• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amerika ishobora gukoresha Museveni  mu mugambi wo gucamo Congo-Kinshasa ibice
Perezida Trump

Amerika ishobora gukoresha Museveni  mu mugambi wo gucamo Congo-Kinshasa ibice

Ubwanditsi 17 Nov 2017 POLITIKI

Icikwamo ibice rya Repubulika iharanira Demokrasi ya Congo ritangiye guhwihwiswa mu gihe amateka yerekana ko mbere y’ umuzo w’ umukoloni igihugu cya Kongo cyari kigizwe n’ ubwami butandukanye nka Empire Lunda, Empire Bakuba, Empire Luba, Empire Kongo

Si ibyo bice gusa kuko bitewe n’ ubunini bw’ iki gihugu hari n’ ubundi bwami bwari bushingiye ku isano  ry’ umuco w’ abaturage bari baraturutse mu bihugu bikikije Kongo.

Kuva mu myaka ya za 1994, nibwo Intiti z’ abanyekongo ziganjemo abanyapolitiki

zatangiye kurazwa inshinga n’ igitekerezo cyavugaga ko hari umugambi mubisha wo gucamo ibice igihugu cyabo icyo bamwe bise Balkanization abandi bavuga ko ari Federalism.

Umunyapolitiki , Dr. Marcel Liyau muri 1992 yatangiye kwibaza byinshi kuri  iyi gahunda yo gucamo ibice Congo abanza kwibaza ko yari igamije guteza imbere Congo-Kinshasa bitewe ni uko iki gihugu cyagize ubuyobozi bubi kuva cyabona ubwigenge.

Uyu Dr. Marcel Liyau wigeze no kuvuga muri za 1990 ko kugirango u Rwanda n’ u Burundi bizabone amahoro ngo ni uko Abatutsi bo mu Burundi nabo mu Rwanda batura mu gihugu cyabo n’ Abahutu baho hombi nabo bakwibanira mu cyabo gihugu.

Iki kigeze uyu mugabo atangira kubona ko yibesheye atangira gushyigikira intero igira iti”NON A LA BALKANISATION DE LA RDC”bisobanura biti”Tuvuge oya kubifuza ko igihugu cyacu cyacibwamo ibice”.

Ni nde wacuze umugambi wo gucamo ibice Congo-Kinsahasa?

Ubusanzwe kugirango igihugu runaka gicibwemo ibice bigomba kwemezwa na Loni ndetse n’ iyindi miryango nka EU cyangwa se AU nabwo ni imbonekarimwe kuko bitandukanye cyane n’ ibyabaye mu gihe cy’ ubukoloni uwbo ibihugu by’ I Burayi bakoreshaga ubuhangane mu kwigabanya Afurika.

Abakurukiranira hafi politiki y’ Akarere bemeza ko ibyabaye kuri Sudani bishobora no kuba kuri Congo-Kinshasa bitewe ni uko ibihugu byombi bifite ubutunzi karemano bwinshi ibihugu bikomeye ku Isi biba bikanuye.

Ku rugero rwa Sudani, Perezida Museveni niwe wagize uruhare rukomeye mu icikwamo kabiri  ry’ iki gihugu dore ko yari afite n’ ubunararibonye kuko yakurikiraga ikija imbere umunsi k’ uwundi.

Nubwo , u Rwanda rwagiye ruvugwaho gutera Congo-Kinshasa , Uganda ntiyumvikanaga cyane ariko niyo yari ku isonga ibyo byose rero n’ ibigaragaza inyungu za Uganda by’ umwihariko muri Congo ari by’ umwihariko mu Karere.

Ubwo  Barack Obama yayoboraga Leta Zunze Ubumwe za Amerika yohereje ingabo muri Uganda kujya gufasha ingabo za Leta guhiga inyeshyamba za LRA muri Centrafurika ariko mu by’ ukuri icyo yari agamije ni Congo-Kinshasa.

Inyungu za Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu gucamo ibice Congo-Kinshasa zishobora kurusha na kure izo babona muri Sudani zombi.

USA yifuje iyi gahunda kuva kera

Uko bimeze kose, kugeza magingo aya, Leta Zunze Ubumwe za Amerika nk’ igihugu gitegeka ibindi cyagiye kigaragara mu buzima bw’ igihugu cya Congo-Kinshasa kuva cyabona ubwigenge ndetse kinaharanira kubona imigabane ifatika ku mutungo kamere w’ iki gihugu cyakolonijwe n’ u Bubiligi.

Ku ntangiro y’ ingoma ya Perezida Mobutu Sese Seko Kuku Ngwendu wa Zabanga yazize ko kwanga kumvira Abanyamerika kuko yifuzaga ko abaturage ba Zaire ari bo babanza kunyurwa n’ ubutunzi bw’ igihugu cyabo ariko ntibyamushobokera kuko yahise ananizwa.

Intambara z’ urudaca zagiye zishakirwa inyito n’ impamvu zidasobanutse zabaye muri Congo-Kinshasa kuva mu mwaka w’ I 1994, zabaye ikimenyetso simusiga cyerekana uburyo ki amahanga ashishikajwe no guteza imvururu kugira ngo asahura umutungo w’ iki gihugu wiganjemo amabuye y’ agaciro, mashyamba inyamaswa n’ ibindi byinshi.

Inshuro nyinshi, Mobutu kimwe na Mzee Kabila bamaze kwangira Abanyamerika gukorana byarabagoye cyane kugeza ubwo bahitanye Laurent Kabila biyegereza umuhungu we Joseph Kabila.

Joseph Kabila ashobora gutanga icyuho

Abanyekongo batari bacye ntibemera Leta n’ ubuyobozi bwa Perezida Joseph Kabila ndetse benshi muri bo bakamwita umunyamahanga bakeka ko amaherezo azabavamo igihugu akakigambanira bityo kikacikamo ibice.

President Kabila looks on during signature ceremonies.

Iperereza ryigenga kandi ryizewe rya Rushyashya.net  ryemeza ko umugambi wo gucamo ibice Congo-Kinshasa warangije gucurwa muri Kongere ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho iki gihugu kizacikamo ibice 3.

Ku ikubitiro hazabaho Leta ya Kivu yunze Ubumwe mu gifaransa Republique Unie du Kivu(RUK), Republique du Katanga ndetse Republique du Congo(RDC). Icikwamo ibice rya Sudani ryaburiye Abanyekongo

“Ushatse gutegeka abantu uko ubyifuza banze kubacamo ibice” Divide and rule mu rurimi rw’ icyongereza nibwo buryo bwagiye bukoreshwa n’ ibihangange mu gutegeka abanyantege nke.

Ubu buryo bwagaragaye cyane mu bihe by’ ubucakara, ubukoloni ndetse na nyuma aho Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikoresha imbaraga za politiki ndetse n’ iza gisirikare mu guharanira inyungu zazo bwite zititaye ku kaga k’ abandi.

N’ ubwo USA yari imaze kuba igihangange ntibyayibujije guteza intambara z’ ubutita(cold war) nta banga ririmo kuko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zagiye zishimangira gucamo ibice ibihugu byinshi byo ku isi(Koreya, Vietnam, Ubudage…) zigamije gushaka imbaraga zari zarataye mu ntambara y’Isi ya 2.

Impuguke muri politiki mpuzamahanga zisanga hatabayeho ubwumvikane ku isaranganywa ry’ ubutunzi karemano bwa Congo-Kinshasa bishobora gutuma ibihugu by’ ibihangange bisubiranamo ndetseBikaba banabyara intambara y’ Isi ya 3.

 

Albert Ngabo/Rushyashya.net

2017-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

New York : Perezida Kagame yitabiriye  inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

New York : Perezida Kagame yitabiriye inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 20 Sep 2016
Perezida Nguema wa Guinée Equatoriale yageze i Kigali (Amafoto)

Perezida Nguema wa Guinée Equatoriale yageze i Kigali (Amafoto)

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Dore ibiteganywa guhindurwa mu Itegeko Nshinga ry’u Burundi

Dore ibiteganywa guhindurwa mu Itegeko Nshinga ry’u Burundi

Ubwanditsi 06 May 2018
Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

RUSHYASHYA 18 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa
Amakuru

Minisiteri ya Siporo yagaragaje amabwiriza mashya yemerera shampiyona y’u Rwanda gusubukurwa

Ubwanditsi 08 Jan 2022
Amafoto – Rayon Sports Day yaranzwe no kwerekana abakinnyi 27 na nimero bazambara, Vipers yari umutumirwa itsinda mu mukino wa gishuti 1-0
Amakuru

Amafoto – Rayon Sports Day yaranzwe no kwerekana abakinnyi 27 na nimero bazambara, Vipers yari umutumirwa itsinda mu mukino wa gishuti 1-0

Ubwanditsi 16 Aug 2022
Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17
IMIKINO

Impamvu u Rwanda rwikuye mu bihugu byifuza kwakira igikombe cy’Isi U 17

Ubwanditsi 07 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru