• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abakuru b’ibihugu barimo Ali Bongo

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abakuru b’ibihugu barimo Ali Bongo

Editorial 30 Nov 2017 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’abakuru b’ibihugu barimo Ali Bongo wa Gabon, Faure Gnassingbé wa Togo na Minisitiri w’intebe wa Mauritius Pravind Jugnauth.

Perezida Kagame yanabonanye kandi na Minisitiri w’intebe wa Mauritius Pravind Jugnauth

Ibiganiro by’aba bayobozi byabereye muri Cote d’Ivoire, aho Perezida Paul Kagame kimwe n’aba bagenzi be bari bitabiriye inama mpuzamahanga ya 5 ihuza Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ndetse n’Umuryango w’ibihugu by’Uburayi.

Ibihugu by’u Rwanda na Togo bisanzwe bifitanye umubano cyane cyane ushingiye ku iterambere.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’ikinyamakuru Jeune Afrique mu mwaka wa 2015, Perezida Faure Gnassingbé yatangaje ko afata Perezida Kagame nk’icyitegererezo mu bakuru b’ibihugu, agendeye ku buryo yateje imbere u Rwanda haba mu rwego rw’ubukungu, imibereho myiza n’imibanire y’abaturage.

Avuga ko akundira Perezida Kagame imitekerereze ye yo ku rwego rwo hejuru ishingiye ku kuba Abanyafurika bakwiye kwikemurira ibibazo ubwabo aho gutegera amaboko amahanga.

U Rwanda na Gabon na byo bisanzwe ari ibihugu bifatanya muri byinshi, abakuru b’ibihugu byombi bakaba bagenderana mu rwego rwo gukomeza ubu bufatanye bushingiye ku by’ukungu.

Naho ibirwa bya Mauritius, ni byo bikunze kuza imbere y’u Rwanda muri Afurika mu bijyanye n’uburyo ibihugu byoroshya ishoramari.

Muri iyi nama yaberaga muri Cote d’Ivoire, Perezida Kagame kandi yanabonanye n’Umunyamabanga mukuru wa Loni Antonio Gueterres bagirana ibiganiro byihariye.

Uretse aba bayobozi Perezida Kagame yabonanye na bo, yanatanze ikiganiro mu bakuru b’ibihugu bari bitabiriye iyi nama, aho yavuze ko ibihugu bikwiye gufatanya bigashaka ibisubizo by’ibibazo bihura na byo, aza no gukomoza ku kibazo cy’abimukira bo muri Libya.

Aba bimukira ni abaturuka mu bihugu bitandukanye bya Afurika, bajya muri Libya bafite inzozi zo kujya gushaka imibereho ku mugabane w’i Burayi baciye mu nyanja ya Méditerranée, ariko abenshi ntibahirwa n’uru rugendo.

2017-11-30
Editorial

IZINDI NKURU

Guillaume Ancel akomeje guterwa ubwoba azira kugaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri jenoside

Guillaume Ancel akomeje guterwa ubwoba azira kugaragaza uruhare rw’u Bufaransa muri jenoside

Editorial 08 Mar 2018
Ishyaka DGPR rirasaba Leta y’u Rwanda  guhagarika abakora ibikorwa bigira ingaruka mbi kubidukikije

Ishyaka DGPR rirasaba Leta y’u Rwanda guhagarika abakora ibikorwa bigira ingaruka mbi kubidukikije

Editorial 05 Jun 2018
Umukandida u Rwanda rwifuzaga, yongeye gutorerwa kuyobora Banki y’Isi

Umukandida u Rwanda rwifuzaga, yongeye gutorerwa kuyobora Banki y’Isi

Editorial 28 Sep 2016
Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC

Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC

Editorial 11 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni
IKORANABUHANGA

Mu Rwanda hagiye gutangizwa ikoranabuhanga ryo kugura Gaz kuri telefoni

Editorial 16 Jan 2019
Dorothy  umugore wa Rudasingwa yatabajwe igitaraganya ko umugabo we ashobora kwitaba Imana
ITOHOZA

Dorothy umugore wa Rudasingwa yatabajwe igitaraganya ko umugabo we ashobora kwitaba Imana

Editorial 13 Jun 2016
Uganda: Umusore w’imyaka 19 afunzwe akurikiranyweho gutuka Perezida Museveni
Mu Mahanga

Uganda: Umusore w’imyaka 19 afunzwe akurikiranyweho gutuka Perezida Museveni

Editorial 06 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru