• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Amerika yasabye Odinga kureka ibyo kurahirira kuyobora Kenya arabyanga

Amerika yasabye Odinga kureka ibyo kurahirira kuyobora Kenya arabyanga

Ubwanditsi 07 Dec 2017 POLITIKI

Raila Odinga wari uhanganye  na Uhuru Kenyatta mu matora y’umukuru w’igihugu muri Kenya atangaza ko imihango yo kumurahiza nka Perezida w’icyo gihugu izaba kuwa kabiri mu cyumweru gitaha, ariko akaba akomeje kugirwa inama zo kubireka akica amatwi !

Kuwa kabiri w’iki cyumweru nibwo Raila Odinga uyobora National Super Alliance (NASA) yatangaje yuko kuwa kabiri w’icyumweru gitaha azarahirira umwanya w’umukuru w’igihugu ngo kuko ubu Kenya nta Perezida ifite.

Nk’uko tubikesha ibinyamakuru bitandukanye muri Kenya, ejo kuwa gatatu igihugu cya leta zunze ubumwe za Amerika (USA) zagiriye inama Odinga kureka iyo gahunda y’irahizwa ngo kuko Kenya ifite umukuru w’igihugu, Uhuru Kenyatta, warahirijwe uwo mwanya tariki 28 z’ukwezi gushize.

Ibyo bitangazamakuru bivuga yuko Umuyobozi wungirije ushinzwe ibibazo bya Afurika muri minisiteri  y’ububanyi n’amahanga ya Amerika, Donald Yamamoto ejo ari Nairobi yabwiye Odinga yuko ibyo arimo byo gushaka kurahizwa nk’umukuru w’igihugu cya Kenya bishobora gutuma Perezida Donald Trump amufatira ibihano.

Ibyo Yamamoto yabibwiye Odinga arikumwe n’abandi bafatikanyije kuyobora NASA,  aribo bayobozi b’andi mashyaka agize NASA. Abo ni Musalia Mudavadi, Mose Wetang’ula na Kivutha Kibwana wari  uhagarariye umuyobozi w’ishyaka Wiper, Kalonzo Musoka, ubu uri hanze y’igihugu.

Raila Odinga avuga yuko agomba kurahirira uwo mwanya w’umukuru w’igihugu cya Kenya ngo kuko ariwe watsinze amatora ya tariki 8/8/2017, akibwa amajwi na komosiyo y’amatora (IEBC). Akavuga yuko amatora y’isubirwamo yakozwe tariki 26/10/2017 yarabivuze kare yuko atayemera na Kenyatta atamwemera ko yarahiriye umwanya wa Perezida wa repubulika  abikesha ibyavuye mu matora atemera.

Odinga akavuga yuko Amerika cyangwa ibindi bihugu nkayo bitagatekereje ibyo kumubuza kurahirira uwo mwanya ngo kuko yasanze nta ncuti zibarimo. Ngo Kenyatta yibye amajwi baraceceka, Abanyakenya baricwa mu bihe by’amatora baraceceka ngo none  baramugira inama yo kureka imigambi ye ntakuka yo kurahirira kuba Perezida wa Kenya ngo kandi bakabaye bahamya yuko ubu Kenya nta Perezida ifite. Raila ati ibyo bihugu nakekaga yuko ari incuti none namenye neza yuko ari abanzi ba Mbere.

Uyu munsi nabwo umushinjacyaha mukuru  wa Kenya, Githu Muigai yaburiye Odinga yuko gahunda afite zo kurahirira umwanya w’umukuru w’igihugu cya Kenya tariki 12 z’uku kwezi ari ugukina mu bikomeye.

Muigai yavuze yuko icyo ari icyaha gikomeye cyane, uwo gihamye ahanishwa igihano cy’urupfu ! Ngo n’abazitabira iyo mihango bazahamwa n’icyaha nk’icyo.

Kayumba Casmiry

 

2017-12-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Ubwanditsi 24 Nov 2024
Uganda: Ihangana hagati ya Leta n’abanyamadini

Uganda: Ihangana hagati ya Leta n’abanyamadini

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Amb. Mugambage yasabye Uganda gukora iperereza ku ‘mitwe y’iterabwoba’ ishaka guhungabanya u Rwanda

Amb. Mugambage yasabye Uganda gukora iperereza ku ‘mitwe y’iterabwoba’ ishaka guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 06 Jul 2018
Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Ubwanditsi 02 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Akagambane karagwira: Bihemu Patrick Benerugaba yatumiye abantu mu isabukuru, bisanga muri mitingi y’ibigarasha
Amakuru

Akagambane karagwira: Bihemu Patrick Benerugaba yatumiye abantu mu isabukuru, bisanga muri mitingi y’ibigarasha

Ubwanditsi 29 Dec 2021
Amavubi adafite kapiteni wayo Haruna Niyonzima na Rafael York ntibari mu bakinnyi bakina na Kenya
Amakuru

Amavubi adafite kapiteni wayo Haruna Niyonzima na Rafael York ntibari mu bakinnyi bakina na Kenya

Ubwanditsi 15 Nov 2021
Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki  (Handball)
Mu Mahanga

Polisi yerekanye abakinnyi bashya n’ibikombe yatwaye mu mikino y’intoki (Handball)

Ubwanditsi 01 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru