• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe

Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe

Ubwanditsi 07 Feb 2018 Mu Mahanga

Abunganizi mu mategeko ba Miguna Miguna wagize uruhare mu kurahiza Raila Odinga nka Perezida wa Kenya, batangaje ko nyuma yo gutabwa muri yombi ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, yafunguwe ariko agahita yirukanwa mu gihugu.

Cliff Ombeta na Nelson Havi batangaje ko kuri uyu wa Kabiri aribwo bamenyeshejwe ko Miguna yashyizwe mu ndege ica Amsterdam, nyuma igakomereza muri Canada, ari naho yari asanzwe atuye ndetse akaba afite n’ubwenegihugu bw’aho, nyuma y’ubwa Kenya kuko ariho yavukiye.

Nk’uko Nation dukesha iyi nkuru yabitangaje, Dr John Khaminwa, nawe wunganira Miguna mu mategeko, yahamije ko umukiliya we atakibarizwa mu kirere cya Kenya.

Ati “Nibyo, yategetswe kujya mu ndege ya KLM habura iminota mike ngo saa yine z’ijoro zigere ndetse twamenye ko agiye muri Canada n’igikorwa kinyuranyije n’ubutabera.”

Miguna akurikiranyweho kuba yaritabiriye ndetse akemera kurahiza Raila Amollo Odinga uhagarariye ihuriro ry’amashyaka atavuga rumwe na Leta, NASA, mu gihe Perezida Uhuru Kenyatta watsinze amatora yarahiye umwaka ushize.

Amakuru yo kwirukanwa kwa Miguna mu gihugu cye cy’amavuko avuzwe mu gihe hari hashize amasaha make Umucamanza mu Rukiko Rukuru, Luka Kimaru, abujije polisi n’ubushinjacyaha kubangamira iburanishwa rye ndetse ategeka Miguna kuzongera kwitaba tariki ya 14 Gashyantare.

Tariki 30 Mutarama 2018 nibwo Odinga yarahiye nka Perezida wa Kenya, avuga ko ari we watsinze amatora yo muri Kanama umwaka ushize, yaje guteshwa agaciro n’Urukiko rw’Ikirenga rugategeka ko asubirwamo mu Ukwakira ariko akanga kuyitabira avuga ko adaciye mu mucyo.

Nyuma y’irahira rya Odinga abantu batandukanye batawe muri yombi, ibikorwa byatumye abarwanashyaka ba Nasa batangira kugira ubwoba ko umuyobozi wabo nawe ashobora kugezwa imbere y’ubutabera ashinjwa ubugambanyi.

2018-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Ubwanditsi 26 Sep 2022
CNLG iramagana umwunganizi wa Victoire Ingabire wabaye imbata yo guhakana Jenoside

CNLG iramagana umwunganizi wa Victoire Ingabire wabaye imbata yo guhakana Jenoside

Ubwanditsi 12 Jun 2016
Umwe mu bashinzwe isuku muri Kimihurura afungiwe kurigisa amafaranga ya Leta

Umwe mu bashinzwe isuku muri Kimihurura afungiwe kurigisa amafaranga ya Leta

Ubwanditsi 06 Oct 2016
Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Traffic Police : Ubu imashini ni yo izajya yandika “Contrevention” mu muhanda

Ubwanditsi 14 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwemezaga ko Col. Theoneste Bagosora arengana arashaka  kuba Perezida w’Abanyarwanda
ITOHOZA

Uwemezaga ko Col. Theoneste Bagosora arengana arashaka kuba Perezida w’Abanyarwanda

Ubwanditsi 30 Mar 2017
Rurageretse hagati ya Turukiya na Amerika, abaturage bari kubigenderamo
Mu Mahanga

Rurageretse hagati ya Turukiya na Amerika, abaturage bari kubigenderamo

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Undi Munyarwandakazi yahawe igihembo n’umwamikazi w’u Bwongereza
Mu Rwanda

Undi Munyarwandakazi yahawe igihembo n’umwamikazi w’u Bwongereza

Ubwanditsi 04 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru