• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyatumye Diamond Platnumz avuga imyato anashima Perezida Paul Kagame

Icyatumye Diamond Platnumz avuga imyato anashima Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 23 Jan 2018 Mu Rwanda

Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Tanzania Naseeb Abdul Juma[Diamond Platnumz] aherutse kugirira  uruzinduko mu Rwanda aza guhishura ukuntu akunda byimazeyo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame.

Uyu muhanzi yageze mu Rwanda mu gitondo cyo  kuwa gatanu tariki 19 Mutarama 2018, yari aje mu bikorwa bitandukanye birimo kumenyekanisha ibikorwa bye by’ubucuruzi ndetse no kurambagiza inzu azajya  aruhukiramo mu gihe aje mu Rwanda.

Ku ikubitiro akigera mu Rwanda yabanje kujya gusura ikigo kirererwamo abana bafite ubumuga bwo kutabona cya Jordan Foundation.

Yahavuye akora ikiganiro n’itangazamakuru ndetse kuwa gatandatu asura isoko rya Nyarugenge  n’abafana be baherereye i  Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge.

Ku cyumweru yasangiye n’abahanzi batandukanye bo mu Rwanda baganira ku cyakomeza gusunika muzika y’akarere dutuyemo k’Afurika y’i Burasirazuba.

Mu kiganiro uyu muhanzi Diamond Platnumz yagiranye n’itangazamakuru cyamaze igihe kigera ku isaha yaje guhishura ko ashimira Perezida Paul Kagame ndetse anahishura ko ari mu bakuru b’ibihugu bafite byinshi bakwigirwaho.

Bwa mbere yabanje kuvuga ukuntu mu Rwanda hari isuku idasanzwe yanabaye imwe mu ntandaro zatumye yifuza kugira urugo mu Rwanda ndetse akahagira n’ibikorwa by’ubucuruzi birimo studio, Radiyo na televiziyo, akahacururiza ubunyobwa bwe bwita Diamond karanga n’umubavu witwa Chibu Parfum.

Diamond yavuze ko ikindi kintu cyatumye yishimira byimazeyo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, ari uburyo hashyizweho ubwisungane mu kwivuza butuma na wa muturage udafite kirengera abasha kwivuza ntihagire abanyarwanda bicwa n’indwara kubera ikibazo cyo kubura uko bivuza.

Yagize ati ”Ndashimira byimazeyo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ku kuba harashyizweho uburyo bw’ubwisungane mu kwivuza kuko hari bamwe mu baturage baba badafite ubushobozi bwo kwivuza ariko mu Rwanda ho siko bimeze kubera iyi gahunda.”
Ibi Diamond yabivuze akomoza ku bana 21 bafite ubumuga bwo kutabona bo mu kigo cya Jordan Fundation yemereye guha ubufasha mu gihe cy’umwaka kubera ko uburwayi bafite butavurizwa ku bwisungane kandi bakaba bakenera akayabo ngo ubuzima bwabo bubashe gukurikiranwa buri kwezi.

Iki   kigo cyarererwagamo  abana 23 bafite ubumuga bwo kutabona, ariko babiri muri bo baje gusubizwa mu miryango yabo nyuma y’aho bavujwe bagakira. Ibitunga abana bakibamo ndetse n’ibindi nkenerwa biva mu mitsi ya Vanessa Bahati washigishinze ndetse n’umugabo  we.

Gifite abakozi bane bahoraho kandi bahembwa ndetse n’umuzamu. Kirererwamo abana baturutse mu Ntara zitandukanye mu miryango itifashije.

Cyashinzwe nyuma y’aho Vanessa yabyaye umwana we wa gatatu witwa Jordan Hakiza, akavuka atabona ndetse bakanamuvuza mu Rwanda, Ubuhinde, Ububiligi no muri Amerika bikanga. Uyu mwana ubu afite imyaka itatu.

2018-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Ubwanditsi 25 May 2025
Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ikindi cyegeranyo ku ruhare rw’Ubufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi kirashyirwa ahagaragara kuri uyu wa mbere tariki 19 Mata 2021

Ubwanditsi 19 Apr 2021
Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Ubwanditsi 09 Aug 2017
‘ Twagiramungu yagira ngo angire urutindo yambukiraho ‘ – Kagame

‘ Twagiramungu yagira ngo angire urutindo yambukiraho ‘ – Kagame

Ubwanditsi 30 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa ntashaka kumva izina Rutabana, mushiki we Emerence Kayijuka yavuze ibyo amuhora, naho Frank Ntwali aritwaza Rushyashya

Ubwanditsi 02 Dec 2019
Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon
Mu Rwanda

Ban Ki-Moon yiyamye leta n’abatavuga rumwe nayo muri Gabon

Ubwanditsi 05 Sep 2016
Zari ari kwicuza kuba yari yaratandukanye n’umugabo we wa mbere, ashobora kujyana Diamond mu nkiko
Mu Rwanda

Zari ari kwicuza kuba yari yaratandukanye n’umugabo we wa mbere, ashobora kujyana Diamond mu nkiko

Ubwanditsi 20 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru