere ry’Igihugu, mu gusuzuma raporo y’ibikorwa by’Urwego rw’Umuvunyi by’umwaka wa 2016/17.

Muri raporo y’ibikorwa by’Urwego rw’Umuvunyi by’umwaka wa 2016-2017 hagaragaye ikibazo cy’abaturage binubira ikibazo cyo guteza cyamunara imitungo yabo, aho ngo bigaragara ko hari ikibazo cyo kugena agaciro k’imitungo itezwa cyamunara ndetse n’inzira za cyamurana zitubahirizwa ibi bikaba bigaragaramo ibyuho bya ruswa n’akarengane.

Alfred Kayiranga Rwasa uyobora iyi komisiyo, avuga ko iki ari ikibazo gihangayikishije abaturage kandi Leta igomba guhagurukira.

Rwasa avuga ko bitumvikana uburyo umutungo uba ufite nk’agaciro ka miliyoni 60, banki yaza guteza cyamunara kubera ko wa muturage yari afite umwenda muto wa banki, yo ugasanga igurishije wa mutungo ku mafaranga make ishaka kuvanamo ayayo, akenshi ngo ugasanga hari ababa babyihishe inyuma.

Mu mwaka wa 2015 umushoramari Inyarubuga Bonaventure nyiri Cari Hotel iherereye mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo, yandikiye Perezida Kagame amusaba guhagarika cyamunara ya Banki ya Kigali, aho banki yavugaga ko iyo hoteli ifite agaciro ka miliyoni 220 mu gihe we yavugaga ko abagenagaciro bemewe na Banki y’Igihugu banzuye ko ifite agaciro k’amafaranga asaga miliyari.

  • Umushoramari yandikiye Perezida Kagame atabariza hoteli ye igiye gutezwa cyamunara

Minisitiri Gatete na we avuga ko n’ubwo bitoroshye kuba watahura icyaha, gusa ngo hari ikigomba gukorwa.

Agira ati “Ubusanzwe ntabwo umuntu unaniwe kwishyura bahita bateza cyamunara umutungo we, barabanza bakagerageza ariko byavaho bikanga, hari amategeko abiteganya, ntabwo uyu munsi unanirwa kwishyura ngo bahite bateza cyamunara kuko igira amategeko ayigenga.”

Yakomeje agira ati “Kuba harimo ruswa akenshi ushobora kuyikurikirana ukanayibura ariko ukaba ureba ibikorwa ukavuga uti ‘aha hari ikibazo’, ukamenya ko hari ikibazo ariko udafite ukuntu wagifata, ubu ibyo turimo kureba ni uko hari abantu babiri, hari banki hari n’uwafashe inguzanyo wananiwe kwishyura, ngira ngo twareba umuntu wigenga akaba ari we ukoresha cyamunara, banki itarimo na wa wundi atarimo, ese ibi bintu wenda ntibyagira icyo bitanga? Icyo ni igitekerezo cyiza abantu bareba turashaka kureba uko twashaka umuti urambye.”

Ni kenshi abaka inguzanyo bagenda bagaragaza ko guteza cyamunara harimo ruswa, bakavuga ko akenshi bigirwamo uruhare na bamwe mu bakozi bo mu mabanki baba bashaka kwigurira ya mitungo,cyangwa indi ruswa.

2017-11-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Perezida Kagame yakiriwe n’Igikomangoma cya Abu Dhabi

Ubwanditsi 14 Jan 2020
U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

Ubwanditsi 01 Aug 2019
BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

BRD imaze kugaruza miliyari 10 muri 70 Frw yishyuza abarihiwe na leta muri Kaminuza

Ubwanditsi 18 Jul 2019
Perezida Kagame yafunguye Mara Phone, uruganda rwa mbere muri Afurika rukora Smartphone

Perezida Kagame yafunguye Mara Phone, uruganda rwa mbere muri Afurika rukora Smartphone

Ubwanditsi 07 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Leta irotswa igitutu ngo ikore nk’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Leta irotswa igitutu ngo ikore nk’u Rwanda

Ubwanditsi 20 Nov 2017
Yatuye igiceri cyo ku gihe cya Perezida Kayibanda nk’inkunga yo gufasha abarokotse Jenoside
Mu Mahanga

Yatuye igiceri cyo ku gihe cya Perezida Kayibanda nk’inkunga yo gufasha abarokotse Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Uko ” Alibaba “yahisemo gukorana n’u Rwanda mbere y’abandi muri Afurika
INKURU NYAMUKURU

Uko ” Alibaba “yahisemo gukorana n’u Rwanda mbere y’abandi muri Afurika

Ubwanditsi 01 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru