• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Abatari bake bahanze amaso icyo Zuma avuga ku cyemezo cya ANC cyo kumweguza

Abatari bake bahanze amaso icyo Zuma avuga ku cyemezo cya ANC cyo kumweguza

Editorial 14 Feb 2018 POLITIKI

Nyuma y’uko Ishyaka ANC riri ku butegetsi muri Afurika y’Epfo rihaye Perezida Jacob Zuma amasaha 48 ngo abe yeguye, abatari bake bakomeje gutegerezanya amatsiko icyo aza kubivuga.

Ku wa Kabiri nibwo umwe mu bayobozi ba ANC yatangaje ko Komite Nyobozi yafashe icyemezo cyo gukura Zuma ku butegetsi, ibi bikaba byaragezweho nyuma y’umwiherero wamaze amasaha 13.

Zuma wagiye ku butegetsi mu 2009, yagiye ashinjwa ibyaha bitandukanye birimo na ruswa ndetse inshuro nyinshi abaturage n’abandi batavuga rumwe na leta bakoze imyigaragambyo bamusaba kwegura.

Nubwo yagiye akomeza kubabera ibamba ariko inkundura yo kumweguza yafashe indi ntera mu Ukuboza umwaka ushize, ubwo Cyril Ramaphosa usanzwe ari Visi Perezida wa Afurika y’Epfo, atorewe kumusimbura ku buyobozi bw’ishyaka rya ANC.

Umunyabanga Mukuru wa ANC, Ace Magashule yavuze ko Komite Nyobozi, NEC yemeje ko kweguza Zuma bikwiye gukorwa mu buryo bwihuse kuko byagaragaye ko igihugu gikeneye kubakira ku cyizere gishya cyaje nyuma y’itorwa rya Ramaphosa nk’umuyobozi wa ANC.

Nk’uko BBC dukesha iyi nkuru yabyanditse, Magashule yakomeje avuga ko kuri uyu wa Gatatu ari bwo hategereje igisubizo cya Zuma, nubwo nta gihe ntarengwa yahawe.

Ati “Iyo duhamagaye intumwa zacu, tuba twiteze ko intumwa zacu zikora ibyo zisabwe.”

ANC isabye Zuma kwegura, mu gihe abatavuga rumwe na leta batahwemye kugaragaza ko adakwiye kuyobora igihugu, aho ishyaka Democratic Alliance n’andi mashyaka yajyanye ubusabe mu Nteko Ishinga Amategeko asaba ko batora umwanzuro wo kumukuraho icyizere.

Zuma ashinjwa ibyaha bya ruswa, gukoresha umutungo wa leta mu kubaka inzu ye bwite, umubano n’umuryango w’abacuruzi b’abahinde bitwa Gupta bifashisha amafaranga mu gutuma ibyemezo bya guverinoma bibogama.

Nubwo nta tegeko na rimwe ritegeka Zuma kwemera icyifuzo cy’ishyaka rye, kutumva ubusabe bwa ANC bishobora gutuma rihagarika kumushyigikira, ububasha bwo kumweguza bukajya mu maboko y’Inteko Ishinga Amategeko.

Igihe yaramuka yemeye kwegura, Itegeko Nshinga riteganya ko na guverinoma yose ivaho, Perezida w’Inteko akaba ari we uyobora by’abateganyo mu gihe hari gutegurwa itora rya perezida mushya.

2018-02-14
Editorial

IZINDI NKURU

Hari icyo FPR yakoze kihishe abayibanjirije-Tito

Hari icyo FPR yakoze kihishe abayibanjirije-Tito

Editorial 27 Dec 2017
Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Editorial 09 Jul 2019
Ndi Perezida kubera icyemezo cy’Abanyarwanda-Kagame

Ndi Perezida kubera icyemezo cy’Abanyarwanda-Kagame

Editorial 03 Nov 2017
Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Angola

Editorial 21 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki Urupfu Rwa Karegeya  Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Urupfu Rwa Karegeya Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda

Editorial 25 Jan 2019
Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.

Editorial 09 Aug 2019
Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside
POLITIKI

Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Editorial 11 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru