• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amerika yasabye Odinga kureka ibyo kurahirira kuyobora Kenya arabyanga

Amerika yasabye Odinga kureka ibyo kurahirira kuyobora Kenya arabyanga

Ubwanditsi 07 Dec 2017 POLITIKI

Raila Odinga wari uhanganye  na Uhuru Kenyatta mu matora y’umukuru w’igihugu muri Kenya atangaza ko imihango yo kumurahiza nka Perezida w’icyo gihugu izaba kuwa kabiri mu cyumweru gitaha, ariko akaba akomeje kugirwa inama zo kubireka akica amatwi !

Kuwa kabiri w’iki cyumweru nibwo Raila Odinga uyobora National Super Alliance (NASA) yatangaje yuko kuwa kabiri w’icyumweru gitaha azarahirira umwanya w’umukuru w’igihugu ngo kuko ubu Kenya nta Perezida ifite.

Nk’uko tubikesha ibinyamakuru bitandukanye muri Kenya, ejo kuwa gatatu igihugu cya leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zagiriye inama Odinga kureka iyo gahunda y’irahizwa ngo kuko Kenya ifite umukuru w’igihugu, Uhuru Kenyatta, warahirijwe uwo mwanya tariki 28 z’ukwezi gushize.

Ibyo bitangazamakuru bivuga yuko Umuyobozi wungirije ushinzwe ibibazo bya Afurika muri minisiteri  y’ububanyi n’amahanga ya Amerika, Donald Yamamoto ejo ari Nairobi yabwiye Odinga yuko ibyo arimo byo gushaka kurahizwa nk’umukuru w’igihugu cya Kenya bishobora gutuma Perezida Donald Trump amufatira ibihano.

Ibyo Yamamoto yabibwiye Odinga arikumwe n’abandi bafatikanyije kuyobora NASA,  aribo bayobozi b’andi mashyaka agize NASA. Abo ni Musalia Mudavadi, Mose Wetang’ula na Kivutha Kibwana wari  uhagarariye umuyobozi w’ishyaka Wiper, Kalonzo Musoka, ubu uri hanze y’igihugu.

Raila Odinga avuga yuko agomba kurahirira uwo mwanya w’umukuru w’igihugu cya Kenya ngo kuko ariwe watsinze amatora ya tariki 8/8/2017, akibwa amajwi na komosiyo y’amatora (IEBC). Akavuga yuko amatora y’isubirwamo yakozwe tariki 26/10/2017 yarabivuze kare yuko atayemera na Kenyatta atamwemera ko yarahiriye umwanya wa Perezida wa repubulika  abikesha ibyavuye mu matora atemera.

Odinga akavuga yuko Amerika cyangwa ibindi bihugu nkayo bitagatekereje ibyo kumubuza kurahirira uwo mwanya ngo kuko yasanze nta ncuti zibarimo. Ngo Kenyatta yibye amajwi baraceceka, Abanyakenya baricwa mu bihe by’amatora baraceceka ngo none  baramugira inama yo kureka imigambi ye ntakuka yo kurahirira kuba Perezida wa Kenya ngo kandi bakabaye bahamya yuko ubu Kenya nta Perezida ifite. Raila ati ibyo bihugu nakekaga yuko ari incuti none namenye neza yuko ari abanzi ba Mbere.

Uyu munsi nabwo umushinjacyaha mukuru  wa Kenya, Githu Muigai yaburiye Odinga yuko gahunda afite zo kurahirira umwanya w’umukuru w’igihugu cya Kenya tariki 12 z’uku kwezi ari ugukina mu bikomeye.

Muigai yavuze yuko icyo ari icyaha gikomeye cyane, uwo gihamye ahanishwa igihano cy’urupfu ! Ngo n’abazitabira iyo mihango bazahamwa n’icyaha nk’icyo.

Kayumba Casmiry

 

2017-12-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’

Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’

Ubwanditsi 11 Oct 2018
Ikibazo cy’abarwanyi ba FDLR kiri mu biraje ishinga ba Perezida Kagame na Perezida  Kabila

Ikibazo cy’abarwanyi ba FDLR kiri mu biraje ishinga ba Perezida Kagame na Perezida Kabila

Ubwanditsi 17 Aug 2016
FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura

FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura

RUSHYASHYA 04 Dec 2025
Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Ubwanditsi 11 Jun 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamategeko Ndibwami Alain arasaba  ubuhungiro muri Canada
INKURU NYAMUKURU

Umunyamategeko Ndibwami Alain arasaba  ubuhungiro muri Canada

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho  kwica  Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko
ITOHOZA

Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho kwica Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko

Ubwanditsi 15 Jan 2018
Ukuri ni nk’inkorora, ntiguhishwa, Andi makuru acukumbuye ku binyoma byose bya Paul Rusesabagina
Amakuru

Ukuri ni nk’inkorora, ntiguhishwa, Andi makuru acukumbuye ku binyoma byose bya Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 19 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru