• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abakuru b’ibihugu barimo Ali Bongo

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abakuru b’ibihugu barimo Ali Bongo

Editorial 30 Nov 2017 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’abakuru b’ibihugu barimo Ali Bongo wa Gabon, Faure Gnassingbé wa Togo na Minisitiri w’intebe wa Mauritius Pravind Jugnauth.

Perezida Kagame yanabonanye kandi na Minisitiri w’intebe wa Mauritius Pravind Jugnauth

Ibiganiro by’aba bayobozi byabereye muri Cote d’Ivoire, aho Perezida Paul Kagame kimwe n’aba bagenzi be bari bitabiriye inama mpuzamahanga ya 5 ihuza Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ndetse n’Umuryango w’ibihugu by’Uburayi.

Ibihugu by’u Rwanda na Togo bisanzwe bifitanye umubano cyane cyane ushingiye ku iterambere.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’ikinyamakuru Jeune Afrique mu mwaka wa 2015, Perezida Faure Gnassingbé yatangaje ko afata Perezida Kagame nk’icyitegererezo mu bakuru b’ibihugu, agendeye ku buryo yateje imbere u Rwanda haba mu rwego rw’ubukungu, imibereho myiza n’imibanire y’abaturage.

Avuga ko akundira Perezida Kagame imitekerereze ye yo ku rwego rwo hejuru ishingiye ku kuba Abanyafurika bakwiye kwikemurira ibibazo ubwabo aho gutegera amaboko amahanga.

U Rwanda na Gabon na byo bisanzwe ari ibihugu bifatanya muri byinshi, abakuru b’ibihugu byombi bakaba bagenderana mu rwego rwo gukomeza ubu bufatanye bushingiye ku by’ukungu.

Naho ibirwa bya Mauritius, ni byo bikunze kuza imbere y’u Rwanda muri Afurika mu bijyanye n’uburyo ibihugu byoroshya ishoramari.

Muri iyi nama yaberaga muri Cote d’Ivoire, Perezida Kagame kandi yanabonanye n’Umunyamabanga mukuru wa Loni Antonio Gueterres bagirana ibiganiro byihariye.

Uretse aba bayobozi Perezida Kagame yabonanye na bo, yanatanze ikiganiro mu bakuru b’ibihugu bari bitabiriye iyi nama, aho yavuze ko ibihugu bikwiye gufatanya bigashaka ibisubizo by’ibibazo bihura na byo, aza no gukomoza ku kibazo cy’abimukira bo muri Libya.

Aba bimukira ni abaturuka mu bihugu bitandukanye bya Afurika, bajya muri Libya bafite inzozi zo kujya gushaka imibereho ku mugabane w’i Burayi baciye mu nyanja ya Méditerranée, ariko abenshi ntibahirwa n’uru rugendo.

2017-11-30
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

Editorial 07 Jun 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro  na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde

Editorial 12 Mar 2018
U Bufaransa: Umuriro watse hagati ya François Fillon na François Hollande

U Bufaransa: Umuriro watse hagati ya François Fillon na François Hollande

Editorial 25 Mar 2017
Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yemerenywa na Tanzania yafunze umunyamakuru ufite ubwenegihugu bwa Afrika y’Epfo

Afrika y’Epfo: Min. Lindiwe Sisulu yemerenywa na Tanzania yafunze umunyamakuru ufite ubwenegihugu bwa Afrika y’Epfo

Editorial 13 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bizimana Djihad ntabwo azitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina umukino wa gicuti na Centre Africa.
Amakuru

Bizimana Djihad ntabwo azitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu Amavubi yitegura gukina umukino wa gicuti na Centre Africa.

Editorial 01 Jun 2021
Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda
ITOHOZA

Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Editorial 25 Mar 2019
Ibyanenzwe na Perezida Kagame m ‘Umushyikirano : ‘Imitangire ya serivisi mbi n’ abashima ibyagezweho  kandi umuntu adakwiye kubyirata’
Mu Mahanga

Ibyanenzwe na Perezida Kagame m ‘Umushyikirano : ‘Imitangire ya serivisi mbi n’ abashima ibyagezweho kandi umuntu adakwiye kubyirata’

Editorial 19 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru