• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Mu Rwanda umusore yakoze akuma kazajya gatamaza abantu bose batwara imodoka basinze REBA HANO”

Mu Rwanda umusore yakoze akuma kazajya gatamaza abantu bose batwara imodoka basinze REBA HANO”

Editorial 27 Feb 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Rutikanga Fiston w’imyaka 20 y’amavuko yakoze akuma gashyirwa mu modoka kakavumbura igipimo cy’inzoga (alcool) umushoferi yanyoye, kakamuburira ko adakwiye gukomeza gutwara yasinze, atabyubahiriza kagahita gahagarika imodoka nyuma y’amasegonda 15.

Aka kuma kiswe “Safety Driving Security Device” gashyirwa mu modoka gahuzwa na moteri ku buryo iyo umuntu agacomoyemo imodoka idashobora kugenda. Kugira ngo umushoferi akuremo imikorere yako ikomeza gukora, bisaba ko asubira k’uwagashyizemo.

Aka gakoresho kagizwe n’igice kimwe gishyirwa hafi ya moteri y’imodoka n’ikindi cyumvirizo (sensor) gishyirwa hejuru y’umutwe w’umushoferi maze kigakurura umwuka ahumeka kigashyira imashini uwusuzuma ikamenya ingano y’inzoga (alcohol) yanyoye.

Rutikanga warangije amashuri yisumbuye mu mwaka ushize yerekaniye iri koranabuhanga i Gikondo mu Mujyi wa Kigali ahabera imurikabikorwa n’imurikagurisha ry’ibikorerwa mu Rwanda ryateguwe n’Akarere ka Kicukiro.

Uyu musore ukomoka mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kicukiro, yabwiye itangazamakuru ko yagize iki gitekerezo muri Kanama 2017 ubwo yateguraga umushinga usabwa abanyeshuri basoza amashuri yisumbuye mu masomo y’ubumenyingiro, akaba yarayasoreje muri IPRC Kigali TSS.

Yagize ati “Nize ubukanishi bw’imodoka. Iyi system nakoze ishobora gushyirwa mu modoka iyo ari yo yose ikaba yagira akamaro mu gukumira impanuka ziterwa n’abatwara imodoka banyoye birengeje urugero. Iyo ukinjira mu modoka ukicaramo iyi system ikwereka urugero wanyoyeho; iyo isanze warengeje urugero ihita ihagarika imodoka ikanahita yohereza ubutumwa bugufi kuri telefoni cyangwa urubuga wayishyizemo izajya iha amakuru. Ubwo butumwa buba burimo ikiranga imodoka (plaque), amazina ya nyirayo, aho abarizwa n’amagambo amubwira ko atagomba gutwara yanyoye cyane.”

Iri koranabuhanga rishobora no guhuzwa na telefoni ya Polisi cyangwa urubuga rwa internet (website/email), aya makuru akajya ahita agezwa ku bashinzwe umutekano wo mu muhanda.

Rutikanga yamaze kugeza igihangano cye ku Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) kugira ngo cyandikwe, ategereje ibyangombwa kugira ngo abone gutangira gukora udukoresho twinshi ashyire ku isoko.

Yongeyeho ko afite imbogamizi y’ubushobozi bw’amafaranga kugira ngo ashobore kwagura ubu buvumbuzi yagize kandi akabasha guha akazi urubyiruko rutagafite.

Rutikanga yageragereje iri koranabuhanga mu modoka nyinshi za IPRC Kigali ari na yo yamutije imodoka yaryerekaniyemo mu imurikagurisha.

Yavuze ko ubusanzwe akunda ibijyanye n’ikoranabuhanga ku buryo yabyirutse akunda gufungura za telefoni, radiyo, televiziyo n’ibindi bikoresho ndetse akaba yarigeze gukora insakazamajwi ya radio FM (radio transmitter) ntoya ku buryo yagezaga amajwi muri metero 800 gusa.

Rutikanga yavuze ko akomeje kugerageza gukora n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga ku buryo mu gihe kiri imbere azagenda abishyira ahagaragara.

Aka kuma kiswe “Safety Driving Security Device” kavumbura igipimo cy’inzoga (alcool) umushoferi yanyoye, kakamuburira ko adakwiye gukomeza gutwara yasinze, atabyubahiriza kagahita gahagarika imodoka nyuma ya masegonda 15

Rutikanga yerekanye ikoranabuhanga yakoze ribuza imodoka kugenda iyo umushoferi yasinze

“Safety Driving Security Device” itanga ubutumwa kuri telefone y’umushoferi imuburira ko atagomba gutwara yanyoye cyane

Rutikanga Fiston wakoze “Safety Driving Security Device”

2018-02-27
Editorial

IZINDI NKURU

RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika

RNC – Umutwe udafite ibitekerezo bya politiki bifatika

Editorial 06 Mar 2019
Ubutumwa bwa  Major Cobra wahoze muri FDLR, bwatitije Col BEM Balthazar Ndengeyinka na Rugema Kayumba

Ubutumwa bwa  Major Cobra wahoze muri FDLR, bwatitije Col BEM Balthazar Ndengeyinka na Rugema Kayumba

Editorial 12 May 2019
Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.

Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.

Editorial 28 Dec 2019
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018

Editorial 12 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Clare Akamanzi yasimbuye Gatare ku buyobozi bwa RDB
Mu Mahanga

Clare Akamanzi yasimbuye Gatare ku buyobozi bwa RDB

Editorial 04 Feb 2017
CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo
Amakuru

CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo

Editorial 05 Feb 2025
Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora
Mu Rwanda

Ibanga ryo gutora : Kwikiza cyangwa Gukiza Amatora

Editorial 10 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru