• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.

UBUHANUZI:Abashaka guteza umutekano muke mu Rwanda ndetse n’impfu za hato na hato i Burundi bigiye kuburizwamo.

Editorial 11 Dec 2017 HIRYA NO HINO

Mu gihe Hashize igihe kitari gito mu gihugu cy’u Burundi hari umutekano muke,intambara,impfu z’abantu za buri kanya,ibi bikaba byaranatumye benshi mu baturage bo muri iki gihugu bahunga bamwe bakaza mu Rwanda abandi bakajya mu bindi bihugu, umukozi w’Imana Bishop Rugagi Innocent uyoboye itorero ry’Abacunguwe mu Rwanda ( Redeemed Gospel church yahaye impunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda igihe gito zikongera gutahuka ubwo amahoro azaba agarutse mu gihugu cy’Uburundi ,ndetse ngo n’abafite imigambi mibi ku Rwanda ikazabapfubana ba nyirayo , ahamya ko ari ubuhanuzi ahawe n’Imana.

Bishop Rugagi Innocent yahanuye ko ibyo byose Imana ibihagurukiye

Ni kenshi abantu bizera ndetse bakanemera ubuhanuzi,ariko hari nubwo bamwe bahakana ndetse ntibemere ubuhanuzi bitewe n’imyemerere yabo bishingiye ku myumvire yabo.

Gusa ku barundi bamwe bari bari mu giterane cy’amasengesho yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Ukuboza 2017 ari naho uyu mushumba yabahereye amasezerano ndetse n’ikizere , bahamije ko batapfa gupinga ubuhanuzi bw’umukozi w’Imana kandi nabwo bafite ukwizera ko byanga byakunda bizarangira ngo kuko bataremewe kuba mubuhunzi iteka.

Umwe mu barundi witwa Mugisha waganiriye n’umunyamakuru w’Iyobokamana.com yagize ati:” Nje sinaca mpakana ubuhanuzi bw’umukozi w’Imana kuko n’ubundi bizoca bihere .Ndazi neza ko nta mvura igwa ntihite ,menga n’iyo kubwa Nowa yaciye ihera”.

Ubwo umushumba w’itorero Abacunguwe,Bishop Rugagi Innocent yari arimo yigisha ijambo ry’Imana,ageze mu mwanya w’ubuhanuzi yavuze byinshi bihumuriza abarundi,abasaba gusengera igihugu cyabo kuko aribo bambere babigomba,ndetse anabaha igihe bazaba baviriye muri ibyo bibazo.

Mu magambo ye umushumba w’itorero Abacunguwe,Bishop Rugagi Innocent yagize ati:”Abarundi nimwe bambere mukwiriye gusengera igihugu cyanyu.Nubwo twe twagisengera ntabwo twagisengera kubarusha kuko nimwe muzi ibibazo biri mu gihugu cyanyu,nimwe muzi ingorane muri guhura nazo,nimwe muzi abanyu bapfuye kubera umutekano muke uhari,nimwe muzi uko ubuhunzi bubamereye nabi.Ariko ndababwiza ukuri ko Bigiye kuba rimwe muhite mubona amahoro”.

Nyuma yo kuvuga aya magambo yanasengeye iki gihugu ndetse n’abaturage bacyo aho yasabaga Imanaya Isiraheri ngo ize itabare ubwoko bwayo

Uyu mushumba yasengeye n’igihugu cy’ uRwanda aho yavugaga ko abafite imigambi mibi ku gihugu cy’ u Rwanda batsindwa kandi Imana ikazana amahoro.

Bishop Rugagi yanavuzeko Imana itajya ikorera mu ntambara ahubwo ikorera ahari amahoro ndetse ikanazana ibisubizo bikwiye kuko hari amahoro n’umutekano.

Ngo niyo mpamvu Imana itazemerera abashaka kurogoya iterambere ndetse n’ahazaza heza h’igihugu cy’U Rwanda ndetse n’abanyarwa kuko ibakunda kandi ibafiteho Imigmbi myiza.

2017-12-11
Editorial

IZINDI NKURU

Rwenzori : Ubufatanye hagati y’ u Bufaransa na Uganda buhatsi iki?

Rwenzori : Ubufatanye hagati y’ u Bufaransa na Uganda buhatsi iki?

Editorial 05 Nov 2018
Bobi Wine yafatiwe ku kibuga cy’indege

Bobi Wine yafatiwe ku kibuga cy’indege

Editorial 31 Aug 2018
Urujijo k’Urupfu rw’umunyamategeko Sendegeya, Abantu babiri bahoze muri M23 batawe muri yombi 

Urujijo k’Urupfu rw’umunyamategeko Sendegeya, Abantu babiri bahoze muri M23 batawe muri yombi 

Editorial 05 Aug 2019
RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda

RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda

Editorial 28 Jun 2018
Rwenzori : Ubufatanye hagati y’ u Bufaransa na Uganda buhatsi iki?

Rwenzori : Ubufatanye hagati y’ u Bufaransa na Uganda buhatsi iki?

Editorial 05 Nov 2018
Bobi Wine yafatiwe ku kibuga cy’indege

Bobi Wine yafatiwe ku kibuga cy’indege

Editorial 31 Aug 2018
Urujijo k’Urupfu rw’umunyamategeko Sendegeya, Abantu babiri bahoze muri M23 batawe muri yombi 

Urujijo k’Urupfu rw’umunyamategeko Sendegeya, Abantu babiri bahoze muri M23 batawe muri yombi 

Editorial 05 Aug 2019
RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda

RDC: Mu Kigo cya gisirikare cya FARDC hafatiwe intwaro zitazwi ndetse n’Abarundi n’Abanyarwanda

Editorial 28 Jun 2018
Rwenzori : Ubufatanye hagati y’ u Bufaransa na Uganda buhatsi iki?

Rwenzori : Ubufatanye hagati y’ u Bufaransa na Uganda buhatsi iki?

Editorial 05 Nov 2018
Bobi Wine yafatiwe ku kibuga cy’indege

Bobi Wine yafatiwe ku kibuga cy’indege

Editorial 31 Aug 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru