• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Na ba Rwasa bari mu kwaha kwa Nkurunziza hari ibyo batumvikanaho nawe muri iyi mishyikirano ya Arusha
M. Evariste Ngayimpenda

Na ba Rwasa bari mu kwaha kwa Nkurunziza hari ibyo batumvikanaho nawe muri iyi mishyikirano ya Arusha

Ubwanditsi 29 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Abarundi baracyari muri Tanzania mu biganiro bigamije kugarura amahoro muri icyo gihugu cyayabuze kuva muri Mata 2015, ariko ababikurikiranira hafi bavuga yuko ibintu birushaho kudasobanuka !

 Kubera impamvu yiyiziye, umuhuza w’Abarundi, Benjamin Mkapa wahoze ari perezida wa Tanzania, ibi biganiro by’ibyumweru bibiri  yashatse kubishyira mu muhezo ukomeye. Aho kubera mu mujyi wa Arusha nk’uko byari bisanzwe, yabitwaye haze yawo muri Ngurdoto Mountain Lodge biyama n’itangazamakuru kutazibeshya ngo rihegere. Ibyo ariko ntabwo bibuza abanyamakuru kumenya ibihakorerwa.

Nk’uko biteye kuri gahunda y’umuhuza ibyo biganiro, byatangiye tariki 27/11/2017 bizarangira tariki 8/12/2017 hasinywa amasezerano y’amahoro. Hazaba hatumiwe abakuru bose b’ibihugu bigize umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika (EAC).

Kuba ayo masezerano azasinywa hari abo bakuru b’ibihugu umuntu yagatekereje yuko yakagombye kuba koko ari amasezerano  agarura amahoro.

Uko ibintu biteye ariko n’uko iyi mishyikirano irimo gukorwa yatangiranye ibibazo bituma itashobora gufata imyanzuro itanga icyizere.

Ubundi iyo uvuze abahanganye mu Burundi uba uvuze ubutegetsi bwa Nkurunziza n’ababurwanya bibumbiye muri CNARED (Conseil National pour le respect de l’Accord d’Arusha pour la Paix et la Réconciliation au Burundi et de l’Etat de droit). CNARED yanze kwitabira iyo mishyikirano ngo kuko batatumiwe nka CNARED ahubwo hakagenda hatumirwa umuntu umwe umwe Nkurunziza atabara nk’umwanzi we nyakuri ! Kuba rero ayo masezerano y’amahoro azasinywa CNARED itarimo nta cyizere bitanga yuko koko azagarura amahoro.

Hari ibindi bintu bibiri nabyo bikomeye, usanga na ya mashyaka ya opozisiyo ari mu kwaha kwa Nkurunziza agaragaza kutabyihanganira ! Ibi bijyanye n’icyifuzo cy’uko mu Burundi hajyaho guverinoma y’inzibacyo mbere y’amatora ya 2020, n’umugambi ubutegetsi bwa Nkurunziza bufite wo guhindura itegeko nshinga.

Ingorane ziri mu Burundi, ari nazo zitumye bari Arusha gushakira umuti, zatewe n’icyemezo cya Nkurunziza, muri Mata 2015, cyo kongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika kandi yari arangije manda ye ya kabiri y’imyaka itanu ari nayo yari iya nyuma.

Abatavuga rumwe na Nkurunziza babona yuko ari ku butegetsi binyuranijwe n’itegeko nshinga kimwe n’amasezerano ya Arusha yo muri 2000. Ayo masezerano niyo yagerageje guhagarika intambara zadutse mu 1993, akaba ari nayo masezerano yatumye Nkurunziza ajya ku butegetsi.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Nkurunziza bashaka yuko iyi mishyikirano barimo gukorera Arusha yasozwa hemeranyijwe yuko hajyaho guverinoma y’inzibacyuho ari nayo izategura amatora yo gusimbura Nkurunziza ku butegetsi. Ababikurikiranira hafi ariko bahamya yuko ubutegetsi bwa Nkurunziza budashobora kwemera ibya guverinoma y’inzibacyuho.

Ubwo butegetsi ahubwo bwatangiye kwitegurira iby’amatora ya 2020, bushakisha uko itegeko nshinga ryahinduka, ibya za manda za Perezida wa Repubulika bigahindura isura.

Inama y’abaminisitiri mu Burundi yateranye tariki 24/10/2017 yafashe icyemezo cy’uko itegeko nshinga rigomba kuvugururwa, muri Gashyantare umwaka utaha hakazabaho referendum yo gutorera ibyo bizaba byasanzwe bigomba kuvugururwa.

Nk’uko umuvugizi wa guverinoma y’u Burundi, Philippe Nzobonariba, yabitangaje itegeko nshinga ry’u Burundi rifite ingingo (articles) 307. Ngo inama y’abaminisitiri yemeje yuko muri izo ngingo zose 77 zizakorerwa ubugororangingo, 3 zikurwemo burundu naho 9 nshya zishyirwemo.

Muri izo ngingo nshya harimo izivuga yuko manda ya Perezida yava ku myaka itanu yongererwa icuro imwe ikajya ku myaka irindwi nayo yo ngerwa indi ncuro imwe. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bakanga ibyo guhindura itegeko nshinga bavuga yuko ari uburyo Nkurunziza ashaka gukoresha ngo agume ku butegetsi ubuziraherezo !

Ntabwo ibyo guhindura itegeko nshinga birwanywa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi gusa, n’abo bizwi yuko bakorera mu kwaha kwabwo nabo barabirwanya. Abo barimo abantu nka Agathon Rwasa (FNL), Evariste Ngayimpenda bahuriye mu mpuzamashyaka bise Amizero y’Abarundi.

Undi ni Juvenal Ngorwanubusa wo mu ishyaka RMC-Rurenzangomero ariko nawe akaba abarizwa mu mizero y’Abarundi. Rwasa ubu ni Visi Perezida w’inteko nshingamategeko, akaba yarabaye mu ishyamba igihe kirekire ayoboye umutwe w’abarwanyi  witwaga Paripehutu.

Muri iyo mishyikirano irimo ibera Arusha ibyo bibazo bizigwaho. Icyo benshi biteze n’uko ubutegetsi bwa Nkurunziza butazemera guverinoma y’inzibacyuho kandi butanazemera kureka ko itegeko nshinga rivugururwa. Nta kuntu izo ngingo zombi zitazatuma ibintu bisubira rudubi n’ubwo n’ubundi nta gifatika cyari cyiyitegerejwemo !

Casmiry Kayumba

2017-11-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Amafoto – Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali gukora Siporo rusange izwi nka “Car Free Day”

Ubwanditsi 17 Mar 2024
Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze

Nibyo koko Museveni arakomeye imbere ya Muhoozi kuko yamubyaye akamuha byose ariko siko bimeze kuri Afurika nkuko yabivuze

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k’ubumwe bw’Abanyarwanda kuko nibo babusenya

Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k’ubumwe bw’Abanyarwanda kuko nibo babusenya

Ubwanditsi 08 Sep 2021
Umunyarwanda Camir Nkurunziza wari umwe mubayoboke ba RNC  yarasiwe muri Afrika y’Epfo atwaye amabandi arapfa.

Umunyarwanda Camir Nkurunziza wari umwe mubayoboke ba RNC  yarasiwe muri Afrika y’Epfo atwaye amabandi arapfa.

Ubwanditsi 31 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bidatunguranye Lionel Messi yegukanye ” Ballon d’Or “ya gatanu
IMIKINO

Bidatunguranye Lionel Messi yegukanye ” Ballon d’Or “ya gatanu

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Imyanzuro yafatiwe mu mwiherero wa 15 w’abayobozi bakuru b’igihugu
INKURU NYAMUKURU

Imyanzuro yafatiwe mu mwiherero wa 15 w’abayobozi bakuru b’igihugu

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza hakinwa umunsi wa gatandatu

Ubwanditsi 01 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru