• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation
Umuyobozi wa ISO, Col. Kaka

Itohoza : Imperecyeza y’abahoze ari abakozi ba ISO muri Uganda ngo yaba yarahawe Abadepite mu cyiswe Consultation

Ubwanditsi 27 Nov 2017 ITOHOZA

Abahoze ari abakozi b’urwego rushinzwe iperereza imbere mu gihugu muri Uganda, (Internal Security Organization) ISO, bararirira mu myotsi, nyuma yo kumva ko amafaranga bagombaga guhabwa nk’imperekeza, nyuma yo kuvanwa ku kazi, mu buryo budasobanutse, aho bagannye inkiko, urubanza rukaza kurangira abari abakozi ba ISO batsinze Guverinoma muri 2008.

Ubu, bikaba bivugwa ko amashilingi bagombaga guhabwa Goverinoma yayakoresheje muri gahunda yayo yo kuvana ingingo ya 102 mu Itegeko Nshinga rya Uganda, ikaba igaragaza ko Perezida wa Republika ya Uganda, agomba kuba afite imyaka y’ubukure  irihagati ya 37 na 75, nkuko ingingo ya 102b mu Itegeko nshinga rya Uganda ibigaragaza.

Buri ntumwa ya rubanda yahawe akayabo kangana n’amashilingi miliyoni makumyabiri n’icyanda 29,000,000, mu rwego rwo kujya kubaza abaturage bahagarariye mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda (Parliament) akaba yariswe Consultation Facilitation, ariko kandi intumwa za rubanda zimwe na zimwe zikomoka mu mashyaka (Political Parties) atavuga rumwe na Guverinoma (Opposition political parties), zarayanze,

Kuva icyo gihe,  Guverinoma yatangiye kuvugana nabari abakozi ba ISO, ku buryo  ayo  mashilingi  yagomba guhabwa abahoze ari ba maneko, bumvikana ko Guverinoma izatanga miliyari mirongwitatu n’icyenda (39,000,000,000),  ubu hakaba hari hasigaye amashilingi 29,000,000,000, ariko byaje gukomeza bigenda bikomera, kuko inzego zinyuranye zo muri icyo gihugu, zakomeje kujya zibyivangamo, mu guharanira ko rumwe muri izo nzego zahabwa uburenganzira, bwo kuzatanga ayo mafaranga.

Imyaka igera kuri 2, nibwo ISO yahaye abagera ku 100, gusa, nyuma yo kumenya iyi nkuru, abandi basigaye bagiye ku rwego rw’Umuvunyi (Inspector General of Government), bamumenyesha ukuntu amafaranga yarimo gutangwa mu buryo budasobanutse, ubwo Umuvunyi, (Inspector General of Government), yahise atanga itegeko ko itangwa ry’ayo mashilingi rihagarikwa, noneho habaho kugongana hagati y’Urwego rwa ISO na Polisi, buri ruhande rwifuza ko arirwo rwaharirwa gahunda yo gutanga ayo mashilingi, nyuma haza kumvikanwaho ko, urwego rwa Inspector General of Government arirwo ruzayatanga, ndetse mu minsi ishize mu kwezi kwa cumi, hakaba aribwo hari hatanzwe icyizere ko noneho abahoze ari abakozi ba ISO (Veterans) bagomba kuba barabonye ayo mashilingi.

Aha, Umuvunyi akaba yaribajije impamvu bamwe bahawe amashilingi yabo abandi ntibabahe, aha, akaba yaravuze ko ari akarengane, ndetse n’uburiganya. ‘’Ntabwo amashilingi agomba gutangwa nka ruswa, niba batanze amashilingi, hagomba gukorwa liste, ikamanikwa ahagaragara, imikorere yo muri icyi gihugu irarambiranye’’ nkuko byatangajwe n’umwe mu bagombaga kuba barabonye kuri aya mashilingi.

Aba bahoze ari ba maneko, bakaba basaba Guverinoma ya Uganda, gukora ibishoboka, kugirango bahabwe imperekeza zabo, dore ko hasigaye mbwarwa muri bo, kuko abandi bagenda bapfa umugenda, bitewe n’imibereho mibi, ahanini ishingiye ku bukene, utibagiwe kandi n’umubare munini w’abapfakazi, nabo bugarijwe n’icyibazo cy’ubukene. Ni ukubitega amaso.

Iki  kibazo kandi, kikaza  kiyongera ku kindi  kijya gusa nkacyo, kuko abashinzwe iperereza, bazwi nka Gombolora internal security Organization (GISO),  umuntu akaba yavuga ko bakorera ku rwego rw’Akarere, ariko ubu bikaba bivugwa ko bamwe muri bo badafite impamyabushobozi yo mu rwego rwa A0, bashobora kuzasezererwa, igitekerezo cyatanzwe n’umukuru wa ISO. Nyuma yo gutanga icyi cyifuzo cye  kitashimishije abakozi b’uru rwego, bariye karungu, bavuga ko niba bigenze bityo, nabo bazajya mu mashyaka atavuga rumwe na Guverinoma.

2017-11-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Perezida Kagame yitabiriye inama ya EAC u Rwanda rugiye kuyobora

Ubwanditsi 01 Feb 2019
Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Ubwanditsi 16 Dec 2024
Angola: Perezida Kagame Ategerejwe Mu Nama Y’akarere Iziga Kuri Congo Na Sudani Y’Epfo

Angola: Perezida Kagame Ategerejwe Mu Nama Y’akarere Iziga Kuri Congo Na Sudani Y’Epfo

Ubwanditsi 13 Aug 2018
Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists

Police Kill 3 People believed to be robbers not extremists

Ubwanditsi 23 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Azafunga Museveni na Mugabe natorerwa kuba Perezida wa USA (Donald Trump)
Mu Rwanda

Azafunga Museveni na Mugabe natorerwa kuba Perezida wa USA (Donald Trump)

Ubwanditsi 04 Jan 2016
CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.
Amakuru

CAF yatangaje ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2021-2022 inatangaza ibihugu bizahagararirwa n’amakipe ane mu marushanwa yayo.

Ubwanditsi 22 Jun 2021
Ese wari uzi ko gusenga ari imwe mu ntwaro zomora ibikomere?
HIRYA NO HINO

Ese wari uzi ko gusenga ari imwe mu ntwaro zomora ibikomere?

Ubwanditsi 11 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru