• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Akumiro : Umucamanza Theodor Meron ushinjwa kurekura abahamijwe ibyaha bya Jenoside yasabye kongererwa manda

Akumiro : Umucamanza Theodor Meron ushinjwa kurekura abahamijwe ibyaha bya Jenoside yasabye kongererwa manda

Ubwanditsi 30 Jan 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunyamerika Theodor Meron yasabye kongererwa manda nk’Umucamanza mu Rwego rw’Umuryango w’Abibumbye Rwasigariyeho Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha zari zarashyiriweho u Rwanda (ICTR) na Yugoslavia (ICTY), mu gihe yanenzwe kenshi ku byemezo yagiye afata ku bafungiye ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu byemezo biheruka Umucamanza Meron yafashe ntibivugweho rumwe, harimo kurekura Ferdinand Nahimana nk’umwe mu bashinze Radio RTLM yabibye urwango n’amatwara ya Jenoside na Padiri Rukundo wahoze ari Aumônier Militaire mu Majyaruguru y’u Rwanda, bari barakatiwe gufungwa imyaka 30 undi 23 nk’uko bakurikirana.

Umwanzuro wo kurekura aba bagabo igifungo kitarangiye yitwaje ko nubwo bahamijwe ibyaha “bikomeye” barangije bibiri bya gatatu by’igihano kandi bakagaragaza guhinduka, watumye umubare w’abamaze kurekurwa muri ubwo buryo bagera ku 10 muri 61 bahamijwe ibyaha n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda, TPIR.

Hejuru y’uko kunengwa kose, hari amakuru ko Theodor Meron yamaze gutanga ubusabe bwe ko yakongererwa manda nk’umucamanza mu rwego rwasigariyeho inkiko mpuzamahanga zari zarashyigiweho ibihugu birimo u Rwanda na Yugoslavia, MICT.

Meron w’imyaka 87 yagizwe Perezida wa MICT bwa mbere ku wa 1 Werurwe 2012 aza guhabwa manda ya kabiri ku wa 1 Werurwe 2016. Iyi manda igomba kurangira ku wa 30 Kamena uyu mwaka, ategereze ko yongera kwemezwa nk’umucamanza muri uru rwego.

MICT igizwe n’abacamanza 25 batorwa n’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye kuri manda y’imyaka ine, bakongerwa manda n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye amaze kugisha inama ba perezida w’akanama k’uyu muryango gashinzwe umutekano ku Isi n’uw’Inteko Rusange y’umuryango w’Abibumbye.

Abacamanza uko ari 25 barimo Meron, uwari Umunyabamanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki Moon aheruka kubongerera manda y’imyaka ibiri yatangiye ku wa 1 Nyakanga 2016.

Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe kurwanya Jenoside (CLNG) iheruka gusaba ko Umucamanza Meron akurwaho icyizere nyuma y’ibyemezo bitandukanye yagiye afata bikagaragara nko gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Irekurwa rya Nahimana na Padiri Rukundo Emmanuel bari bafungiye muri Mali ryakurikiye ibindi birimo kugira abere abafatwa nk’abacuze umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi nka Zigiranyirazo Protais, Mugenzi Justin, Mugiraneza Prosper, Gen. Ndindiriyimana Augustin, Major Nzuwonemeye François Xavier n’abandi.

Harimo kandi no kubaganya ibihano, aho Colonel Théoneste Bagosora wakatiwe n’urukiko rwa mbere gufungwa burundu, mu bujurire bwari buyobowe na Theodor Meron yakatiwe gufungwa imyaka 35.

Harimo kandi Colonel Nsengiyumva Anatole na Capt. Ildefonse Nizeyimana. Ubu Nsengiyumva yarafunguwe kubera igihano gito yahawe kandi afatwa nk’uwari ku isonga ry’abayoboye Jenoside mu yahoze ari Perefegitura ya Gisenyi.

Umucamanza Meron yayoboye Urukuko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho Yugoslavia (ICTY) kugeza mu 2015, afite n’inshingano nka Perezida wa MICT. Yaje no gukurira ingereko z’ubujurire muri ICTY no muri ICTR.

Ibyemezo bya Meron ntabwo byagiye byikomwa n’u Rwanda gusa, kuko mu myaka itatu ishize hari ibaruwa y’umucamanza wo muri Denmark, Frederik Harhoff yagiye hanze, aho agaragaza ko Meron yajyaga ashyira igitutu ku bacamanza bakoranaga muri ICTY, abakekwaho ibyaha bikomeye bakarekurwa.

Umuryango Uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA wakomeje gusaba Loni gukora iperereza ku byemezo Meron yagizemo uruhare ku bakekwaho uruhare muri Jenoside.

Mu ibaruwa uwo muryango wohereje mu Muryango w’Abibumbye mu Ukuboza umwaka ushize, wagize uti “Umuryango mpuzahanga watsinzwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi kandi wari ufite ingabo ziri mu butumwa zari mu gihugu, uyu munsi binyuze mu butabera mpuzamahanga, hariho kugerageza kugabanya ubukana bwa Jenoside , harekurwa abacurabwenge bayo bakuru.”

UNMICT yashyizweho rwashyizweho n’Inama y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye Gashinzwe Amahoro ku Isi yo ku wa 22 Ukuboza 2010, kugira ngo ruzakomeze imirimo ya ngombwa y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda n’urwashyiriweho icyahoze ari Yugoslavia, igihe zizaba zarangije inshingano zazo. Urwo rwego rwatangiye inshingano zarwo mu 2012.

Mu nshingano rwahawe harimo ‘Guhiga, gufata no gucira imanza abantu icyenda bagishakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda’, nk’inshingano y’ibanze.

 

2018-01-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Azarias Ruberwa Manywa wigeze kuba Visi-Perezida wa Kongo ari mu mazi abira, azira gusa ko ari Umunyamulenge.

Azarias Ruberwa Manywa wigeze kuba Visi-Perezida wa Kongo ari mu mazi abira, azira gusa ko ari Umunyamulenge.

Ubwanditsi 21 Jan 2023
Uwahoze ari Maneko  mu gisirikare cy’u Burundi  aragaragaza  ko mu barinda Nkurunziza harimo abo muri FDLR

Uwahoze ari Maneko mu gisirikare cy’u Burundi aragaragaza ko mu barinda Nkurunziza harimo abo muri FDLR

Ubwanditsi 09 Jan 2018
Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Ubwanditsi 19 May 2019
Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana, Nyamwasa na RNC barushaho kubunza imitima

Ubwanditsi 17 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hari icyizere ko u Burundi na RDC bizashyigikira kandidatire ya Mushikiwabo muri OIF-Olivier
INKURU NYAMUKURU

Hari icyizere ko u Burundi na RDC bizashyigikira kandidatire ya Mushikiwabo muri OIF-Olivier

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC
Amakuru

Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC

Ubwanditsi 28 Nov 2020
APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa
Amakuru

APR FC yatsinzwe na Gormahia muri CAF Champions League bituma isezererwa

Ubwanditsi 06 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru