• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yatsinzwe na APR FC y’abakinnyi 10, Muhadjiri ahabwa indi karita y’umutuku

Rayon Sports yatsinzwe na APR FC y’abakinnyi 10, Muhadjiri ahabwa indi karita y’umutuku

Ubwanditsi 26 Feb 2018 IMIKINO

Rayon Sports yatsinzwena APR FC igitego 1-0 cyatsinzwe na Muhadjiri Hakizimana waje no guhabwa indi karita y’umutuku mu gice cya mbere cy’umukino w’ikirarane cy’umunsiwa 10 wa Azam Rwanda Premier League.

Abakinnyibabanjemo kumpande zombi:

Rayon Sports: Ndayishimiye Eric (1) (C), Mutsinzi Ange (5), Rutanga Eric (3), UsengimanaFaustin (15), Manzi Thierry (4), Niyonzima Olivier (21), Muhire Kevin (8), Kwizera Pierrot (23), Ismailla Diarra (20), Nahimana Shassir (10), Manishimwe Djabel (28)

APR FC: Kimenyi Yves (21), Omborenga Fitina (25), Imanishimwe Emmanuel (24), Buregeya Prince (18), Rugwiro Herve (4), Mugiraneza Jean Baptiste (7) (C), Nshimiyimana Amran (5), Iranzi Jean Claude (12), Rukundo Dennis(28), Issa Bigirimana (26), Muhadjiri Hakizimana (10).

Umukino watangiye amakipe yombi asa n’acungana ku jisho nk’uko bisanzwe mu mikino ihuza aya makipe, Rayon Sports igakunda kwiharira umupira ariko APR FC ikanyuzamo igasatira bitunguranye, ari na cyo cyayifashaga gukorerwaho amakosa menshi mu minota 30 ya mbere.

Gusatira itunguranye no gutindana umupira kwa Rayon Sports, byabaye amahirwe kuri APR FC kuko ku munota wa 27, ku mupira wari utakajwe na ba myugariro b’iyokipe yambara ubururu n’umweru, Muhadjiri Hakizimana yaje gufata umupira acenga neza ashakisha uburyo abona neza izamu, maze atera ishoti mu nguni yaryo, igitego kiba kirinjiye.

Nyuma y’umunota umwe gusa, Muhadjiri Hakizimana yongeye gusatira atunguranye, atera ishoti rikomeye ariko umupira ukubita ku mutambiko w’izamu maze ujya hanze, abafana ba Rayon Sports barushaho kudagadwa, bibaza ko bagiye gutsindwa byinshi.

Rayon Sports yabaye nk’iyinyaye mu isunzu, ishakisha uburyo yakwishyura igitego ari na ko ikomeza kwiharira umupira, maze ku munota wa 30, Muhire Kevin ahindura umupira imbere y’izamu maze Migi araserebeka awushyira muri koroneri yatewe neza ariko Shassir Nahimana akojejeho ikirenge ngo asunikire umupira mu rushundura, Umunyezamu Kimenyi Yves arawufata.

Nyuma y’umunota umwe, Rayon Sports yongeye gusatira ku mupira Mutsinzi Ange yambuye Iranzi Jean Claude, azamuka yiruka, ahereza Kwizera Pierrot wagerageje atera ishoti maze umupira uca ku ruhande.

Mu kibuga ibintu byaje kuba ibindi ku munota wa 40 ubwo Muhadjiri Hakizimana yerekwaga ikarita y’umutuku nyuma y’aho umusifuzi w’umukino atangaje ko yigushije mu rubuga rw’amahina ubwo yahuriraga na Usengimana Faustin ku mupira, ibyo akabihanishirizwa ikarita y’umuhondo yabaye iya kabiri kuri we kuko yari yahawe indi ubwo yatsindaga igitego agahita akuramo umwambaro we wo hejuru.

N’ubwo Muhadjiri yahawe ikarita y’umutuku hasigaye iminota 5 ngo igice cya mbere kirangire, ntacyo byahinduye ku migendekere y’umukino kuko igice cya mbere cyarangiye ari igitego 1-0.

Ubwo igice cya kabiri cyatangiraga, Umutoza wa Rayon Sports, Karekezi Olivier yatangiye gushakira ibisubizo ku ntebe y’abasimbura, yinjiza Bimenyimana Bonfils Caleb akuramo Nahimana Shassir utahiriwe n’uyu mukino, ndetse nyuma y’iminota ibiri akuramo Niyonzima Olivier ‘Sefu’ hinjira Yannick Mukunzi.

Rayon Sports yakomeje kugerageza mu buryo bwinshi butandukanye dore ko igice kinini cy’umukino yagikiniye mu gice cy’ikibuga cya APR FC.

Nyuma yo kubona ko asumbirijwe, ku munota wa 63, Umutoza wa APR FC, Jimmy Mulisa yakuyemo Iranzi Jean Claude yinjiza Nshuti Innocent kugirango arebe ko ubusatirizi bwe bwakwiyongeramo imbaraga bityo Rayon Sports igabanye kumwotsa igitutu.

Ibyo bisa n’aho na byo nta kinini byahinduye ku mukino kuko Rayon Sports yakomeje kwiharira umupira no gusatira APR FC, bituma ku munota wa 71, Umutoza Jimmy Mulisa yongera gusimbuza, akuramo Rukundo Dennis yinjiza Martin Fabrice Twizerimana.

Igitego cyakomeje kuba ingume ku mpande zombi, maze ku munota wa 75 Umutoza Karekezi akuramo Ismailla Diarra utagize kinini afasha Rayon Sports muri uyu mukino yinjiza Irambona Gisa Eric.

Umukino wakomeje kuba utyo kugeza ubwo iminota isanzwe y’umukino yarangiraga hongerwaho itatu, na yo ntiyagira impinduka izana, umusifuzi Louis Hakizimana wari uyoboye umukino arinda awurangiza, APR FC yegukana intsinzi y’igitego 1-0.

Nyuma yo gutsinda uyu mukino APR FC yahise ifata umwanya wa 3 n’amanota 20 mu mikino 11, mu gihe Rayon Sports yo ari iya kane n’amanota 18 ku rutonde ruyobowe na Kiyovu Sports ifite amanota 23 igakurikirwa na AS Kigali ifite 21.

Source : Ruhago yacu

2018-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police FC yanganyije na Vision 0-0, ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda

Police FC yanganyije na Vision 0-0, ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 30 Sep 2024
Urban Boys yafashe ingamba ku byayivuzweho

Urban Boys yafashe ingamba ku byayivuzweho

Ubwanditsi 09 Jan 2017
Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.

Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Inama y’abaminisitiri yemeje amasezerano yo kugira Icyicaro mu Rwanda, hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku Isi FIFA

Inama y’abaminisitiri yemeje amasezerano yo kugira Icyicaro mu Rwanda, hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru ku Isi FIFA

Ubwanditsi 05 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?
HIRYA NO HINO

Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?

Ubwanditsi 09 May 2017
Mu mukino Petros utoza Urucaca yashinje abasifuzi bo mu Rwanda ubwiyemezi, Kiyovu SC yatsinze Gorilla FC 1-0
Amakuru

Mu mukino Petros utoza Urucaca yashinje abasifuzi bo mu Rwanda ubwiyemezi, Kiyovu SC yatsinze Gorilla FC 1-0

Ubwanditsi 03 Oct 2023
Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe
ITOHOZA

Uganda: Bikekwa ko uwagombaga kuzatanga ubuhamya mu rubanza rw’ishimutwa rya Joel Mutabazi yishwe

Ubwanditsi 28 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru