• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa

Gahunda yo kureka abanyamahanga bakinjira mu Rwanda nta Viza yatangiye kubahirizwa

Ubwanditsi 02 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Guhera ku itariki ya Mbere mutarama 2017, u Rwanda rwatangiye kwakira abanyamahanga baje nta byangombwa byanditse bitwaje, mu gihe bemerewe kumara iminsi  itarenze 30 mu Rwanda.

Guhera mu kwezi kwa 11 umwaka ushize, ni bwo u Rwanda twatangaje ko abantu baturutse mu bihugu byo mu muryango w’Afurika y’Iburasirazuba bemerewe kumara amezi 6 mu Rwanda, aho baba bemerewe gufatira ibyangombwa mu Rwanda cyangwa ababishoboye bakabyakira ku biro bishinzwe abinjira n’abasohoka mu bihugu byabo baba baturutsemo.

Aya masezerano yemeza ko mu bihugu birimo Benin, Central African Republic, Chad, DRC, Ghana, Guinea, Indonesia, Haiti, Mauritius, Philippines, Senegal, Seychelles, Sao Tome et Principe ndetse na Singapore bemerewe gusura u Rwanda mu gihe kingana n’iminsi 90 nta rupapuro rw’inzira (Visa), nk’uko byatangajwe n’umuyobozi ushinzwe abinjira n’abasohoka mu gihugu.

Abanyamahanga bashobora gufatira ibyangombwa mu Rwanda bamaze kuhagera, bakaba babisaba hakoreshejwe uburyo bw’itumanaho ra interineti, cyangwa bakajya ku bigo bishinzwe imigenderanire mu gihugu baba baturutsemo.

Abazajya baturuka mu bihubu birimo Australia, u Budage, Israel, New Zealand, Sweden, United Kingdom, ndetse na Leta zunze ubumwe z’Amerika bemerewe uruhushya rwo kumara iminsi 30 gusa nabwo bakishyura Amadolari 30 yonyine nta zindi mpapuro zifashishijwe.

Ikigo cyo mu Rwanda gishinzwe abinjira n’abasohoka gitangaza ko izi mpushya z’igihe gito zitemerewe kugenderwaho ngo zifashishwe n’abaza bashaka akazi kuko baba bazatinda.

Abaturuka mu gihugu cya Hong Kong bo basabwa kubanza kwishyura mbere yo kuza.

Ibi bitandukanye n’uburyo byajyaga bikorwa, aho ushaka kuza gutembera mu Rwanda yabanzaga agashakira ibyangombwa iwabo, gusa ubwo buryo bukaba butarakuweho ahubwo ko umuntu akora ikimworoheye.

Abaturage bandi bo ku mugabane bashaka kuza mu Rwanda, cyangwa abashaka kuhanyura bajya mu bindi bihugu, bazajya bishyura Amadolari 30 gusa bamaze kugera mu Rwanda, ndetse batiriwe babisaba.

Mu Gushyingo 2017, nibwo Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga mu Rwanda yatangaje ko ubu buryo bushya bwo kwinjiza abanyamahanga mu Rwanda nta mbogamizi biri muri gahunda y’umuryango w’Afurika yunze ubumwe, bikazaha abaturage ukwishyira ukizana mu bihugu byose hagamijwe guteza imbere ubuhahirane ku mugabane w’Afurika, bikaba bizateza imbere ubukerarugendo ndetse n’ubushoramari mu Rwanda.

Mu nama ya 27 y’Afurika yunze ubumwe yabereye I Kigali mu kwezikwa Karindwi 2016, hemejwe paseporo nyafurika no kureba abaturage bakishyira bakizana muri buri gihugu.

The new Times dukesha iyi nkuru ivuga ko abateguye iyo nama bemeje ko ibi ari bimwe mu bizongera ubushoramari mu Rwanda ndetse u Rwanda rukazarushaho no kujya rwakira inama mpuzamahanga zitandukanye.

Kuva muri 2013, umubare w’abinjira mu Rwanda bo ku mugabane w’Afurika wiyongereye kuva kuri 31,054kugeza kuri  77,377 muri 2016.

Byibuze abantu 350 biyandikisha mu buryo bw’ikoranabuhanga buri munsi.

2018-01-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Tribert Rujugiro: Umunyamabi n’umunyaburiganya ruharwa wahindutse umuherwe

Ubwanditsi 09 Aug 2019
Thabita Gwiza wari  inkotsa ya RNC muri Canada, akaba no mu rukundo Rw’ibanga na Jean Paul Turayishimye, yirukanwe

Thabita Gwiza wari  inkotsa ya RNC muri Canada, akaba no mu rukundo Rw’ibanga na Jean Paul Turayishimye, yirukanwe

Ubwanditsi 29 Nov 2019
Loni yasabye ko amasezerano y’amahoro mu Burundi yasinywa mbere ya 2020

Loni yasabye ko amasezerano y’amahoro mu Burundi yasinywa mbere ya 2020

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Umurambo wa Dr Dusabe wiciwe muri Afurika y’Epfo ugiye kuzanwa mu Rwanda

Umurambo wa Dr Dusabe wiciwe muri Afurika y’Epfo ugiye kuzanwa mu Rwanda

Ubwanditsi 19 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”
Amakuru

1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”

Ubwanditsi 24 Dec 2024
HUYE: Abibye Charly na Nina batawe muri yombi
SHOWBIZ

HUYE: Abibye Charly na Nina batawe muri yombi

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Kenya: Miliyoni 19 zazindukiye mu matora ya Perezida, hari abageze ku biro by’ itora saa Cyenda z’ igicuku
Mu Rwanda

Kenya: Miliyoni 19 zazindukiye mu matora ya Perezida, hari abageze ku biro by’ itora saa Cyenda z’ igicuku

Ubwanditsi 08 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru