• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abakuru b’ibihugu barimo Ali Bongo

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abakuru b’ibihugu barimo Ali Bongo

Ubwanditsi 30 Nov 2017 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’abakuru b’ibihugu barimo Ali Bongo wa Gabon, Faure Gnassingbé wa Togo na Minisitiri w’intebe wa Mauritius Pravind Jugnauth.

Perezida Kagame yanabonanye kandi na Minisitiri w’intebe wa Mauritius Pravind Jugnauth

Ibiganiro by’aba bayobozi byabereye muri Cote d’Ivoire, aho Perezida Paul Kagame kimwe n’aba bagenzi be bari bitabiriye inama mpuzamahanga ya 5 ihuza Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ndetse n’Umuryango w’ibihugu by’Uburayi.

Ibihugu by’u Rwanda na Togo bisanzwe bifitanye umubano cyane cyane ushingiye ku iterambere.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’ikinyamakuru Jeune Afrique mu mwaka wa 2015, Perezida Faure Gnassingbé yatangaje ko afata Perezida Kagame nk’icyitegererezo mu bakuru b’ibihugu, agendeye ku buryo yateje imbere u Rwanda haba mu rwego rw’ubukungu, imibereho myiza n’imibanire y’abaturage.

Avuga ko akundira Perezida Kagame imitekerereze ye yo ku rwego rwo hejuru ishingiye ku kuba Abanyafurika bakwiye kwikemurira ibibazo ubwabo aho gutegera amaboko amahanga.

U Rwanda na Gabon na byo bisanzwe ari ibihugu bifatanya muri byinshi, abakuru b’ibihugu byombi bakaba bagenderana mu rwego rwo gukomeza ubu bufatanye bushingiye ku by’ukungu.

Naho ibirwa bya Mauritius, ni byo bikunze kuza imbere y’u Rwanda muri Afurika mu bijyanye n’uburyo ibihugu byoroshya ishoramari.

Muri iyi nama yaberaga muri Cote d’Ivoire, Perezida Kagame kandi yanabonanye n’Umunyamabanga mukuru wa Loni Antonio Gueterres bagirana ibiganiro byihariye.

Uretse aba bayobozi Perezida Kagame yabonanye na bo, yanatanze ikiganiro mu bakuru b’ibihugu bari bitabiriye iyi nama, aho yavuze ko ibihugu bikwiye gufatanya bigashaka ibisubizo by’ibibazo bihura na byo, aza no gukomoza ku kibazo cy’abimukira bo muri Libya.

Aba bimukira ni abaturuka mu bihugu bitandukanye bya Afurika, bajya muri Libya bafite inzozi zo kujya gushaka imibereho ku mugabane w’i Burayi baciye mu nyanja ya Méditerranée, ariko abenshi ntibahirwa n’uru rugendo.

2017-11-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”

RUSHYASHYA 11 Apr 2026
Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ubwanditsi 18 Nov 2024
Perezida Kagame yageze i Dakar muri Senegal

Perezida Kagame yageze i Dakar muri Senegal

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Perezida Trump mu mazi abira

Perezida Trump mu mazi abira

Ubwanditsi 25 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United
Amakuru

Ku munsi wa 13 wa PNL, APR FC yatsikiye, Police FC itsindwa na Bugesera FC, Rayon irakira Muhazi United

Ubwanditsi 06 Dec 2023
Uwizeyimana Bonaventure abaye umukinnyi wa mbere ukina mu Rwanda wegukanye agace muri Tour du Rwanda, ubwo yashoboraga kugera i Rwamagana ari ku isonga
IMIKINO

Uwizeyimana Bonaventure abaye umukinnyi wa mbere ukina mu Rwanda wegukanye agace muri Tour du Rwanda, ubwo yashoboraga kugera i Rwamagana ari ku isonga

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Mugabe Robert yasubijwe muri gereza

Ubwanditsi 22 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru