• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uko Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo na CMI Mbarara- Kampala [ Video ]

Uko Cyemayire Emmanuel yakorewe iyica rubozo na CMI Mbarara- Kampala [ Video ]

Editorial 30 Jan 2018 ITOHOZA

Kuri uyu wa Kabiri nibwo  Cyemayire Emmanuel yaganiriye n’itangazamakuru, ku maso bigaragara ko ananiwe nyuma y’iminsi 25 y’ububabare yanyujijwemo n’Urwego rw’Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda (CMI), arara rwantambi. Yageze mu Rwanda kuri uyu wa Mbere, asa nubonekewe yagize  ati “ndumva ndi kurota, mvuye ikuzimu”. Cyemayire Emmanuel avuga ko I Kampala ngo yahahuriye n’akaga gakomeye, aho ngo yahohotewe cyane kugera n’aho bamuzirikisha amapingu amaboko n’amaguru bayaboheye kucyuma hejuru.

Yagize ati “Banziritse amaguru bayanaganika ku cyuma, noneho n’amaboko barayazirika ndyama ku makaro, namaze iminsi umunani ahantu mu ma escaliers (ingazi), nta muntu umbaza uretse kunkubita mu gitondo nimugoroba, bankubitaga inshyi n’imigeri bambaza ngo nazanywe n’iki, nkababwira ko ari bo bakizi kuko njyewe ntacyo nari nzi, mara iminsi umunani bankubita ndi kuri ayo mapingu, nta kintu na kimwe nifubitse, nahagiriye ibihe bikomeye cyane, naharwariye umugongo n’ubu urambabaza.”

Nyuma y’iminsi umunani ngo ni bwo batangiye kumujyana mu biro byabo kumubaza, aho ku munsi wa mbere wo kumubaza bamubajije abajenerali bo mu Rwanda bavugana. Ngo yarabahakaniye anababwira ko nta n’umwe bavugana ndetse nta n’umuntu wo mu muryango wabo uba mu gisirikare.

Ngo bamubwiye ko bamukubita natababwiza ukuri. Ngo baje no kumubaza umugabo witwa Pasiteri Deo Nyirigira, asubiza ko amuzi, ko ari pasiteri we, ngo banamubaza niba hari icyo bapfa, arabahakanira.

Bananamubajije uwitwa Felix Mwizerwa, ngo ababwira ko amuzi ko ari umuhungu wa Pasiteri Deo Nyirigira kandi ngo na we ntacyo bapfa. Ngo banamubajije abantu avugana na bo  muri Ambasade y’u Rwanda muri Uganda, abahakanira ko ntabo.

Muri uko kumubaza, Cyemayire avuga ko yumvaga hari abantu bandi babaga bahari ariko ngo ntiyamenyaga abo ari bo kuko yari afunze igitambaro mu maso. Ikaba ari na yo mpamvu akeka ko pasiteri Deo Nyirigira n’umuhungu bari bahari.

Bamaze kumubaza ngo bamusubije aho yari afungiye bongera kumuhambiriza amapingu amaguru n’amaboko, ku munsi ukurikiyeho bongera kujya kumubaza.

Ati “Bambajije ibibazo byinshi cyane, bambajije umunsi wose. Kuva nka saa tatu kugeza saa sita, bajya kungaburira, bangarura saa munani bigera saa kumi n’ebyiri. Nk’uko akomeza abisobanura.”

Mu bibazo bamubazaga, harimo imyirondoro, aho yize, amazina y’abo bavukana na za telefoni zabo, ngo bamubaza inshuti ze zo mu Rwanda na telefoni zabo ndetse n’iz’i Mbarara. Avuga ko banamubajije impamvu ajya mu Rwanda, asobanura ko ahaza kubera ko ahafite umuryango.

Yagize ati “Impamvu nza mu Rwanda ni yo yabaye ikibazo cyane kuko bambaza itariki igihe nazaga mu Rwanda icyo nabaga nje gukora. Nagiye nsobanura ariko nkabona ntibabyumva bakambwira ngo turagukubita. Bati ‘wewe utapata shida, turagukubita.’ Nkababwira nti ibyo mbabwira ni ukuri nta kindi kinjyana mu Rwanda.”

Nyuma yo kumubaza ibibazo byinshi, abo basirikare ngo bamubwiye ko bamukekagaho kuba muri Uganda mu buryo butemewe n’amategeko ngo none basanze ahaba byemewe n’amategeko, ngo niyihangane umuyobozi azamufungura.

2018-01-30
Editorial

IZINDI NKURU

Icyihishe inyuma y’uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia muri Uganda cyamenyekanye

Icyihishe inyuma y’uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia muri Uganda cyamenyekanye

Editorial 02 Mar 2017
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 11)

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 11)

Editorial 30 Mar 2016
Icyimenyetso  ko Rujugiro afasha ibikorwa bihungabanya umutekano mu Rwanda

Icyimenyetso ko Rujugiro afasha ibikorwa bihungabanya umutekano mu Rwanda

Editorial 25 Oct 2016
Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Editorial 23 Sep 2019
Icyihishe inyuma y’uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia muri Uganda cyamenyekanye

Icyihishe inyuma y’uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia muri Uganda cyamenyekanye

Editorial 02 Mar 2017
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 11)

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 11)

Editorial 30 Mar 2016
Icyimenyetso  ko Rujugiro afasha ibikorwa bihungabanya umutekano mu Rwanda

Icyimenyetso ko Rujugiro afasha ibikorwa bihungabanya umutekano mu Rwanda

Editorial 25 Oct 2016
Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Editorial 23 Sep 2019
Icyihishe inyuma y’uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia muri Uganda cyamenyekanye

Icyihishe inyuma y’uruzinduko rwa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia muri Uganda cyamenyekanye

Editorial 02 Mar 2017
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 11)

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 11)

Editorial 30 Mar 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru