• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Rwanda rwemeje ko urugendo rwa Sarkozy ntaho rwari ruhuriye n’ibibazo byarwo n’u Bufaransa

U Rwanda rwemeje ko urugendo rwa Sarkozy ntaho rwari ruhuriye n’ibibazo byarwo n’u Bufaransa

Editorial 21 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Kuwa Mbere w’icyumweru gishinze nibwo Nicolas Sarkozy wahoze ayobora u Bufaransa yagiriye uruzinduko mu Rwanda, ahura na Perezida Paul Kagame.

Nta byinshi byatangajwe ku biganiro Sarkozy yagiranye n ‘Umukuru w’igihugu ariko nyuma y’aho yahise ajya kubonana n’ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB).

RDB yatangaje ko Sarkozy n’itsinda yari ayoboye baganirijwe ku mahirwe y’ishoramari ari mu Rwanda mu bijyanye n’amahoteli, ubwikorezi, umuziki, ubukerarugendo bushingiye ku nama n’ibindi.

Umubano w’u Rwanda wakunze kuzamo agatotsi by’umwihariko kuva mu mwaka wa 2006 nyuma y’impapuro zo gufata abayobozi bakuru b’u Rwanda zari zasohowe n’umucamanza w’Umufaransa, Jean Louis Bruguière.

Sarkozy aje mu Rwanda umubano w’ibihugu byombi ukirimo agatotsi.

Uruzinduko rwa Sarkozy hari abaketse ko ari mu nzira yo kuzahura umubano w’ibihugu byombi, dore ko ubwo yayoboraga u Bufaransa umubano wari watangiye kubyutswa.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe, yabwiye The East African ko uruzinduko rwa Sakozy rudakwiriye kureberwa mu ndorerwamo ya politiki.

Yagize ati “Uru ni uruzinduko bwite kandi ni byiza kwibuka ko Sarkozy nta murimo afite muri Guverinoma y’u Bufaransa.”

Nduhungirehe yavuze ko Perezida Kagame na Sarkozy bakomeje ubucuti na nyuma y’uko avuye ku mwanya w’Umukuru w’igihugu.

Ati “Mwibuke ko mu gihe Sarkozy yari Perezida aribwo umubano wabyukijwe, u Rwanda n’u Bufaransa bikongera gufungura Ambasade. Kuva icyo gihe abayobozi bombi bakomeje uwo mubano.”

Sarkozy yasuye RDB ari kumwe na Cyrille Bolloré, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Abafaransa gikora ubwikorezi bw’ibicuruzwa byambuka imipaka mu ndege, ku butaka no mu mazi. Icyo kigo kinakorera mu Rwanda.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi, yamenyesheje itsinda ry’Abafaransa ryari kumwe na Sarkozy ko u Rwanda rufunguriye amarembo abacuruzi kandi RDB ikorana n’abashoramari ikanabafasha.

Kuva muri 1994, umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa wagiye unagira ingaruka ku ishoramari.

Hagati ya 2009 na 2014, u Rwanda rwakiriye ishoramari rya miliyoni 9.6 z’amadolari rivuye mu Bufaransa. Niryo shoramari ryo ku rwego rwo hasi u Rwanda rwakiriye icyo gihe ugeraranyije n’ibindi bihugu by’Iburayi.

Iryo shoramari ryavuye mu Bufaransa rigize 0.3 % bya miliyari 3 z’amadolari yavuye mu ishoramari ryose u Rwanda rwakiriye rivuye mu mahanga muri iyo myaka.

Amaze gusimbura Perezida Jacques Chirac ku buyobozi bw’u Bufaransa, Nicolas Sarkozy yakoze ibishoboka mu kuzahura umubano w’ibihugu byombi, usubira ku murongo mu Ugushyingo 2009, maze nyuma y’amezi make mu Rwanda rwohererezwa Ambasaderi Laurent Contini.

Nicolas Sarkozy wari Perezida w’u Bufaransa mu kiganiro n’Abanyamakuru muri Village Urugwiro tariki ya 25 Gashyantare 2010, yemeye uruhare rw’igihugu cye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyo gihe yavuze ko intambwe itewe ishimishije ku bihugu byombi kuko igamije ubwiyunge ku baturage b’ibihugu byombi.

Nyuma y’amezi atatu Perezida Nicolas Sarkozy avuye i Kigali, Perezida Kagame na we yasuye u Bufaransa ubwo yitabiraga inama y’Abakuru b’ibihugu bikoresha Igifaransa yabereye i Nice.

2018-01-21
Editorial

IZINDI NKURU

Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Editorial 18 Dec 2017
Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Editorial 29 Oct 2018
Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Editorial 16 Nov 2019
Jambo asbl yigize umuvugizi wa Leta y’Ububiligi kuva ryari?

Jambo asbl yigize umuvugizi wa Leta y’Ububiligi kuva ryari?

Editorial 21 Dec 2023
Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Editorial 18 Dec 2017
Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Editorial 29 Oct 2018
Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Ibitero byo mu Kinigi : mu rwego rwo kujijisha iperereza, PDP-Imanzi yakurikiye ingabire kuva muri P5

Editorial 16 Nov 2019
Jambo asbl yigize umuvugizi wa Leta y’Ububiligi kuva ryari?

Jambo asbl yigize umuvugizi wa Leta y’Ububiligi kuva ryari?

Editorial 21 Dec 2023
Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Uburundi bwashatse kuvangira u Rwanda kuyobora EALA

Editorial 18 Dec 2017
Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Editorial 29 Oct 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru