• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • IMPAMVU ZIKOMEYE ZIKWIYE GUSUBIZA INGABIRE VICTOIRE MURI GEREZA   |   19 Jun 2025

  • APR FC yatangaje umunya-Maroc Taleb Abderrahim nk’umutoza wayo mu gihe cy’Imyaka 2 iri imbere ishobora kongerwa   |   17 Jun 2025

  • FDLR iracyari ihurizo rikomeye ku mutekano w’u Rwanda   |   17 Jun 2025

  • Munezero Valentine afatanyije na Mukandayisenga Benitha begukanye irushanwa rya Beach Volleyball   |   16 Jun 2025

  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Na ba Rwasa bari mu kwaha kwa Nkurunziza hari ibyo batumvikanaho nawe muri iyi mishyikirano ya Arusha
M. Evariste Ngayimpenda

Na ba Rwasa bari mu kwaha kwa Nkurunziza hari ibyo batumvikanaho nawe muri iyi mishyikirano ya Arusha

Editorial 29 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Abarundi baracyari muri Tanzania mu biganiro bigamije kugarura amahoro muri icyo gihugu cyayabuze kuva muri Mata 2015, ariko ababikurikiranira hafi bavuga yuko ibintu birushaho kudasobanuka !

 Kubera impamvu yiyiziye, umuhuza w’Abarundi, Benjamin Mkapa wahoze ari perezida wa Tanzania, ibi biganiro by’ibyumweru bibiri  yashatse kubishyira mu muhezo ukomeye. Aho kubera mu mujyi wa Arusha nk’uko byari bisanzwe, yabitwaye haze yawo muri Ngurdoto Mountain Lodge biyama n’itangazamakuru kutazibeshya ngo rihegere. Ibyo ariko ntabwo bibuza abanyamakuru kumenya ibihakorerwa.

Nk’uko biteye kuri gahunda y’umuhuza ibyo biganiro, byatangiye tariki 27/11/2017 bizarangira tariki 8/12/2017 hasinywa amasezerano y’amahoro. Hazaba hatumiwe abakuru bose b’ibihugu bigize umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika (EAC).

Kuba ayo masezerano azasinywa hari abo bakuru b’ibihugu umuntu yagatekereje yuko yakagombye kuba koko ari amasezerano  agarura amahoro.

Uko ibintu biteye ariko n’uko iyi mishyikirano irimo gukorwa yatangiranye ibibazo bituma itashobora gufata imyanzuro itanga icyizere.

Ubundi iyo uvuze abahanganye mu Burundi uba uvuze ubutegetsi bwa Nkurunziza n’ababurwanya bibumbiye muri CNARED (Conseil National pour le respect de l’Accord d’Arusha pour la Paix et la Réconciliation au Burundi et de l’Etat de droit). CNARED yanze kwitabira iyo mishyikirano ngo kuko batatumiwe nka CNARED ahubwo hakagenda hatumirwa umuntu umwe umwe Nkurunziza atabara nk’umwanzi we nyakuri ! Kuba rero ayo masezerano y’amahoro azasinywa CNARED itarimo nta cyizere bitanga yuko koko azagarura amahoro.

Hari ibindi bintu bibiri nabyo bikomeye, usanga na ya mashyaka ya opozisiyo ari mu kwaha kwa Nkurunziza agaragaza kutabyihanganira ! Ibi bijyanye n’icyifuzo cy’uko mu Burundi hajyaho guverinoma y’inzibacyo mbere y’amatora ya 2020, n’umugambi ubutegetsi bwa Nkurunziza bufite wo guhindura itegeko nshinga.

Ingorane ziri mu Burundi, ari nazo zitumye bari Arusha gushakira umuti, zatewe n’icyemezo cya Nkurunziza, muri Mata 2015, cyo kongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika kandi yari arangije manda ye ya kabiri y’imyaka itanu ari nayo yari iya nyuma.

Abatavuga rumwe na Nkurunziza babona yuko ari ku butegetsi binyuranijwe n’itegeko nshinga kimwe n’amasezerano ya Arusha yo muri 2000. Ayo masezerano niyo yagerageje guhagarika intambara zadutse mu 1993, akaba ari nayo masezerano yatumye Nkurunziza ajya ku butegetsi.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Nkurunziza bashaka yuko iyi mishyikirano barimo gukorera Arusha yasozwa hemeranyijwe yuko hajyaho guverinoma y’inzibacyuho ari nayo izategura amatora yo gusimbura Nkurunziza ku butegetsi. Ababikurikiranira hafi ariko bahamya yuko ubutegetsi bwa Nkurunziza budashobora kwemera ibya guverinoma y’inzibacyuho.

Ubwo butegetsi ahubwo bwatangiye kwitegurira iby’amatora ya 2020, bushakisha uko itegeko nshinga ryahinduka, ibya za manda za Perezida wa Repubulika bigahindura isura.

Inama y’abaminisitiri mu Burundi yateranye tariki 24/10/2017 yafashe icyemezo cy’uko itegeko nshinga rigomba kuvugururwa, muri Gashyantare umwaka utaha hakazabaho referendum yo gutorera ibyo bizaba byasanzwe bigomba kuvugururwa.

Nk’uko umuvugizi wa guverinoma y’u Burundi, Philippe Nzobonariba, yabitangaje itegeko nshinga ry’u Burundi rifite ingingo (articles) 307. Ngo inama y’abaminisitiri yemeje yuko muri izo ngingo zose 77 zizakorerwa ubugororangingo, 3 zikurwemo burundu naho 9 nshya zishyirwemo.

Muri izo ngingo nshya harimo izivuga yuko manda ya Perezida yava ku myaka itanu yongererwa icuro imwe ikajya ku myaka irindwi nayo yo ngerwa indi ncuro imwe. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakanga ibyo guhindura itegeko nshinga bavuga yuko ari uburyo Nkurunziza ashaka gukoresha ngo agume ku butegetsi ubuziraherezo !

Ntabwo ibyo guhindura itegeko nshinga birwanywa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi gusa, n’abo bizwi yuko bakorera mu kwaha kwabwo nabo barabirwanya. Abo barimo abantu nka Agathon Rwasa (FNL), Evariste Ngayimpenda bahuriye mu mpuzamashyaka bise Amizero y’Abarundi.

Undi ni Juvenal Ngorwanubusa wo mu ishyaka RMC-Rurenzangomero ariko nawe akaba abarizwa mu mizero y’Abarundi. Rwasa ubu ni Visi Perezida w’inteko nshingamategeko, akaba yarabaye mu ishyamba igihe kirekire ayoboye umutwe w’abarwanyi  witwaga Paripehutu.

Muri iyo mishyikirano irimo ibera Arusha ibyo bibazo bizigwaho. Icyo benshi biteze n’uko ubutegetsi bwa Nkurunziza butazemera guverinoma y’inzibacyuho kandi butanazemera kureka ko itegeko nshinga rivugururwa. Nta kuntu izo ngingo zombi zitazatuma ibintu bisubira rudubi n’ubwo n’ubundi nta gifatika cyari cyiyitegerejwemo !

Casmiry Kayumba

2017-11-29
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasabye abanyendiza kuba maso

Perezida Kagame yasabye abanyendiza kuba maso

Editorial 04 Jul 2018
Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Editorial 06 Mar 2024
Rudasingwa yateje ubwega ko ibibazo afite yabitewe na Kayumba

Rudasingwa yateje ubwega ko ibibazo afite yabitewe na Kayumba

Editorial 22 Feb 2018
Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Editorial 18 Jul 2022
Perezida Kagame yasabye abanyendiza kuba maso

Perezida Kagame yasabye abanyendiza kuba maso

Editorial 04 Jul 2018
Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Editorial 06 Mar 2024
Rudasingwa yateje ubwega ko ibibazo afite yabitewe na Kayumba

Rudasingwa yateje ubwega ko ibibazo afite yabitewe na Kayumba

Editorial 22 Feb 2018
Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Editorial 18 Jul 2022
Perezida Kagame yasabye abanyendiza kuba maso

Perezida Kagame yasabye abanyendiza kuba maso

Editorial 04 Jul 2018
Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Editorial 06 Mar 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru