• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa Mukayisenga

Icyo Depite Gatabazi yavuze k’ urupfu rwa Mukayisenga

Ubwanditsi 12 Jun 2017 Mu Rwanda

Depite Gatabazi Jean Marie Vianney avuga ko n’ubwo Nyakwigendera Depite Mukayisenga yavukaga ku babyeyi bahoze ari abasirikare ba Perezida Habyarimana, ibi ngo bitamuciye intege zo gukorera Umuryango wa FPR-Inkotanyi.

Gatabazi yavuze ko uyu mudepite yagaragaje ubwitange bukomeye mu Rwanda nyuma yo kuva mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, aho yagize uruhare mu kunga Abanyarwanda.

Depite Mukayisenga Françoise yitabye Imana kuri uyu wa 12 Kamena 2017 mu bitaro bya gisirikare i Kanombe azize indwara.

-33.gif

Depite Gatabazi Jean Marie Vianney

Mu kiganiro Depite Gatabazi Jean Marie Vianney wabanye cyane na nyakwigendera Mukayisenga yahaye Izubarirashe.rw, dukesha iyi nkuru yavuze ko igihugu kibuze umuntu ukomeye.

Gatabazi avuga azi Mukayisenga kuva kera kuko bose bakoranye mu nzego z’ibanze.

Yagize ati “Depite Mukayisenga ndamuzi cyane kuko muzi tukiri no mu nzego z’ibanze, yari kontabure wa Komini Rwerere nanjye ndi kontabure wa komini Kiyombe mbere y’uko tuza mu Nteko Ishinga Amategeko aho yaje ansanga, Mukayisenga ni umunyamuryango wa FPR Inkotanyi wakoraga cyane, ariko kandi akaba anafite isomo ryo kuba yari ashoboye gutahuka akava mu buhungiro muri Zaire, mu gihe atari afite icyizere cyo kuba yagira agaciro mu gihugu..”

Yakomeje agira ati “Akigera mu Rwanda yarakiriwe ajya mu nzego zikomeye. Nk’umuntu wakomokaga ku babyeyi bari abasirikare mu gihe cya Perezida Habyarimana, we yumvaga nta gaciro yari afite ko kuba yagira agaciro mu gihugu, gusa byahoraga bimushimisha cyane kuba yarakiriwe agahabwa agaciro mu gihugu akaza no kugera mu rwego rukomeye mu nteko ishinga amategeko, mu by’ukuri yakundaga kugaragaza ko umuryango wa FPR ari umuryango udaheeza, ushaka gukora no kujya mu nzira y’ubumwe bw’abanyarwanda.”

Avuga ko Mukayisenga ngo yari umuntu buri munsi uharanira guhuza abanyarwanda.

Yunzemo ati “Mukayisenga yari umuntu ukomeye cyane mu bintu byo guhuza abanyarwanda, ku bintu by’ubumwe bw’abanyarwanda cyane cyane no guhangana n’abashaka gusubiza u Rwanda mu bibe by’icuraburindi, yari umuntu udashobora kugamburuzwa n’iminsi ngo abe yatatira igihango cyo kunga abanyarwanda, ni umuntu wari ufite urukundo, witondaga kandi wacishaga make.”

Avuga ko uyu mudepite ngo ibi yabigaragazaga cyane cyane mu bice Rwerere.

Depite Gatabazi avuga ko no mu gihe nyakwigendera Mukayisenga yari arwaye, yagaragazaga ubwitange no gushaka gukora, ibi akabikora afite imbaraga nke.

Uyu mudepite ngo yari amaze iminsi arwariye mu bitaro, yaje koroherwa gusa nyuma yongera kubisubiramo kugeza yitabye Imana.

Depite Mukayisenga w’imyaka 48, yakomokaga mu mutwe wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Iburengerazuba, yagiye mu nteko ishinga amategeko mu mwaka wa 2003.

-6950.jpg

Nyakwigendera Depite Mukayisenga

2017-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese kwihanganira abanyabyaha no kubaha ibihano bidakanganye sibyo byaba bituma abagizi ba nabi biyongera mu Rwanda?

Ese kwihanganira abanyabyaha no kubaha ibihano bidakanganye sibyo byaba bituma abagizi ba nabi biyongera mu Rwanda?

Ubwanditsi 04 Oct 2021
Perezida Kagame mu rugendo rw’akazi  muri Gabon

Perezida Kagame mu rugendo rw’akazi muri Gabon

Ubwanditsi 04 Dec 2016
Umuhanzi Diamond arashinjwa ubusambanyi imihanda yose, Miss Burundi 2012 nawe yavuze ko yamuteye  inda y’Impanga aramutererana

Umuhanzi Diamond arashinjwa ubusambanyi imihanda yose, Miss Burundi 2012 nawe yavuze ko yamuteye inda y’Impanga aramutererana

Ubwanditsi 24 Sep 2017
CHAN 2018: Amwe mu makipe y’ibihangange yakurikiye Amavubi mu gusezererwa.

CHAN 2018: Amwe mu makipe y’ibihangange yakurikiye Amavubi mu gusezererwa.

Ubwanditsi 21 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bashir bamujyanye kumufungira muri Gereza ya Kabar i Khartoum.
POLITIKI

Bashir bamujyanye kumufungira muri Gereza ya Kabar i Khartoum.

Ubwanditsi 17 Apr 2019
Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda

Ubwanditsi 24 Jan 2020
Munezero Valentine wakiniraga APR WVC yerekeje muri Tunisia mu ikipe ya Club Sportif Sfaxien
Amakuru

Munezero Valentine wakiniraga APR WVC yerekeje muri Tunisia mu ikipe ya Club Sportif Sfaxien

Ubwanditsi 06 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru