• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame asanga ibigo by’ubwishingizi bikeneye amavugurura mu mikorere

Perezida Kagame asanga ibigo by’ubwishingizi bikeneye amavugurura mu mikorere

Ubwanditsi 12 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame avuga ko ibigo by’ubwishingizi ku mugabane w’Afurika bikiri inyuma mu mikorere bigatuma abaturage ari bo babigenderamo, akemeza ko binakeneye kuvugurura imikorere.

JPEG - 54.8 kb
Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye inama ya FANAF

Yabitangarije mu nama rusange y’Ishyirahamwe ry’Ibigo by’ubwishingizi (FANAF) iteraniye i Kigali guhera kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gashyantare 2018.

Yagize ati “Umwe mu baturage batandatu batuye isi ni Umunyafurika, bijya kungana na 17% by’abatuye isi. Ariko kugeza ubu Afurika ifite 1.5 by’abaturage bishinganisha ku isi.”

Perezida Kagame yabwiye abitabiriye iri huriro bagera kuri 800 ko nabwo abangana na ¾ by’iyo mibare ari abo muri Afurika y’Epfo gusa. Bivuze ko ibihugu bisigaye bya Afurika byose bigabana ¼ gisigaye.

Ati “Ibi bikwiye guhinduka kandi nta bandi bazabihindura atari mwebwe.”

Iyi nama y’iminsi itatu ifite intego yo gushyiraho uburyo bwafasha ibigo by’ubwishingizi muri Afurika kongera umubare w’abishinganisha.

Perezida Kagame yavuze ko kugira ngo ibyo bigerweho bizasabwa ko hashyirwaho gahunda ihamye kandi y’igihe kirekire.

Ati “Turacyafite urugendo rurerure ariko inkuru nziza nazo zirahari. Icya mbere ni uko n’ubwo iyi mibare itagaragara neza ariko hari amahirwe y’uko mu minsi iza izazamuka, cyane cyane bitewe n’uko abaturage bafite ubukungu bucirirtse muri Afurika bari kwiyongera kurenza ahandi ku isi.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Claver Gatete, yavuze ko bimwe mu bituma Kwishingana bitagenda neza muri Afurika, bituruka ku buryo imijyi igenda ikura, uko imihindagurikire y’ibihe mu buhinzi no ku isi muri rusange imera, ndetse n’ubwiyongere bw’abaturage.

Ati “Gahunda ya FANAF izashyirwaho ni yo izatuma habaho ibigo by’ubwishingizi bikomeye. Ibi bizafasha ubukungu bwo muri Afurika gukora neza ku isoko bitume ibihugu bizamuka mu bukungu.”

Nubwo uyu muryango ufite miliyari 40 z’amadolari ya Amerika ubitse, mu myaka ibiri ishize umaze kwishyura abishinganishije agera kuri miliyoni 900 z’amadolari gusa.

FANAF yashinzweho mu 2006 ifite icyicaro i Dakar muri Senegal. Ifite abanyamuryango 29 ikaba ikoresha abakozi ibihumbi 10 n’abandi ibihumbi 40 bakorana nayo.

2018-02-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru

Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru

Ubwanditsi 16 Jul 2018
“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

“Akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ntigashyira mu gaciro, Icyemezo byako ni icyuka.-Antonio Guterres

Ubwanditsi 22 Feb 2025
“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

“Quartier miroir” i Bujumbura: Amazu y”akataraboneka y’Abajenosideri ba FDLR

Ubwanditsi 21 Dec 2024
Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k’ubumwe bw’Abanyarwanda kuko nibo babusenya

Ingabire Victoire na Jambo asbl nta somo batanga k’ubumwe bw’Abanyarwanda kuko nibo babusenya

Ubwanditsi 08 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Suwede: Haravugwa guteranira inama yo guhungabanya umutekano w’U Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Suwede: Haravugwa guteranira inama yo guhungabanya umutekano w’U Rwanda

Ubwanditsi 08 Nov 2018
Ministiri Gatabazi yasabye ko havugururwa inzu ya mushiki wa Rwalinda P. Celestin
Amakuru

Ministiri Gatabazi yasabye ko havugururwa inzu ya mushiki wa Rwalinda P. Celestin

Ubwanditsi 16 Apr 2022
Amafoto – Haringingo Francis watandukanye na Police FC yerekeje muri Kiyovu SC ku masezerano y’imyaka ibiri asabwa gutwara igikombe
Amakuru

Amafoto – Haringingo Francis watandukanye na Police FC yerekeje muri Kiyovu SC ku masezerano y’imyaka ibiri asabwa gutwara igikombe

Ubwanditsi 09 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru