• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwanga icyemezo cya UNHCR cyo gukuraho Sitati y’ubuhunzi ku Banyarwanda

Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwanga icyemezo cya UNHCR cyo gukuraho Sitati y’ubuhunzi ku Banyarwanda

Ubwanditsi 11 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Nyuma yaho Sitati y’ubuhunzi ku Banyarwanda bahunze kuva mu 1959 kugeza 1998 yarangiranye na tariki 31 Ukuboza 2017, ibihugu byinshi biragenda bisaba abanyarwanda babituyemo bitwa impunzi ko bataha mu gihugu cyabo kuko nta mpamvu igihari yo kwitwa impunzi, ariko igihugu cya Uganda cyo cyimye amatwi icyo cyemezo cya UNHCR.

Hashize iminsi havugwa umwuka mubi hagati ya Uganda n’u Rwanda cyane cyane kubera ibikorwa bya leta ya Uganda ishyigikira abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda barangajwe imbere n’umutwe w’iterabwoba RNC uvugwa mu bikorwa byo gukangurira impunzi z’abanyarwanda muri Uganda kujya mu nkambi zawo muri Uganda na Republulika iharanira demokarasi ya Congo.

Uganda yatangaje ko impunzi ziri muri icyo gihugu zitazakurirwaho iyo sitati, ahubwo ngo yatangiye kureba uburyo bamwe bazahabwa ubwenegihugu.

Mu kiganiro Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe kurwanya Ibiza no kwita ku mpunzi muri Uganda, Musa Ecweru, yagiranye na BBC, yavuze ko bidashoboka ko Uganda yakuraho sitati y’ubuhunzi. Yanavuze ko bari no kwiga uburyo babaha ubwenegihugu.

Musa Ecweru, Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Ibiza n’impunzi muri Uganda

Abahanga bakurikirana politiki muri aka karere baravuga ko ibyo uyu muyobozi yatangaje ari nk’urwitwazo rwo gushaka kugaragaza ko mu Rwanda hari ibibazo, ayobya uburari kubiri kuvugwa kuri Uganda cyane cyane birimo guhonyora uburenganzira bwa muntu bafata abanyarwanda bahatuye bakabakorera iyicarubozo babahora ko ari intasi z’u Rwanda kandi ari abanyarwanda, bamwe bari basanzwe batuye muri icyo gihugu banahakorera imirimo itandukanye.

Ibi kandi bihurirana n’andi makuru agenda ashyira mu majwi imigambi yo kwinjiza impunzi ziri muri icyo gihugu, mu mitwe irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, bikavugwa ko bigirwamo uruhare n’urwego rw’ubutasi bwa gisirikare, CMI; bivuze ko leta ya Uganda nubundi itafata icyemezo cyo gukangurira impunzi z’abanyarwanda ziri muri icyo gihugu kandi bari gukangurirwa kwinjira mu mitwe irwanya leta y’u Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda ikomeje gusobanura ko nta mpamvu zikiri mu Rwanda zituma abaturage barwo bari mu mahanga bakomeza kwitwa impunzi, ari nayo mpamvu sitati yabwo yavanweho.

Ibihugu bicumbikiye impunzi nyinshi z’Abanyarwanda nka Congo Brazaville, Zambia, Mozambique n’ibindi, byamaze gushyira mu bikorwa umwanzuro wo gukuraho sitati y’ubuhunzi ndetse Abanyarwanda bakomeje gushakisha uburyo bwatuma bubahiriza amategeko.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo Midimar yakiriye Abanyarwanda bahagarariye abandi muri Mozambique basobanuriwe uburyo butandukanye abakiri mu buhunzi babona ibyangombwa by’u Rwanda bibafasha gutahuka cyangwa gutura mu bihugu barimo atari impunzi

Abo Banyarwanda batari bafite amakuru ahagije y’uburyo babonamo ibyangombwa, baje gusobanuza mu Rwanda uko babigenza, bakazasubirayo kuri uyu wa Kane bashyiriye ubutumwa bagenzi babo muri gahunda ya “Come and see, go and tell”.

 

2018-01-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

RUSHYASHYA 28 Jun 2026
Burundi: HRW ngo ibya referendum bimaze kugwamo 15

Burundi: HRW ngo ibya referendum bimaze kugwamo 15

Ubwanditsi 19 May 2018
Banyarwanda mwirinde abagome babasaba amafaranga yo gutegura filimi mbarabinyoma iharabika Igihugu cyanyu

Banyarwanda mwirinde abagome babasaba amafaranga yo gutegura filimi mbarabinyoma iharabika Igihugu cyanyu

Ubwanditsi 23 Oct 2021
Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi

Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi

RUSHYASHYA 07 Jul 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu
INKURU NYAMUKURU

Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Ubwanditsi 12 Mar 2020
Imikino yo kwishyura igiye gukinwa muri Shampiyona y’u Rwanda – Uko amakipe yiyubatse muri Mutarama 2025
Amakuru

Imikino yo kwishyura igiye gukinwa muri Shampiyona y’u Rwanda – Uko amakipe yiyubatse muri Mutarama 2025

Ubwanditsi 05 Feb 2025
Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti
Mu Mahanga

Umutwe wa FPU7 wagiye gusimbura undi muri Haiti

Ubwanditsi 24 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru