• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Mu Rwanda umusore yakoze akuma kazajya gatamaza abantu bose batwara imodoka basinze REBA HANO”

Mu Rwanda umusore yakoze akuma kazajya gatamaza abantu bose batwara imodoka basinze REBA HANO”

Ubwanditsi 27 Feb 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Rutikanga Fiston w’imyaka 20 y’amavuko yakoze akuma gashyirwa mu modoka kakavumbura igipimo cy’inzoga (alcool) umushoferi yanyoye, kakamuburira ko adakwiye gukomeza gutwara yasinze, atabyubahiriza kagahita gahagarika imodoka nyuma y’amasegonda 15.

Aka kuma kiswe “Safety Driving Security Device” gashyirwa mu modoka gahuzwa na moteri ku buryo iyo umuntu agacomoyemo imodoka idashobora kugenda. Kugira ngo umushoferi akuremo imikorere yako ikomeza gukora, bisaba ko asubira k’uwagashyizemo.

Aka gakoresho kagizwe n’igice kimwe gishyirwa hafi ya moteri y’imodoka n’ikindi cyumvirizo (sensor) gishyirwa hejuru y’umutwe w’umushoferi maze kigakurura umwuka ahumeka kigashyira imashini uwusuzuma ikamenya ingano y’inzoga (alcohol) yanyoye.

Rutikanga warangije amashuri yisumbuye mu mwaka ushize yerekaniye iri koranabuhanga i Gikondo mu Mujyi wa Kigali ahabera imurikabikorwa n’imurikagurisha ry’ibikorerwa mu Rwanda ryateguwe n’Akarere ka Kicukiro.

Uyu musore ukomoka mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Kicukiro, yabwiye itangazamakuru ko yagize iki gitekerezo muri Kanama 2017 ubwo yateguraga umushinga usabwa abanyeshuri basoza amashuri yisumbuye mu masomo y’ubumenyingiro, akaba yarayasoreje muri IPRC Kigali TSS.

Yagize ati “Nize ubukanishi bw’imodoka. Iyi system nakoze ishobora gushyirwa mu modoka iyo ari yo yose ikaba yagira akamaro mu gukumira impanuka ziterwa n’abatwara imodoka banyoye birengeje urugero. Iyo ukinjira mu modoka ukicaramo iyi system ikwereka urugero wanyoyeho; iyo isanze warengeje urugero ihita ihagarika imodoka ikanahita yohereza ubutumwa bugufi kuri telefoni cyangwa urubuga wayishyizemo izajya iha amakuru. Ubwo butumwa buba burimo ikiranga imodoka (plaque), amazina ya nyirayo, aho abarizwa n’amagambo amubwira ko atagomba gutwara yanyoye cyane.”

Iri koranabuhanga rishobora no guhuzwa na telefoni ya Polisi cyangwa urubuga rwa internet (website/email), aya makuru akajya ahita agezwa ku bashinzwe umutekano wo mu muhanda.

Rutikanga yamaze kugeza igihangano cye ku Kigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) kugira ngo cyandikwe, ategereje ibyangombwa kugira ngo abone gutangira gukora udukoresho twinshi ashyire ku isoko.

Yongeyeho ko afite imbogamizi y’ubushobozi bw’amafaranga kugira ngo ashobore kwagura ubu buvumbuzi yagize kandi akabasha guha akazi urubyiruko rutagafite.

Rutikanga yageragereje iri koranabuhanga mu modoka nyinshi za IPRC Kigali ari na yo yamutije imodoka yaryerekaniyemo mu imurikagurisha.

Yavuze ko ubusanzwe akunda ibijyanye n’ikoranabuhanga ku buryo yabyirutse akunda gufungura za telefoni, radiyo, televiziyo n’ibindi bikoresho ndetse akaba yarigeze gukora insakazamajwi ya radio FM (radio transmitter) ntoya ku buryo yagezaga amajwi muri metero 800 gusa.

Rutikanga yavuze ko akomeje kugerageza gukora n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga ku buryo mu gihe kiri imbere azagenda abishyira ahagaragara.

Aka kuma kiswe “Safety Driving Security Device” kavumbura igipimo cy’inzoga (alcool) umushoferi yanyoye, kakamuburira ko adakwiye gukomeza gutwara yasinze, atabyubahiriza kagahita gahagarika imodoka nyuma ya masegonda 15

Rutikanga yerekanye ikoranabuhanga yakoze ribuza imodoka kugenda iyo umushoferi yasinze

“Safety Driving Security Device” itanga ubutumwa kuri telefone y’umushoferi imuburira ko atagomba gutwara yanyoye cyane

Rutikanga Fiston wakoze “Safety Driving Security Device”

2018-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Andrew Mwenda yemeza ko Gen. Tumukunde ari ikirumira habiri

Andrew Mwenda yemeza ko Gen. Tumukunde ari ikirumira habiri

Ubwanditsi 09 Mar 2020
David Himbara akomeje urugamba yiyemeje rwo guharabika u Rwanda n’ibyiza rugenda rugeraho

David Himbara akomeje urugamba yiyemeje rwo guharabika u Rwanda n’ibyiza rugenda rugeraho

Ubwanditsi 29 May 2018
Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza  zifite inzu zitazwi  zikorerwamo iyicarubozo  ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza zifite inzu zitazwi zikorerwamo iyicarubozo ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Ubwanditsi 30 Aug 2019
Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda

Isano hagati ya Mateke na Habyarimana intandaro yo kuba ku isonga mu guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 23 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ubwanditsi 04 Feb 2022
Burundi: Noneho muri CNDD-FDD hashyizweho icyumba cyo gutoteza abatavuga rumwe na Perezida Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Noneho muri CNDD-FDD hashyizweho icyumba cyo gutoteza abatavuga rumwe na Perezida Nkurunziza

Ubwanditsi 23 Nov 2017
Antoine Hey yakoze impinduka ebyiri ku mukino akina na Algeria
IMIKINO

Antoine Hey yakoze impinduka ebyiri ku mukino akina na Algeria

Ubwanditsi 10 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru