• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Editorial 06 Jan 2018 POLITIKI

Mpayimana Philippe uherutse gutsindwa amatora ya Perezida yagaragaje ko yiteguye kwiyamamaza mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri uyu mwaka wa 2018.

Mpayimana uvuga ko aziyamamaza nk’umukandida wigenga, yatangaje ibyo mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki ya 05 Mutarama 2018.

Avuga ko ashima ibyo igihugu kimaze kugeraho gusa asobanura ko nawe yifuza gutanga umusanzu we wo kubaka igihugu ari muri politiki.

Akomeza avuga ko nk’umukandida wigenga azahatanira amatora y’abagize inteko ishinga amategeko ndetse abinyujije muri uwo mwanya akazaharanira ko nta munyarwanda wakomeza kwitwa impunzi.

Abanyamakuru bamubajije icyo ateganya mu gihe yaba yongeye kugira amahirwe make ntatsindire uwo mwanya maze asubiza ko ibyo bitazamuca intege.

Agira ati “Nzakomeza gutanga umusanzu wanjye ntabwo nzacika intege ariko ubu ndasaba ko mu matora y’abadepite umukandida wigenga wagize munsi y’amajwi atanu ku ijana yajya abarirwa ku ijanisha riri hasi cyane.”

Akomeza avuga ko nk’umukandida uherutse kuva mu matora y’umukuru w’igihugu byari bikwiye ko abamusinyiye yakomeza kubifashisha bitabaye ngombwa ko yongera kujya gushaka abandi ngo bamusinyire.

Mpayimana avuga ko kandi itangazamakuru azakomeza kurikorera ubuvugizi ashakisha uburyo ryakora kinyamwuga ndetse rikazamurirwa ubushobobozi.

Agaruka ku matora y’umukuru w’igihugu yatsinzw, avuga ko yagenze neza ndetse yishimiye ibyayavuyemo ngo akaba ari nacyo gikomeje gutuma ashishikazwa no gukomeza kugaragara mu ruhande rwa politiki y’u Rwanda.

Mpayimana kuri ubu uvuga ko uhugiye mu gushakisha imibereho yikorera ku giti cye, mu matora y’umukuru w’igihugu yatsinzwe yaje ku mwanya wa kabiri agira amajwi 0.73% .
Yakurikiwe na Dr Frank Habineza w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije wagize amajwi 0.48% ari nayo yabaye aya nyuma.

Muri ayo matora yabaye mu mucyo no mu bwisanzure nk’uko byemejwe n’indorerezi mpuzamahanga, Perezida Paul Kagame niwe wegukanye intsinzi y’umwanya w’umukuru w’igihugu abona amajwi ari hejuru ya 98%.

2018-01-06
Editorial

IZINDI NKURU

Menya ibyo utari uzi kuri Grace Mugabe

Menya ibyo utari uzi kuri Grace Mugabe

Editorial 04 Dec 2017
Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Bantegetse kuvuga ko FPR yahanuye indege ya Habyarimana – Mugenzi wari maneko

Editorial 12 Apr 2019
Urutonde rw’Abadepite 80 bemejwe by’agateganyo

Urutonde rw’Abadepite 80 bemejwe by’agateganyo

Editorial 06 Sep 2018
U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo

U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo

Editorial 20 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United
Amakuru

Byasabye imikino 9 ya shampiyona kugirango ikipe ya Gorilla FC ibone amanota 3 imbumbe imaze gutsinda Gasogi United

Editorial 18 Dec 2021
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro

Editorial 18 Mar 2016
Simba SC yatangaje ko Uwayezu François Régis wari Vice-Chairman wa APR FC ariwe muyobozi mukuru wayo mushya
Amakuru

Simba SC yatangaje ko Uwayezu François Régis wari Vice-Chairman wa APR FC ariwe muyobozi mukuru wayo mushya

Editorial 26 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru