• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Editorial 07 Feb 2018 Mu Mahanga

Uwiringiyimana Théogène [Theo Bosebabireba] amaze iminsi mu bitaro mu Mujyi wa Kampala aho yatezwe n’amabandi akamukubita akamusigira inguma.

Uyu muhanzi yagiye i Kampala mu bihe byakurikiranye n’ihagarikwa rye mu Itorero rya ADEPR nk’igihano cy’amakosa ashinjwa arimo ingeso z’ubusambanyi, gutera abakobwa inda n’ibindi.

Kuwa 27 Mutarama 2018, Theo Bosebabireba yagiye kuririmba mu gitaramo yari yatumiwemo i Kampala mu bice byo hirya y’umujyi. Ubwo yari mu nzira ataha, yahuye n’agatsiko k’amabandi ashaka kumwambura ibyo yari afite ashatse guhangana arakubitwa ndetse aremwa ibisebe byinshi ku mutwe no ku maboko.

Yahise ajya kuvurirwa ahitwa Mukano Arbet ari nabwo inkuru yo gukubitwa kwe yasakaye mu Rwanda inakurikirwa n’igihuha cyavugaga ko ‘Theo Bosebabireba yashizemo umwuka’ ariko umuryango we wahise ubyamagana.

Mu mashusho Theo Bosebabireba yohereje i Kigali, agaragara yambaye ikositimu hejuru y’umupira wirabura n’ibipfuko ku mutwe no ku maboko; ahumuriza abakunzi be ababwira ko ubu yorohewe ndetse ko yavuye mu bitaro.

Yagize ati “Nyuma y’ibyambayeho, nyuma y’amakuba n’ibigeragezo nahuye nabyo, ubu ndumva ntangiye kugira imbaraga, ndumva ntangiye gukira mbyizeye. Ndizera ko ntazasubira mu gitanda kwa muganga cyangwa gusubira kuryamayo.”

Yanashimiye abantu bose bamubaye hafi mu gihe cy’uburwayi bwe, ngo hari abamusuye baturutse mu Rwanda n’abandi biganjemo abapasiteri bo muri Kampala bamufashije mu buryo bwose bushoboka.

Yagize ati “Ikindi nshimira Imana ni uko nabonye ubufasha bw’abantu, hari abantu bagiye bava mu Rwanda hari abapasiteri bagiye bava mu Rwanda bakaza bakansura muri iyi minsi ndetse n’abapasiteri ba hano muri Kampala bagiye bagerageza kungeraho bampa ubufasha butandukanye, Imana ibahe umugisha mwinshi.”

Theo Bosebabireba yanashimiye umugore we wamufashije cyane nubwo atabashije kujya kumurwaza. Ati “Ndashimira n’umudamu wanjye na we yagize icyo amarira nubwo atari hafi yanjye buri munsi.”

Uyu muhanzi amaze gusohora aya mashusho avuga ibyakurikiye gukubitwa kwe, havuzwe andi makuru avuga ko abapasiteri bakomeye muri ADEPR bamaze igihe mu mwiherero i Kampala ariko batigeze bamusura.

Theo Bosebabireba usanzwe uzwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana aherutse gukubitirwa muri Uganda

Theo Bosebabireba aherutse gukubitwa n’amabandi bimuviramo kujya mu bitaro


2018-02-07
Editorial

IZINDI NKURU

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

M23 yashyize hanze amabanga yagiranye na Perezida Tshisekedi na mbere yuko atorerwa kuyobora iki gihugu

Editorial 16 Jun 2022
Abarwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza bashyizeho ubuyobozi bushya

Abarwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza bashyizeho ubuyobozi bushya

Editorial 30 Nov 2017
U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

U Rwanda rwamenyesheje Uganda na Kenya ko u Burundi bwakumiriye amakamyo ava mu Rwanda

Editorial 01 Apr 2020
Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria

Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria

Editorial 10 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida  Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yakomoje ku ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Editorial 17 Dec 2018
Uko Perezida Kagame yasubije umukobwa w’ Umunya Mali wibaza niba yabona Ubunyarwanda
POLITIKI

Uko Perezida Kagame yasubije umukobwa w’ Umunya Mali wibaza niba yabona Ubunyarwanda

Editorial 12 Jun 2017
Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.
Amakuru

Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.

Editorial 27 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru