• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Zimbabwe: Mugabe agiye guhabwa umwanya w’ubujyanama

Zimbabwe: Mugabe agiye guhabwa umwanya w’ubujyanama

Ubwanditsi 27 Nov 2017 HIRYA NO HINO

Umupadiri wayoboye ibiganiro ku kwegura kwa Robert Mugabe, Fidelis Mukonori, yatangaje ko uyu mukambwe wahoze ari perezida azahabwa umwanya ukomeye muri politiki y’icyo gihugu.

Padiri Mukonori, w’Umuyezuwiti, yavuze ko Mugabe azajya agira inama abayobozi bakuru ba Zimbabwe barimo n’uwamusimbuye Emmerson Mnangagwa nk’uko BBC ibitangaza.

Mugabe w’imyaka 93 yeguye ku wa kabiri w’icyumweru gishize nyuma y’uko igisirikare gifashe ubutegetsi n’abaturage bakigaragambya.

Mukonori ariko ntiyemeje niba Mugabe yarahawe amadorali miliyoni 10 ngo yemere kurekura ubutegetsi nk’uko bimaze iminsi bihwihwiswa.

Mnangagwa warahiriye gusimbura Mugabe ku wa Gatanu; yari asanzwe ari inshuti ye, yirukanwe mu ntangiriro z’uku kwezi bihita biteza imvururu ari nazo zatumye zatumye igisirikare gisaba Mugabe kwegura.

Padiri Fidelis Mukonori nawe ni inshuti ya hafi ya Mugabe ndetse yari umuhuza mu biganiro yagiranye n’igisirikare, yemeje ko Perezida Mnangagwa azajya agisha inama Mugabe.

Ati “Muri Afurika abasheshe akanguhe babereyeho kugishwa inama. Niba [Mnangagwa] arahira yaragize ati ‘Mugabe ni data, ni impfura kuri njye, ni icyitegererezo, wambwira ko azamugendera kure? Siko mbibona.”

Uyu mupadiri yavuze ko Mugabe n’umugore we bagumye mu rugo mu gihe cyose cyo guhererekanya ubutegetsi kandi ko batateganyaga guhunga.

Ati “Nta kintu na kimwe twamuhaye…. yeguye ku bw’inyungu za Zimbabwe.“

Yongeyeho ko kuva ku butegetsi ari cyo kintu cyiza kurusha ibindi Mugabe yakoze. Ku cyumweru umwishywa we Leo Mugabe yavuze ko ameze neza kandi yishimye.
Ati “Ategereje kwisanzura mu buzima bwe bushya, agahinga, akorora akaguma mu rugo rwe mu cyaro. Kwegura yabifashe neza.”

Leo yavuze ko Grace yatangiye gushyira ingufu mu kubaka Kaminuza yitiriwe Robert Mugabe izatwara miliyari y’amadorali, ahitwa Mazowe hafi ya Harare.

Hari impungenge ko Perezida Mnangagwa wafatanyije na Mugabe mu bwicanyi bwa Gukurahundi bwahitanye benshi kuva Zimbabwe yabona ubwigenge, atazazana impindukaza demokarasi abaturage b’icyo gihugu biteze.

Ariko Mukonori yemeza ko uyu mugabo wahoze ayoboye ubutasi muri icyo gihugu azi neza ko demokarasi ari ingenzi mu kuyobora Zimbabwe.

2017-11-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ubwanditsi 20 Nov 2023
Robot yiswe Sophia yizihiwe no kwambara umukenkero i Kigali

Robot yiswe Sophia yizihiwe no kwambara umukenkero i Kigali

Ubwanditsi 15 May 2019
Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Tuburire impunzi z’Abanyarwanda ziri muri Malawi: Nimudakenga murisanga mu mutego mutindi wa Kayumba Nyamwasa n’abandi bagome, babashuka ngo mwigemurire urupfu mu mashyamba ya Kongo.

Ubwanditsi 27 Apr 2021
Muhumure nta Ebola iri mu Rwanda: Ministiri Diane Gashumba

Muhumure nta Ebola iri mu Rwanda: Ministiri Diane Gashumba

Ubwanditsi 19 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CYUMA Hassan yabonye umusigire mu gusebya Igihugu. IHORAHABONA Jean de Dieu wari umushoferi we, agereranya u Rwanda n’igihuru!
Amakuru

CYUMA Hassan yabonye umusigire mu gusebya Igihugu. IHORAHABONA Jean de Dieu wari umushoferi we, agereranya u Rwanda n’igihuru!

Ubwanditsi 22 Jun 2024
RDC: Intambara ikomeye y’inyeshyamba yatumye FARDC yamburwa ikigo cya gisirikare n’intwaro
Mu Rwanda

RDC: Intambara ikomeye y’inyeshyamba yatumye FARDC yamburwa ikigo cya gisirikare n’intwaro

Ubwanditsi 30 Jun 2017
RDF izahana by’intangarugero umusirikare warashe umuturage – Maj Gen  Jack Nziza
Mu Rwanda

RDF izahana by’intangarugero umusirikare warashe umuturage – Maj Gen Jack Nziza

Ubwanditsi 12 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru