• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: Insoresore 40 zari zijyanywe na RNC gutorezwa muri Congo zatawe muri yombi mu gisa no kutumvikana hagati ya polisi na CMI

Uganda: Insoresore 40 zari zijyanywe na RNC gutorezwa muri Congo zatawe muri yombi mu gisa no kutumvikana hagati ya polisi na CMI

Ubwanditsi 12 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Itsinda ry’impunzi 40 z’abanyarwanda zari zerekeje mu myitozo ya RNC, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatawe muri yombi na polisi ya Uganda k’ubufatanye na Tanzania.

Izi mpunzi zari itsinda rigizwe n’abasore bakiri bato, bagenderaga ku byangombwa by’inzira by’igihe gito bya Uganda ariko by’ibihimbano, bahawe n’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda, CMI, kugira ngo bazabashe kwambuka umupaka wa Tanzania, berekeze mu Burundi hanyuma binjire muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Majyepfo yayo ahazwi nka Minebwe.

Aba batawe muri yombi kuri uyu wa Mbere bagiye muri iyi myitozo ya gisirikare, bari mu modoka y’ibara ry’umuhondo n’icyatsi ifite purake ya Uganda ya UAD374B. Babeshyaga ko bajyanywe mu Burundi mu bikorwa nyobokamana.

Kugira ngo bafatwe, bwa mbere na mbere bageze ku mupaka wa Kikagati, Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Uganda rukababuza kugenda kubera ibyangombwa by’inzira nyuma yo gukeka ubuziranenge bwabyo.

Umwe mu bakora muri uru rwego yatangaje ko bagize amakenga y’uburyo aba banyarwanda bakiri bato bagendera ku byangombwa by’inzira bya Uganda bose hamwe nk’itsinda.

Mu gihe bababazaga, amakuru yatanzwe n’umwe mu bakora kuri uwo mupaka, ni uko abakozi b’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka bashyizweho igitutu n’abantu bo ‘hejuru’, babategeka kurekura iryo tsinda rigakomeza urugendo.

Ibyo bimaze kuba, ngo abashinzwe abinjira n’abasohoka bahise bamenyesha Polisi ya Uganda iby’iri tsinda rishaka gusohoka igihugu rigendeye ku mpapuro mpimbano. Polisi nayo yahise imenyesha abo ku ruhande rwa Tanzania kugira ngo baribuze kwinjira ku butaka bwayo ahubwo bagaruke muri Uganda.

Ubwo bagarukaga ku mupaka, amakuru avuga ko abakozi b’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka bongeye gutegekwa kubarekura ahubwo bakabafasha ako kanya ku buryo binjira muri Tanzania.

Aho niho Polisi ya Uganda yaje guhita ibyinjiramo, ifatanyije n’iya Tanzania batangira iryo tsinda ndetse bata muri yombi bose uko ari 40. Kugeza ubu, bafungiye kuri Station ya Polisi ya Isingiro.

Umwe mu bakozi b’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka yagize ati “Byari ikinamico muri iki gitondo, byamaze hafi amasaha atatu. Ubwo twabarekuraga bwa kabiri, twatunguwe no kubona Abanya-Tanzania bakoranye na Polisi ya Uganda mu kubagarura.”

Mu gushaka guhishira iki gikorwa, ikinyamakuru gifitanye imikorere ya hafi n’Urwego rushinzwe Ubutasi muri Uganda, Soft Power, gisanzwe ari icya Sarah Kagingo, Umugore ukora mu Biro by’Umukuru w’Igihugu nk’umwe mu bashinzwe ibikorwa by’ihanahanamakuru bya Perezida Museveni; cyatangaje ko aba banyarwanda bari ‘impunzi zigiye mu rugendo rw’ivugabutumwa muri Tanzania’.

Nticyasobanuye impamvu iri tsinda ry’abanyarwanda ryahawe ibyangombwa by’inzira bya Uganda ahubwo inkuru irashyira mu majwi Polisi ya Uganda yabataye muri yombi, ndetse inavuga ko hari ubwoba ko bashobora kugarurwa mu Rwanda.

Amakuru yizewe avuga ko aba batawe muri yombi bari mu mugambi w’Umutwe wa RNC uyobowe na Kayumba Nyamwasa, wo gushaka abajya mu myitozo ya gisirikare bakuwe mu nkambi zitandukanye muri Uganda kugira ngo bazateze umutekano muke u Rwanda.

Bivugwa ko ibikorwa byo gushaka aba bantu bishyigikiwe cyane Brig. Gen Abel Kandiho ukuriye Urwego rushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda, CMI.

Uku gushaka impunzi z’abanyarwanda baba mu nkambi muri Uganda bakajyanwa mu myitozo ya gisirikare, bikorwa ku buryo ubuze muri izo nkambi bisobanurwa ko yashimuswe n’u Rwanda. 
Ni ibikorwa birangajwe imbere na Rugema Kayumba, ufitanye isano na Kayumba Nyamwasa, Cpl Mulindwa uzwi nka Mukombozi na Sande Mugisha uba akorana na Kayumba Nyamwasa uri muri Afurika y’Epfo ku bufasha bwa CMI.

Umwe mu bashinzwe umutekano muri Uganda, yavuze ko ‘iki gikorwa cyabereye Kikagiti uyu munsi gikwiye kwibazwaho byinshi. Ni igisebo kuba uku gushaka abajya muri iyi myitozo bikorwa ku manwa y’ihangu ariko aho kubibaza ababiri inyuma, bakagororerwa kuzamurwa mu ntera”.

Abakurikiranira hafi bavuga ko Polisi ya Uganda iri buze gushyirwaho igitutu kugira ngo ibarekure kuko abagize uruhare mu kubashaka bafite ubwoba ko bashobora kugaragaza ibimenyetso by’uko CMI ishyigikiye ibikorwa byo gushaka abajya mu mutwe w’iterabwoba wa RNC.

Hagati aho, aya makuru y’aba amenyekanye mu gihe hari hasanzweho andi avuga ko igisirikare cya Uganda kigira uruhare mu guta muri yombi abanyarwanda bakorera ingendo i Kampala.

Mu mpera z’icyumweru gishize abantu bambaye impuzankano za gisirikare bikekwako ari abakozi ba CMI bataye muri yombi umunyarwanda witwa Fidele Gatsinzi ubwo yari yagiye gusura umuhungu we wiga muri Uganda Christian University ahazwi nka Mukono.

Kuva muri Nzeri, abanyarwanda bafungwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko bigizwemo uruhare n’Urwego rushinzwe Ubutasi mu Ngabo za Uganda, CMI, bagakorerrwa iyicarubozo basabwa kwemera ku gahato ko ari intasi z’u Rwanda. Bivugwa ko abakorana na Kayumba Nyamwasa aribo batungira agatoki inzego za gisirikare muri Uganda uwo zigomba guta muri yombi.

Mu gihe uyu mwuka wo gushimuta ukomeje gufata indi ntera, ubwoba ni bwose ku banyarwanda bajya muri Uganda umunsi ku wundi. Benshi barashaka kumenyesha imiryango yabo, inshuti n’abayobozi igihe cyose baba bagiye kugenda, ko bagomba gusigara bari maso bakamenya icyababayeho mu gihe baburiwe irengero mu buryo nk’ubu budasobanutse.

Aba banyarwanda babujijwe kwinjira muri RDC bari bakuwe mu nkambi za Nyakivala, Kibale na Mubende aho abambari ba RNC Maj. (rtd) Habib Mudathir and Capt (rtd) Sibo Charles bakorera ibikorwa byabo byo gushaka ababiyungaho.

 

2017-12-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

U Burundi bwikomye Leta y’u Rwanda kubera urupfu rwa Perezida Ntaryamira Cyprien

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Loni itewe impungenge n’igicu cy’ubwicanyi gikomeje kubudika mu Burundi.

Ubwanditsi 20 Sep 2024
Nubwo RNC isaza imigeri ihakana, ni agatsiko k’iterabwoba

Nubwo RNC isaza imigeri ihakana, ni agatsiko k’iterabwoba

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Ubwanditsi 20 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports isezerewe na Rivers Utd muri CAF Confederation Cup
Mu Rwanda

Rayon Sports isezerewe na Rivers Utd muri CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 22 Apr 2017
Uganda: Jackie Chandiru mu kigo ngororamuco
IMIKINO

Uganda: Jackie Chandiru mu kigo ngororamuco

Ubwanditsi 11 Mar 2016
Byari Amarira n’agahinda mu gushyingura Sabine witabye Imana hashize amezi 7 arushinganye na EV Caleb -AMAFOTO
Mu Rwanda

Byari Amarira n’agahinda mu gushyingura Sabine witabye Imana hashize amezi 7 arushinganye na EV Caleb -AMAFOTO

Ubwanditsi 08 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru