• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amerika yasabye Odinga kureka ibyo kurahirira kuyobora Kenya arabyanga

Amerika yasabye Odinga kureka ibyo kurahirira kuyobora Kenya arabyanga

Ubwanditsi 07 Dec 2017 POLITIKI

Raila Odinga wari uhanganye  na Uhuru Kenyatta mu matora y’umukuru w’igihugu muri Kenya atangaza ko imihango yo kumurahiza nka Perezida w’icyo gihugu izaba kuwa kabiri mu cyumweru gitaha, ariko akaba akomeje kugirwa inama zo kubireka akica amatwi !

Kuwa kabiri w’iki cyumweru nibwo Raila Odinga uyobora National Super Alliance (NASA) yatangaje yuko kuwa kabiri w’icyumweru gitaha azarahirira umwanya w’umukuru w’igihugu ngo kuko ubu Kenya nta Perezida ifite.

Nk’uko tubikesha ibinyamakuru bitandukanye muri Kenya, ejo kuwa gatatu igihugu cya leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zagiriye inama Odinga kureka iyo gahunda y’irahizwa ngo kuko Kenya ifite umukuru w’igihugu, Uhuru Kenyatta, warahirijwe uwo mwanya tariki 28 z’ukwezi gushize.

Ibyo bitangazamakuru bivuga yuko Umuyobozi wungirije ushinzwe ibibazo bya Afurika muri minisiteri  y’ububanyi n’amahanga ya Amerika, Donald Yamamoto ejo ari Nairobi yabwiye Odinga yuko ibyo arimo byo gushaka kurahizwa nk’umukuru w’igihugu cya Kenya bishobora gutuma Perezida Donald Trump amufatira ibihano.

Ibyo Yamamoto yabibwiye Odinga arikumwe n’abandi bafatikanyije kuyobora NASA,  aribo bayobozi b’andi mashyaka agize NASA. Abo ni Musalia Mudavadi, Mose Wetang’ula na Kivutha Kibwana wari  uhagarariye umuyobozi w’ishyaka Wiper, Kalonzo Musoka, ubu uri hanze y’igihugu.

Raila Odinga avuga yuko agomba kurahirira uwo mwanya w’umukuru w’igihugu cya Kenya ngo kuko ariwe watsinze amatora ya tariki 8/8/2017, akibwa amajwi na komosiyo y’amatora (IEBC). Akavuga yuko amatora y’isubirwamo yakozwe tariki 26/10/2017 yarabivuze kare yuko atayemera na Kenyatta atamwemera ko yarahiriye umwanya wa Perezida wa repubulika  abikesha ibyavuye mu matora atemera.

Odinga akavuga yuko Amerika cyangwa ibindi bihugu nkayo bitagatekereje ibyo kumubuza kurahirira uwo mwanya ngo kuko yasanze nta ncuti zibarimo. Ngo Kenyatta yibye amajwi baraceceka, Abanyakenya baricwa mu bihe by’amatora baraceceka ngo none  baramugira inama yo kureka imigambi ye ntakuka yo kurahirira kuba Perezida wa Kenya ngo kandi bakabaye bahamya yuko ubu Kenya nta Perezida ifite. Raila ati ibyo bihugu nakekaga yuko ari incuti none namenye neza yuko ari abanzi ba Mbere.

Uyu munsi nabwo umushinjacyaha mukuru  wa Kenya, Githu Muigai yaburiye Odinga yuko gahunda afite zo kurahirira umwanya w’umukuru w’igihugu cya Kenya tariki 12 z’uku kwezi ari ugukina mu bikomeye.

Muigai yavuze yuko icyo ari icyaha gikomeye cyane, uwo gihamye ahanishwa igihano cy’urupfu ! Ngo n’abazitabira iyo mihango bazahamwa n’icyaha nk’icyo.

Kayumba Casmiry

 

2017-12-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame  na Mme we  bavuye  i Beijing mu Bushinwa

Perezida Kagame na Mme we bavuye i Beijing mu Bushinwa

Ubwanditsi 17 Mar 2017
Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Ubwanditsi 09 Jun 2017
Mu mvugo y’abajenosideri, ishyaka CNDD-FDD risanga kuvuga Jenoside yakorewe Abatutsi ari”ukwiriza”!

Mu mvugo y’abajenosideri, ishyaka CNDD-FDD risanga kuvuga Jenoside yakorewe Abatutsi ari”ukwiriza”!

Ubwanditsi 06 Jan 2025
Perezida Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019

Perezida Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019

Ubwanditsi 08 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urubanza rwa Col Byabagamba na Gen Rusagara rwapfundikiwe batsemba ibyaha byose
Amakuru

Urubanza rwa Col Byabagamba na Gen Rusagara rwapfundikiwe batsemba ibyaha byose

Ubwanditsi 08 Mar 2016
Abanyamerika bagaragaje ko Obama ariwe Perezida wabo w’ibihe byose
POLITIKI

Abanyamerika bagaragaje ko Obama ariwe Perezida wabo w’ibihe byose

Ubwanditsi 15 Jul 2018
CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga
Amakuru

CAF yemeje ko sitade Amahoro ifite ubushobozi bwo kwakira imikino mpuzamahanga

Ubwanditsi 14 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru