• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»RPF irangije kongere mu munezero naho ANC itangiye iyayo mu bushyamirane

RPF irangije kongere mu munezero naho ANC itangiye iyayo mu bushyamirane

Editorial 16 Dec 2017 POLITIKI

RPF-Inkotanyi na ANC ni amashyaka afite byinshi ahuriyeho kandi yombi akaba yaranakoze kongre yayo, ku rwego rw’igihugu, mu matariki yegeranye muri uku kwezi k’Ukuboza 2017.

Aya mashyaka cyangwa imitwe ya politike yombi ahuriye ku kuba yombi ari ku butegetsi mu bihugu byayo, RPF iri ku butegetsi mu Rwanda naho ANC ikaba ku butegetsi muri Afurika y’Epfo. Ayo mashyaka yombi kandi akaba ariyo akiri ku butegetsi kuva buri rimwe ryabohora igihugu cyaryo mu mwaka umwe w’i 1994.

Muri Mata 1994 nibwo ANC yabohoye Afurika y’Epfo kuva ku butegetsi bw’ivangura (Apartheid) naho muri Nyakanga uwo mwaka w’i 1994 RPF ibohora u Rwanda kuva ku butegetsi bw’abajenosideri.

Nubwo ubugome bwa Apartheid butarimo jenoside nk’iyo Abatutsi bakorewe ha no mu Rwanda ariko yari ivangura ubutegetsi bw’abazungu bwakoreraga abirabura bikaba byari biteye akababaro n’umujinya cyane.

Abirabura ntabwo bari bemerewe gutura mu midugudu imwe n’abazungu, kwiga mu mashuli amwe n’abazungu, gutega imodoka z’abagenzi zigenewe abazungu n’ibindi nko kuba batari bemerewe no kujya mu gisirikare.

 Na hano mu Rwanda ubutegetsi bwa Habyarimana ntabwo bwerereraga abatutsi kujya mu gisirikare cyangwa ngo Umututsikazi abe yarongorwa n’umuwofisiye mu gisirikare. Amahirwe Abatutsi barushaga Abirabura muri Afurika y’Epfo n’uko hari Umututsi wajijishaga akiyita Umuhutu bigashoboka, ariko nta mwirabura muri Afurika y’Epfo wari kujijisha ngo yiyite umuzungu bishoboke !

 Ikindi RPF itandukaniyeho na ANC n’uko mu mavuko RPF ifite imyaka mike cyane y’amavuko kurusha ANC ariko  bikaba byaratwaye RPF imyaka mike cyane ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, naho ANC bikaba byarayitwaye myinshi cyane kubohora Afurika y’Epfo.

 Ubu RPF irizihiza imyaka 30 y’amavuko kuko yatangijwe mu 1987, naho ANC ikaba yizihiza imyaka 105 y’amavuko kuko yatangijwe mu 1912. RPF na ANC zombi zifite imyaka ingana ku butegetsi, ariko aho bitandukaniye n’uko RPF ikiri ikintu kimwe naho ANC ikaba isigaye irangwa n’amacakubiri ku buryo nihataba aho abagabo iyi kongere yayo yatangiye uyu munsi tariki 16/12/2017 yazarangira ishyaka risenyutse.

Nubwo ANC yari isanzwe itorohewe ariko ikiyikomereye cyane muri iyi kongere yayo n’uko hazaba harimo amatora ya Perezida wayo ku rwego rw’igihugu. Uazashobora gutorerwa uwo mwanya niwe biteganyijwe yuko umwaka utaha yasimbura Jacob Zuma ku mwanya w’umkuru w’igihugu. Ikaba ariyo iyi kongere irimo ayo matora ari ishiraniro.

Abahabwa amahirwe yo kuba ba kweguna uwo mwanya ni Cyril Ramaphosa wari usanzwe ari visi Perezida na Nkosazana Dlamini Zuma wigeze kuba Perezida wa African Union n’ugore wakera wa Perezida Zuma.

 Perezida Zuma ashyigikiye byimazeyo Nkosazana babanye imyaka 14 nk’umugore n’umugabo kandi akaba yizera yuko abaye Perezida yamurinda kuba yatwarwa mu nkiko kubera amanyanga menshi akurikiranyweho. Kubera ayo manyanga Perezida Zuma yakomeje kuvugwa muri ANC bakomeje bagerageza kuba bamukura ku butegetsi ariko bigakomeza kunanirana. Abifuzaga kumukura kubutegetsi bashakaga kwerekana yuko ANC idashyigikira abajura n’abategeka nabi. Abo rero nibo bifuza yuko hatatorwa uwo wigeze kuba umugore we ahubwo hagatorwa Ramaphosa !

Iyi kongere ya ANC igizwe n’abantu 6000, bazaba bafite uburenganzira bwo gutora. Haba ku ruhande rwa Dlamin cyangwa urwa Ramaphosa rwatangiye gukora imibare, rureba ushobora kuba uwabo !

Umunsi umwe mbere yuko iyo kongere y’itora itangira, urukiko rubishinzwe muri Afurki y’Epfo rwatesheje agaciro amazina y’abantu 100 ko batemerewe kuzaba bari muri iyo Kongere ngo babe batora. Urukiko rwafashe uwo mwanzuro ngo kuko rwasanze abo bantu uturere twabo twarabagennye kujya muri iyo kongere mu buryo bw’u buriganya. Abashyigikiye Dlamin Zuma bakavuga yuko urukiko rwabogamye ngo kuko byari bizwi yuko abo bantu batari bashyigikiye Ramaphosa. Ejo bavugaga ngo ntabwo bazabyemera kandi kongere bucya ngo itangire !

Casmiry Kayumba

 

2017-12-16
Editorial

IZINDI NKURU

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Ingendo y’undi iravuna (Igice cya 1)

Editorial 06 Nov 2017
Uganda: Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Uganda: Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Editorial 08 Nov 2017
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wisubiyeho, wanga kohereza indorerezi mu matora yo muri Kongo-Kinshasa

Editorial 28 Nov 2023
Côte d’Ivoire: Perezida Ouattara mu nzira zo guhindura Itegeko Nshinga

Côte d’Ivoire: Perezida Ouattara mu nzira zo guhindura Itegeko Nshinga

Editorial 08 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye inama ya FOCAC mu Bushinwa

Editorial 01 Sep 2018
Umuhanzi Teta Diana yaciye agahigo  i San Fransisco muri  Rwanda Day
ITOHOZA

Umuhanzi Teta Diana yaciye agahigo i San Fransisco muri Rwanda Day

Editorial 28 Sep 2016
Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi
Mu Mahanga

Ibaruwa ifunguye yandikiwe ishyirahamwe ry’Abadepite bo mu Muryango w’I Bihugu by’Uburayi

Editorial 26 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru